Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: RIB Irasaba Abaturage Ba Nyaruguru Kuba Maso
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

RIB Irasaba Abaturage Ba Nyaruguru Kuba Maso

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 December 2023 8:14 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Urwego rw’ubugenzacyaha rwaraye ruburiye abatuye Akarere ka Nyaruguru muri rusange n’abo mu Murenge wa Busanze ko batabaye maso, hari abacuruza ibiyobyabwenge cyangwa abacuruza abantu bashobora kubaca mu rihumye bagakora ibyaha byambukiranya imipaka.

RIB iri mu bukangurambaga bwo kubwira abatuye Uturere dukora ku mipaka kuba maso kubera ko kuba baturanye n’amahanga bishobora kubakururira gukora icyaha cyo gucuruza abantu cyangwa ibindi bitemewe.

Abaturage n’abandi bavuga rikijyana bari baje kumva iby’ubu bukangurambaga

Babwiwe ko bakwiriye gukomeza kuba maso kugira ngo nibagera amakuru bamenya ku cyaha nk’icyo, bajye bayabwira inzego z’ibanze cyangwa iz’umutekano harimo na RIB kugira ngo gikumirwe cyangwa kigenzwe hakiri kare.

Umukozi wa RIB ushinzwe ishami ryo gukumira ibyaha n’ubushakashatsi Jean Claude Ntirenganya yasabye abatuye Nyaruguru kwibuka ko baturiye umupaka w’u Rwanda n’Uburundi bityo ko nabo bugarijwe no kuba bashyirwa cyangwa bajya mu bucuruzi bw’abantu.

Jean Caude Ntirenganya

Kuri we, kumenya ko ibyo bintu bihari ngo byafasha mu kubyirinda.

Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Alice Kayitesi nawe yunze muri iryo jambo avuga ko ari ngombwa ko abatuye Intara ayoboye baba maso, bagakora ibishoboka kugira ngo bakumire iryo curuzwa ry’abantu no gushakira inyungu ku bandi.

RIB iri mu bukangurambaga yise ‘Uruhare rwa buri wese mu kurwanya icyaha cy’icuruzwa ry’abantu no gushakira inyungu ku bandi.’

TAGGED:AbantuAbaturageIntaraNyaruguruRIBUbucuruzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article ‘Umujenosideri’ Laurent Bucyibaruta Yapfuye
Next Article Kagame Asaba Urubyiruko Kurushaho Kwitabira Ikoranabuhanga
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

Minisitiri w’Intebe Wa Qatar Arajya Kurega Israel Kuri Trump

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ubwoba Bw’Intambara Ya Amerika Na Venezuela 

Igisasu Cy’Uburusiya Cyarashwe Ku Nyubako Ya Guverinoma Ya Ukraine 

General Kabandana Yatabarutse

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Polisi Irashakisha Abantu Bahohoteye Umugore Bikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbyamamareImyidagaduroMu Rwanda

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Nyamasheke: Abageni Bwari Bucye Basezerana Bakubiswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Rulindo: Yafatanywe Ayo Kwishyura Abacukura Amabuye Mu Buryo Butemewe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?