Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: RIB Yahakanye Ibyo Kubaza Umunyemari Rusizana Niba Ari ‘Umushumba’
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Inkuru Zihariye

RIB Yahakanye Ibyo Kubaza Umunyemari Rusizana Niba Ari ‘Umushumba’

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 30 May 2023 11:30 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubugenzacyaha bw’u Rwanda(Rwanda Investigation Bureau) bwahakanye iby’uko hari abakozi babwo bahase ibibazo umuherwe Aloys Rusizana nk’uko Taarifa iherutse kubitangaza mu nkuru icumbuye iheruka.

Muri yo, handitsemo ko mu gihe gito gishize, hari abakora mu bugenzacyaha bafashe Aloys Rusizana bamukuye iwe i Remera bamujyana muri gereza ya Mageragere ngo arangize igifungo cy’imyaka itandatu bavugaga ko yahamijwe n’ubutabera mu mwaka wa 2022.

Umwe mu bayobozi bakuru mu rwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha yabwiye ishami rya Taarifa ryandika mu Cyongereza ko iby’uko babanje guhata ibibazo Rusizana mbere yo kumujyana  i Mageragere ‘atari byo’.

Yagize ati: “ RIB ntiyegeze na rimwe ihata ibibazo Rusizana mbere yo kumujyana i Mageragere ngo arangize igihano cye. Ibyo mbabwiye ni ukuri kuzuye”.

N’ubwo ari uko uru rwego rubisobanura, umwe mu baduha amakuru twizera, avuga ko Rusizana yari amaze igihe gito abajijwe iby’aho yakuye amafaranga yo kubaka inzu nshya y’ubucuruzi yuzuye iyo za Remera.

Ngo yabajijwe aho yakuye ayo mafaranga, asabwa inyandiko zemeza mu by’ukuri ko ari aye, ko atari ay’undi akoresha.

Bamukeka kuba umwe mu bo bita ‘abashumba’.

Abashumba(muri ubu buryo) basobanurwa nk’abantu bahabwa amafaranga n’abayobozi bakuru muri Guverinoma kugira ngo bayashore yitwa ko ari ayabo.

Wa muyobozi mu bugenzacyaha yavuze ko koko bajyanye Rusizana Aloys i Mageragere kugira ngo arangize igihano cye kubera ko ubujurire yagitanzeho, bwanzwe.

Ati: “ Inshingano zacu muri iki kibazo zari izo kumufata rukamugeza kuri gereza akarangiza igihano yakatiwe kubera ko ubujurire bwe butemewe. Ntabwo ari ikindi cyaha tumukurikiranyeho”.

Umunyamategeko twavuganye nawe ngo agire icyo atubwira kuri iyi ngingo, yavuze ko  niba ari uko byagenze, bidakwiye keretse ari ikindi kintu yarezwe ku ruhande cyatuma zifungwa mu rwego rwo kwanga ko ibyo akurikiranyweho bikomeza kumwungura kandi yarabibonye mu buryo buhabanye n’amategeko.

Ibi ariko siko bimeze kuko Ubugenzacyaha bwo bwemeza ko nta kindi kindi akurikiranyweho.

Umunyemari Rusizana Afungiwe ‘Guhakana’ Ko Akorana N’Abakomeye

TAGGED:AmafarangafeaturedRIBRusizanaUbugenzacyahaUmushumba
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Buhari Yasabye Abanya Nigeria Imbabazi
Next Article Musanze: Uwari Uherutse Gufungurwa Kubera Ubujura Yabukubitiwemo Arapfa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abavandimwe Alicia Na Germaine Bakoze Indirimbo Bizeyeho Byinshi

Kubaka Urugomero Rwa Nyabarongo Bizatuma Havuka Ikiyaga Kizakora Ku Turere 8

Nyagatare: Batashye Isoko Risakaye Bari Barifuje Igihe Kirekire

Urwibutso Rwa Jenoside Yakorewe Abayahudi Baruhumanyije

Drones Zigiye Gukoreshwa Mu Kurwanya Imibu Yo Mu Bugesera

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

Rwandair Yaguze Izindi Ndege Ngari 

RDB Yamaze Impungenge Abafite Hoteli Mu Birunga

Rwamagana:Uwahoze Ari Umunyamakuru Wa Radio Agiye Kwishingira Iye

Uburundi Bwatsembye Ko Butazafungura Vuba Umupaka Wabwo N’u Rwanda

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Kigali: Abagore Baravugwa Kenshi Mu Biyobyabwenge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

UNHCR Yaganirije AFC/M23 Ku Kibazo Cy’Impunzi Ziri Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rushaka Kuba Igihugu Gikize Byuzuye-Kagame

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Perezida Wa Palestine Yimwe Visa Yo Kuzajya Muri Amerika Mu Nama Ya UN

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?