Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: RIB Igiye Kongererwa Ubushobozi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

RIB Igiye Kongererwa Ubushobozi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 01 July 2023 2:15 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ibyo kongerera ubushobozi Urwego rw’ubugenzacyaha biherutse kuvugirwa mu biganiro byahuje abayobozi bakuru ba RIB na Minisiteri y’ubutabera byamaze iminsi itatu.

Hari hagamijwe kuganira kuri ejo hazaza h’uru rwego rumaze imyaka itanu.

Bikubiye mu mushinga wo kuvugurura igitabo cy’amategeko ahana y’u Rwanda, wamaze kugezwa mu Nteko Ishinga Amategeko.

Minisitiri w’Ubutabera, Dr Ugirashebuja Emmanuel yavuze ko ufite umwihariko kuko uhuriranye n’imyaka itanu RIB ibayeho.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Yavuze ko muri wo ari ho hagomba kuba isuzuma ry’uko ibintu byifashe kugira ngo habeho kureba uko bategura n’indi myaka iri imbere.

Mu bigiye gukorwa kugira ngo byunganire ibyo RIB yari isanzwe ikora, harimo no kuba abakozi b’uru rwego bagiye guhabwa uburenganzira bwo gushyingura dosiye.

Ati: “Akenshi bafataga dosiye bakagira inama ubushinjacyaha ikaba yashyingurwa, ariko ugasanga icyo kintu cyo kuba ubwo bubasha bufitwe gusa n’ubushinjacyaha ari imbogamizi. Icyangombwa rero ni uko uko gushyingura iyo dosiye byakorwa n’uwabonye ko ibyo bimenyetso bidahagije cyangwa atari ngombwa y’uko yaba ashyinguye iyo dosiye”.

Avuga ko kuba RIB itari ifite ubwo bubasha byatinzaga ibintu bimwe na bimwe kuko iyo hari inzira imwe mu butabera itari ngombwa uyivanamo.

Gushyingura dosiye mu bugenzacyaha ngo bizagabanya umubare w’ibirego bigera mu bushinjacyaha, ndetse binafashe mu gutanga ubutabera bwunga.

- Advertisement -

Umunyamabanga Mukuru wa RIB (Rtd Col) Jeannot Ruhunga yagaragaje ko uyu mwiherero wari ugamije kongera kwisuzuma.

Ati: “Imyaka itanu tumaze twayiciyemo kugira ngo turebe aho twavuye n’aho tugeze, biduhe kureba uburyo twakora no mu myaka itanu iri imbere. Imyaka itanu ishize rero yari iyo kubaka, twagize inkunga ikomeye ya Leta yatumye twiyubaka vuba”.

Ku bijyanye no gushyingura inyandiko, Umunyamabanga mukuru wa RIB yavuze ko byari bisanzwe bikorwa ariko bikaba ngombwa ko ububasha busabwa ubushinjacyaha.

Yunzemo ati: “ N’ubundi twabikoraga, ariko wamara kubikora niba wunze abantu ukabahuza, ukandikira Ubushinjacyaha ko ikibazo cyakemutse ubusaba kuyishyingura. Rero ubu icyo itegeko ryatwemereye ni uko twayishyingura, aho kugira ngo tuyohereze dusa nk’abamaze kuyifatira umwanzuro”.

Ubusanzwe amategeko yateganyaga ko umugenzacyaha adashobora gushyingura dosiye, kuko byasabaga ko yoherezwa mu bushinjacyaha n’ubwo yaba abona nta bimenyetso bihagije ifite.

TAGGED:featuredRIBRwandaUbugenzacyahaUbushinjacyaha
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kenya: Abantu 52 Baguye Mu Mpanuka
Next Article Amafoto:Umunyamakuru Ismael Mwanafunzi Yakoze Ubukwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?