Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: RDF Na Polisi Muri Mozambique Mu Iterambere Ry’Abahatuye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

RDF Na Polisi Muri Mozambique Mu Iterambere Ry’Abahatuye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 April 2024 9:02 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Inzego z’umutekano z’u Rwanda zoherejwe muri Mozambique zatangije ibikorwa byagutse byo gukorana n’abaturage mu rwego rw’iterambere ryabo. Harimo kubaha imbuto yo gutera, imiti n’ibikoresho by’abana bakenera ku ishuri.

Byatangiriye mu Ntara ya Mocimboa da Praia aho ingabo z’u Rwanda na Polisi bamaze igihe birukanye abarwanyi bari barazengereje abahatuye guhera mu mwaka wa 2017.

Nyuma yo kuhirukana abo bagizi ba nabi, inzego z’umutekano w’u Rwanda zahise zitangiza uburyo bwo kubakira abaturage ubushobozi binyuze mu kubagarura mu buzima busanzwe.

Abenshi mu batuye Mozambique ni abahinzi n’aborozi.

Iyi ni imwe mu mpamvu zituma Polisi n’ingabo z’u Rwanda bahisemo gufasha abaturage kubona imbuto zo gutera kugira ngo , mu gihe runaka kiri imbere, bazasarure bihaze mu biribwa.

Si muri Mocimboa da Praia gusa, ahubwo n’abatuye muri za Natandola, Chinda na Mbau nabo bafashijwe kubona imbuto yazabafasha kuzabona amafunguro ahagije mu gihe kiri imbere.

Imbuto bahawe ni iy’ibigori, ibishyimbo n’ubunyobwa.

Major General Alex Kagame aganiriza abatuye aka gace

Muri uyu mujyo kandi inzego z’u Rwanda zasobanuriye abo baturage uko bakwiye gutegura imirima no guhinga kijyambere.

Ababyeyi kandi bahawe ibikoresho bizafasha abana babo kwiga neza, ibyo bikaba birimo amakaramu, amarate, ingwa za mwarimu n’ibindi.

Gahunda kandi ni uko iyi mikorere izakomereza no mu Ntara ya Palma.

Ku rubuga rwa Minisiteri y’ingabo z’u Rwanda handitseho ko abatuye ibi bice bishimiye iyo nkunga, ubuyobozi bw’aho bushimira ingabo z’u Rwanda na Polisi yayo mu kuzamura imibereho myiza y’abaturage muri rusange.

TAGGED:AbaturagefeaturedIngaboMozambiquePolisi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umuhanzi Ish Kevin Yigaramye Abamushinja Gukorana N’Abatekamutwe
Next Article Ubucuruzi Bw’Ingurube Bwahagaritswe Muri Rusizi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abaturage 354 Bagiye Guhabwa Amazi Meza

Ingabo Z’u Rwanda Zasinyanye N’Iz’Ubushinwa Amasezerano Y’Ubufatanye

Rihanna Agiye Kubona Icyo Yari Yarabuze

Ubukungu Bw’u Rwanda Bwazamutseho 7.8%-MINECOFIN

Uburundi: Umunyarwanda Yafunganywe N’Umu Youtuber

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Minisitiri w’Intebe Wa Qatar Arajya Kurega Israel Kuri Trump

You Might Also Like

IbidukikijeMu RwandaUbukungu

Dushora Mu Gusukura Ikirere Cyacu- Minisitiri Arakwiye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Imiterere Y’Ubucuruzi Bw’u Rwanda N’Amahanga Muri 2025

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Drone Y’Ingabo Z’u Rwanda Yakoze Impanuka 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?