Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: RDF Yiyemeje Gufatanya Na UPDF Mu Kurinda Umupaka
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUmutekano

RDF Yiyemeje Gufatanya Na UPDF Mu Kurinda Umupaka

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 01 December 2024 10:48 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Uwo ni umupaka u Rwanda rusangiye na Uganda. Abagaba b’ingabo zirwanira ku butaka ku mpande zombi bahuye bemeranya ku buryo bwazakoreshwa ngo umutekano muri ibyo bice urusheho kunoga.

Mu mpera z’Icyumweru gishize nibwo iyo mikoranire yagarutsweho ubwo harangizwaga Inama ya gatatu yahuje abayobozi b’ingabo z’u Rwanda n’ab’iza Uganda yaberaga i Musanze.

Abayobozi bayitabiriye bemeranyije gushyira mu bikorwa ingamba zo gukumira no kurwanya ibikorwa bibi byose bibangamira imiryango ituranye n’umupaka.

Birimo kwambutsa ibiyobyabwenge, magendu, icuruzwa ry’abantu n’ibindi byaha ahanini bigira ingaruka ku mibereho n’iterambere ry’abo baturage.

Umugaba w’Ingabo z’igihugu z’u Rwanda zirwanira ku butaka Maj. Gen. Vincent Nyakatundi yavuze ko ibibazo byambukiranya umupaka bikemurwa mu buryo bwizewe binyuze mu bufatanhe butaziguye hagati y’abayobozi b’ingabo zikorera ku mupaka.

Yagize ati: “Mbere, ibibazo byo ku mupaka byasabaga urugendo rurerure hakazamo za Ambasade cyangwa abayobozi bakuru b’ingabo ku kicaro gikuru i Kigali cyangwa i Kampala. Uyu munsi, abayobozi b’ingabo ziri ku kibuga bashobora gukemura ibyo bibazo mu buryo byoroshye ariko bisaba guhura cyangwa bagahamagarana kuri telefoni”.

Umugaba w’Ingabo za Uganda zirwanira ku nutaka Lt Gen Kayaanja Muhanga, yashimangiya umusaruro mwiza w’izo nama ku mubano w’ibihugu byombi.

Gen Muhanga ati: “Inama nk’izi zarushijeho kunoza uguhuza ibikorwa n’ubutwererane hagati y’ingabo zacu zombi, bitworohereza gukorana no gukemura ibibazo mu buryo bwihuse.”

Uretse ibiganiro, abitabiriye inama yabereye i Musanze , basuye ibice binyuranye by’amateka y’u Rwanda birimo Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ndetse n’Ingoro Ndangamurage y’Urugamba rwo guhagarika Jenoside.

Basobanuriwe amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994 yatwaye ubuzima bw’abasaga miliyoni mu gihe cy’iminsi 100 gusa.

Nanone kandi bagize amahirwe yo gusobanurirwa ubutwari bw’ingabo za RPA zahagaritse iyo Jenoside zikanayobora urugendo rwo kongera kubaka u Rwanda.

TAGGED:featuredImipakaMaganduMuhangaNyakarundiUgandaUmutekano
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ruhango: Mudugudu Akurikiranyweho Gukubita Umwana 
Next Article Rwanda: Abantu Barindwi Bicwa Na SIDA Buri Munsi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Perezida Trump Arashaka Manda Ya Gatatu Uko Byagenda Kose

Abasirikare N’Abapolisi B’u Rwanda Bari Muri UN 

Guverinoma Ya DRC Irashaka Kwisubiza Uvira Mu Buryo Bwuzuye

Hari Kwigwa Uko Amakipe Yajya Akinira Mu Amahoro Stadium ‘Ku Giciro Kimwe’

Putin Yasabwe Kujya Mu Nama Y’Amahoro Yashyizweho Na Trump

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: 80.7% By’Abana Bari Munsi Y’Imyaka Itandatu Bahabwa Serivise Mu Irerero

Kuki Hari Imyanzuro u Rwanda Rwemera K’Uburenganzira Bwa Muntu Ntishyirwe Mu Bikorwa Yose

Kwamamaza Mushikiwabo, Uburundi, DRC… Uko Nduhungirehe Asobanura Ibyo Mu Karere

Ese Intambara Ya Amerika N’Uburayi Irashoboka

Ibigo Bya Amerika Bicukura Petelori Birashaka Ko Muri Irani Zihindura Imirishyo

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

FERWAFA Yamaganye Abafana Ba APR FC 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Abasenateri Barashaka Kumenya Uko Ubworozi Bw’u Rwanda Bubungabunzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Gari Ya Moshi Zagonganye Hapfa Abantu 21

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Yajyanywe Kuri RIB Nyuma Yo Gushaka Kwiyahura Bikanga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?