Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: RIB Iraburira Abajya Gusenga Bakibwa Telefone
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUmutekano

RIB Iraburira Abajya Gusenga Bakibwa Telefone

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 May 2025 2:24 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Dr. Murangira mu kiganiro n'itangazamakuru kuri uyu wa Kane tariki 15, Gicurasi, 2025.
SHARE

Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha RIB rurasaba Abanyarwanda bajya gusenga kujya bitwararika Telefone zabo kuko hari abazihibirwa. Umuvugizi w’uru rwego, Thierry B. Murangira, yabivuze mu muburo yatanze ubwo yagezaga telefoni zirenga 300 kuri ba nyirazo bari barazibiwe hirya no hino.

Mu nsengero, mu bukwe, mu nama, ku mihanda aho abantu baca bataha…ni hamwe muho abantu bibirwa ibyo bikoresho by’itumamaho cyangwa se za mudasobwa.

Avuga ko akenshi abantu bibwa ibyo bikoresho babiterwa ahanini n’ubuteganye buke kuko ngo no mu nsengero cyangwa ahandi hose hagendwa n’abantu b’ingeri zose.

Abo bantu avuga b’ingeri zose, bagaragaye ubwo herekanwaga abakekwaho ubwo bujura, bagaragayemo n’umugabo abantu babonye bakumirwa kubera ko asa neza.

Umwe mu bagore bari mu cyumba RIB yerekaniyemo abo bantu yatangaye ubwo yabonaga uwamwibye.

Ati: “ Uriya ubona usa neza ubanza ku rugi niwe wanyibye. Yanshikuje telefoni ndi gutaha mva mu kazi. Yayinyakiye i Kanombe”.

Umuvugizi w’Urwego rw’ubugenzacyaha avuga ko abagizi ba nabi b’iki gihe ari abantu basa neza, batandukanye n’abibaga kera.

Murangira ati: “Ab’ubu uzasanga basa neza, bambaye neza ku buryo utakeka ko ari umugizi wa nabi. Ahantu hateraniye abantu benshi haha icyuho abagizi ba nabi bakaboneramo kwiba. Iyo mvuga ahantu hateraniye abantu benshi harimo mu rusengero, mu bukwe, mu mupira, mu bitaramo no mu kiriyo”.

Abandi bibwa muri ubwo buryo bibirwa mu maduka bajijishijwe n’abaje biyita abakiliya bakabajijisha ngo nibabehereze ikintu runaka, undi yakurira ngo akizane asize telefoni ku meza undi akayandurukana.

Ikibabaje, nk’uko Murangira abivuga, ni uko hari abantu bumva ko nibibwa ibikoresho byabo, RIB izabifata ikabibasubiza.

Abo ariko baribeshya kuko hari ubwo ibyo bikoresho bishakishwa bikabura.

Ikindi ni uko abibirwa mu rusengero, batinya kubitangira ikirego cy’uko bibwe kandi amakuru akemeza ko hafi buri Cyumweru hatabura abibirwa  mu nsengero.

Abenshi mu bahibirwa ni abajya guhimbaza bakabanza gutereka telefoni ku ntebe bari bicayeho, ntibibuke ko inyuma yabo hashobora kuba hicaye babandi batagenzwa na kamwe.

Telefoni zashyikirijwe abaturage zirenga 300 zikaba zifite agaciro ka Miliyoni Frw 70 zirenga.

TAGGED:featuredMurangiraRIBRwandatelefoniubujuraUrusengero
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Uruganda Rw’u Rwanda Rutunganya Urumogi Rugeze Kure
Next Article Gutega Amatwi Inyoni Ziririmba Bimara Ishavu
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageUbuzima

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu Rwanda

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Trump Arashaka Kwicaranya Putin Na Zelensky

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?