Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: RIB Irasaba Abaturage Ba Nyaruguru Kuba Maso
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

RIB Irasaba Abaturage Ba Nyaruguru Kuba Maso

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 December 2023 8:14 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Urwego rw’ubugenzacyaha rwaraye ruburiye abatuye Akarere ka Nyaruguru muri rusange n’abo mu Murenge wa Busanze ko batabaye maso, hari abacuruza ibiyobyabwenge cyangwa abacuruza abantu bashobora kubaca mu rihumye bagakora ibyaha byambukiranya imipaka.

RIB iri mu bukangurambaga bwo kubwira abatuye Uturere dukora ku mipaka kuba maso kubera ko kuba baturanye n’amahanga bishobora kubakururira gukora icyaha cyo gucuruza abantu cyangwa ibindi bitemewe.

Abaturage n’abandi bavuga rikijyana bari baje kumva iby’ubu bukangurambaga

Babwiwe ko bakwiriye gukomeza kuba maso kugira ngo nibagera amakuru bamenya ku cyaha nk’icyo, bajye bayabwira inzego z’ibanze cyangwa iz’umutekano harimo na RIB kugira ngo gikumirwe cyangwa kigenzwe hakiri kare.

Umukozi wa RIB ushinzwe ishami ryo gukumira ibyaha n’ubushakashatsi Jean Claude Ntirenganya yasabye abatuye Nyaruguru kwibuka ko baturiye umupaka w’u Rwanda n’Uburundi bityo ko nabo bugarijwe no kuba bashyirwa cyangwa bajya mu bucuruzi bw’abantu.

Jean Caude Ntirenganya

Kuri we, kumenya ko ibyo bintu bihari ngo byafasha mu kubyirinda.

Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Alice Kayitesi nawe yunze muri iryo jambo avuga ko ari ngombwa ko abatuye Intara ayoboye baba maso, bagakora ibishoboka kugira ngo bakumire iryo curuzwa ry’abantu no gushakira inyungu ku bandi.

RIB iri mu bukangurambaga yise ‘Uruhare rwa buri wese mu kurwanya icyaha cy’icuruzwa ry’abantu no gushakira inyungu ku bandi.’

TAGGED:AbantuAbaturageIntaraNyaruguruRIBUbucuruzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article ‘Umujenosideri’ Laurent Bucyibaruta Yapfuye
Next Article Kagame Asaba Urubyiruko Kurushaho Kwitabira Ikoranabuhanga
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abanya Eritrea Baba Muri Amerika Baje Gushora Mu Mikino Mu Rwanda

Zelenskyy Aribaza Ukuntu Azemera Guha Uburusiya Ubutaka Bikamushobera

Israel Yishe Umuyobozi Ukomeye Wa Hezbollah Imusanze Muri Lebanon

DRC: Bashyinguye Bundi Bushya Nyuma Y’Uko Imyuzure Ishenye Irimbi

Imbuto N’Imboga Biri Mu Bikomeje Kwinjiriza u Rwanda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

RDB Yakoresheje Imibare Inyomoza Abanditse Ko Abanyamerika Bashora Mu Rwanda Bagabanutse

Abo YouTube Ihemba Bize Uko Ubwenge Buhangano Bwarushaho Kubungura

IVUGURUYE: Umuyobozi W’Ikirenga Wa Qatar Yageze i Kigali

Abanyarwanda Icyo Bakwiyemeza Nticyabananira- Maj Gen (Rtd) Jack Nziza

Nta Muntu Uri Hejuru Y’Amategeko- Rutikanga Avuga Ku Ifungwa Ry’Abanya Sudani

You Might Also Like

Ibiza KamereMu mahanga

Vietnam: Imyuzure Yishe Abantu 90 Abandi 12 Baburirwa Irengero

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Umuyobozi Wa Imbuto Foundation Hari Icyo Asaba Abato

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Gisagara: Ikamyo Ya Howo Yishe Abana Babiri

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'Abaturage

Nyamagabe: Ikibazo Cy’Ingo Zidafite Ubwiherero Buboneye Kirakomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?