Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: RIB Yahakanye Ibyo Kubaza Umunyemari Rusizana Niba Ari ‘Umushumba’
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Inkuru Zihariye

RIB Yahakanye Ibyo Kubaza Umunyemari Rusizana Niba Ari ‘Umushumba’

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 30 May 2023 11:30 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubugenzacyaha bw’u Rwanda(Rwanda Investigation Bureau) bwahakanye iby’uko hari abakozi babwo bahase ibibazo umuherwe Aloys Rusizana nk’uko Taarifa iherutse kubitangaza mu nkuru icumbuye iheruka.

Muri yo, handitsemo ko mu gihe gito gishize, hari abakora mu bugenzacyaha bafashe Aloys Rusizana bamukuye iwe i Remera bamujyana muri gereza ya Mageragere ngo arangize igifungo cy’imyaka itandatu bavugaga ko yahamijwe n’ubutabera mu mwaka wa 2022.

Umwe mu bayobozi bakuru mu rwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha yabwiye ishami rya Taarifa ryandika mu Cyongereza ko iby’uko babanje guhata ibibazo Rusizana mbere yo kumujyana  i Mageragere ‘atari byo’.

Yagize ati: “ RIB ntiyegeze na rimwe ihata ibibazo Rusizana mbere yo kumujyana i Mageragere ngo arangize igihano cye. Ibyo mbabwiye ni ukuri kuzuye”.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

N’ubwo ari uko uru rwego rubisobanura, umwe mu baduha amakuru twizera, avuga ko Rusizana yari amaze igihe gito abajijwe iby’aho yakuye amafaranga yo kubaka inzu nshya y’ubucuruzi yuzuye iyo za Remera.

Ngo yabajijwe aho yakuye ayo mafaranga, asabwa inyandiko zemeza mu by’ukuri ko ari aye, ko atari ay’undi akoresha.

Bamukeka kuba umwe mu bo bita ‘abashumba’.

Abashumba(muri ubu buryo) basobanurwa nk’abantu bahabwa amafaranga n’abayobozi bakuru muri Guverinoma kugira ngo bayashore yitwa ko ari ayabo.

Wa muyobozi mu bugenzacyaha yavuze ko koko bajyanye Rusizana Aloys i Mageragere kugira ngo arangize igihano cye kubera ko ubujurire yagitanzeho, bwanzwe.

- Advertisement -

Ati: “ Inshingano zacu muri iki kibazo zari izo kumufata rukamugeza kuri gereza akarangiza igihano yakatiwe kubera ko ubujurire bwe butemewe. Ntabwo ari ikindi cyaha tumukurikiranyeho”.

Umunyamategeko twavuganye nawe ngo agire icyo atubwira kuri iyi ngingo, yavuze ko  niba ari uko byagenze, bidakwiye keretse ari ikindi kintu yarezwe ku ruhande cyatuma zifungwa mu rwego rwo kwanga ko ibyo akurikiranyweho bikomeza kumwungura kandi yarabibonye mu buryo buhabanye n’amategeko.

Ibi ariko siko bimeze kuko Ubugenzacyaha bwo bwemeza ko nta kindi kindi akurikiranyweho.

Umunyemari Rusizana Afungiwe ‘Guhakana’ Ko Akorana N’Abakomeye

TAGGED:AmafarangafeaturedRIBRusizanaUbugenzacyahaUmushumba
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Buhari Yasabye Abanya Nigeria Imbabazi
Next Article Musanze: Uwari Uherutse Gufungurwa Kubera Ubujura Yabukubitiwemo Arapfa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Tshisekedi Arahihibikanira Ko DRC Ijya Mu Kanama Ka UN K’Amahoro Ku Isi

Ngoma: Hibutswe Imiryango 15,593 Y’Abatutsi Yishwe Irazima Muri Jenoside 

Rihanna Yapfushije Se

Kabila Aragisha Inama Inararibonye Z’i Goma

Nick Ngendahayo Yasohoye Indirimbo Ibanziriza Igitaramo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

U Rwanda Rugiye Kubaka Uruganda Rubyaza Izuba Amashanyarazi Ya Mega Watt 30

M23 Irasaba Uburundi Gucyura Ingabo Zabwo Inzira Zikigendwa

Abajyanama B’Ubuzima Bagiye Gukoresha Ubwenge Buhangano Mu Kazi

RDB Yagize Icyo Ivuga Ku Ntambara Ya DRC

Kigali: Hagiye Gushyirwaho Ingengabihe Yo Gutwara Abagenzi

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Ba Rwiyemezamirimo Bagiye Guhatanira Igihembo Cya Miliyoni $1.5

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Musk Yavuye Mu Nshingano Yahawe Na Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Umwanditsi Ukomeye Ngũgĩ wa Thiong’o Yapfuye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Pariki Y’Akagera Yinjije Arenga Miliyari Frw 5 Mu Mwaka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?