Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: RDF Yafashe Umujyi Wa Mocímboa da Praia Muri Mozambique
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Politiki

RDF Yafashe Umujyi Wa Mocímboa da Praia Muri Mozambique

admin
Last updated: 08 August 2021 2:39 pm
admin
Share
SHARE

Ingabo z’u Rwanda (RDF) zatangaje ko zifatanyije n’iza Mozambique (FADM) zafashe umujyi wa Mocímboa da Praia wo mu Ntara ya Cabo Delgado, nyuma y’imyaka isaga ibiri ari isibaniro ry’ibikorwa by’umutwe witwaje intwaro.

RDF yatangaje ko uyu mujyi uri ku nyanja y’Abahinde “ari wo ubarizwamo Ibiro by’Akarere n’Ikibuga cy’Indege.”

JUST IN: The port city of Mocímboa da Praia, a major stronghold of the insurgency for more than two years has been captured by Rwandan and Mozambican security forces. The city also holds the District Headquarters and Airport.
END

— Rwanda Defence Force (@RwandaMoD) August 8, 2021

Abasezenguzi bagaragaza ko gufata uyu mujyi uri ku nyanja ari intsinzi ikomeye ku Ngabo z’u Rwanda kuko utanga amahirwe yo guca amayira atuma abarwanyi ba al-Shabaab babona ibikoresho.

Iki gice cyaguye mu maboko y’abarwanyi biyise al-Shabaab mu rugamba rwamaze iminsi itandatu, rwatangiye ku wa 5 Kanama 2020 ubwo uriya mutwe wagabaga ibitero mu bice bya Anga, 1 de Maio, Awasse n’igice kimwe cya Mocímboa da Praia. Wanafashe ikirwa cya Vamizi mu nyanja y’Abahinde.

Kugeza ku wa 10 Kanama Mocímboa da Praia yari yafashwe ndetse inyeshyamba zica amayira yose yashoboraga gutuma ingabo za leta zihasigaye zigezwaho intwaro. Ku wa 11 ingabo za leta zari zisigaye zahunze uyu mujyi.

Umunyarwanda Gatete Ruhumuriza wagiye muri Mozambique gukurikirana urugamba rwa RDF, yatangaje ku mbuga nkoranyambaga ko ku wa Gatanu RDF yinjiye mu karere ka Mocímboa da Praia, kuri uyu wa Gatandatu ifata agace ka 1 de Maio (mu Kinyarwanda ni agace kitiriwe uwa 1 Gicurasi).

Abarwanyi bahise bahunga kariya gace, hicwamo benshi ndetse intwaro nyinshi zirimo inini n’intoya bari bafite zirafatwa. Aho hanafatiwe igikapu kirimo intonde z’abarwanyi n’amazina yabo.

Kugeza ubu RDF na FADM bamaze gufata abarwanyi benshi n’ibice bari barigaruriye. Ubu nibo bagenzura ibice bihuza Pemba na Parma na Afungi.

Ibikorwa byinshi muri uyu mujyi byagiye bitwikwa na bariya barwanyi, guhera ku nzu y’Umuyobozi w’Akarere, ibitaro, amaguriro, sitasiyo za lisansi n’ibindi bikorwa remezo.

Abaturage bo muri ibi bice bari baravanywe mu byabo, bavuga ko kuva RDF yagera muri Mozambique mu kwezi gushize ubu bashobora kuryama bagasinzira.

Bakora cyane imirimo y’ubuhinzi n’uburobyi.

Ntabwo ariko byari byashoboka ko abana basubira mu mashuri kubera umutekano muke.

Uyu mujyi uri ku nyanja y’Abahinde

 

TAGGED:featuredMocímboa da PraiaMozambiqueRDF
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Ramaphosa Yirukanye Minisitiri Wanenze Uko RDF Yoherejwe Muri Mozambique
Next Article Lionel Messi Yasezeye Kuri FC Barcelona Mu Marira
1 Comment
  • Tina says:
    09 August 2021 at 10:16 am

    Abahungu bacu bakomereze aho kdi baduhesheje ishema. Ndashimira Perezida wa Repubulika y’u Rwanda kubera igikorwa yakoze cyo gufasha abavandimwe bo muri Mozambique. Imana imuhe umugisha.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

Gatsibo: Babwiye PM Nsengiyumva Ibyiza Byo Gutura Ku Mudugudu

‎Gasabo: Bafatanywe Ibilo 31 By’Urumogi Byavaga i Kirehe Bijya i Muhanga

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

P.M Nsengiyumva Asaba Urubyiruko Kudata Umwanya Mu Biciriritse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

U Rwanda Rugiye Gushyira Ikawa Muri Cyamunara Mpuzamahanga 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?