Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: RIB Irasaba Abaturage Ba Nyaruguru Kuba Maso
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

RIB Irasaba Abaturage Ba Nyaruguru Kuba Maso

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 December 2023 8:14 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Urwego rw’ubugenzacyaha rwaraye ruburiye abatuye Akarere ka Nyaruguru muri rusange n’abo mu Murenge wa Busanze ko batabaye maso, hari abacuruza ibiyobyabwenge cyangwa abacuruza abantu bashobora kubaca mu rihumye bagakora ibyaha byambukiranya imipaka.

RIB iri mu bukangurambaga bwo kubwira abatuye Uturere dukora ku mipaka kuba maso kubera ko kuba baturanye n’amahanga bishobora kubakururira gukora icyaha cyo gucuruza abantu cyangwa ibindi bitemewe.

Abaturage n’abandi bavuga rikijyana bari baje kumva iby’ubu bukangurambaga

Babwiwe ko bakwiriye gukomeza kuba maso kugira ngo nibagera amakuru bamenya ku cyaha nk’icyo, bajye bayabwira inzego z’ibanze cyangwa iz’umutekano harimo na RIB kugira ngo gikumirwe cyangwa kigenzwe hakiri kare.

Umukozi wa RIB ushinzwe ishami ryo gukumira ibyaha n’ubushakashatsi Jean Claude Ntirenganya yasabye abatuye Nyaruguru kwibuka ko baturiye umupaka w’u Rwanda n’Uburundi bityo ko nabo bugarijwe no kuba bashyirwa cyangwa bajya mu bucuruzi bw’abantu.

Jean Caude Ntirenganya

Kuri we, kumenya ko ibyo bintu bihari ngo byafasha mu kubyirinda.

Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Alice Kayitesi nawe yunze muri iryo jambo avuga ko ari ngombwa ko abatuye Intara ayoboye baba maso, bagakora ibishoboka kugira ngo bakumire iryo curuzwa ry’abantu no gushakira inyungu ku bandi.

RIB iri mu bukangurambaga yise ‘Uruhare rwa buri wese mu kurwanya icyaha cy’icuruzwa ry’abantu no gushakira inyungu ku bandi.’

TAGGED:AbantuAbaturageIntaraNyaruguruRIBUbucuruzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article ‘Umujenosideri’ Laurent Bucyibaruta Yapfuye
Next Article Kagame Asaba Urubyiruko Kurushaho Kwitabira Ikoranabuhanga
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Inteko Iratangaza Icyemezo Ku Byo Iy’Uburayi Iherutse Kuvuga Ku Rwanda

Muntoye Nagarurira Kenya Icyubahiro Yahoranye Kubwa Kibaki- Gachagua

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

You Might Also Like

Mu mahangaUbuzima

DRC: Batangiye Gukingira Ebola

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Ruhango: Abasaza Babiri Bagiye Kwiba Umwe Arahagwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Polisi Ikomeje Gufata Abakiliya B’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Batabyemerewe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?