Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: RIB ‘Yasatse’ Urugo Rwa Dr. Kayumba
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubutabera

RIB ‘Yasatse’ Urugo Rwa Dr. Kayumba

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 30 March 2021 12:32 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abagenzacyaha kuri uyu wa Mbere bageze mu rugo rwa Dr Kayumba Christopher, mu iperereza bakomeje gukora ku byaha ashinjwa byo gushaka gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umukobwa yigishaga muri Kaminuza y’u Rwanda.

Abagenzacyaha bageze mu rugo rwa Dr Kayumba nyuma y’iminsi mike ahamagajwe na RIB, abazwa ku byaha yashinjwe na Muthoni Ntarindwa Fiona ko yagerageje kumukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato, ubwo yamwigishaga muri Kaminuza mu 2017.

Umuvugizi w’Urwego rw’Ubugenzacyaha, RIB, Dr Murangira B. Thierry yemereye Taarifa ko abagenzacyaha bagiye mu rugo rwa Dr. Kayumba, nubwo ibyo bakoze bitakwitwa gusaka.

Ati “Twagiye gusura aho batubwiye ko icyaha cyakorewe kugira ngo tubihuze n’ibyo batubwiye. Ni ibyo mu bugenzacyaha twita ‘crime scene reconstruction’.”

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Yavuze ko abagenzacyaha bashakaga kugenzura niba ibyo uwabaregeye yababwiye ku rugo rwa Kayumba bihuye n’uko hateye, kuko niba avuze ko bagiye kumufata yirukiye mu muryango uri ahantu runaka, utahita ubyemera utabanje kujya kureba niba koko uwo muryango uhari.

Kuri uyu wa Mbere binyuze mu ishyaka Dr Kayumba yashinze, Rwandese Platform for Democracy (RPD), byatangajwe ko yari “yitabye Ubugenzacyaha ku nshuro ya kabiri” ndetse ko no kuri uyu wa Kabiri yongera kwitaba.

RPD yatangaje ko nyuma yo “gusaka” urugo rwa Kayumba , abagenzacyaha batwaye n’abakozi be barimo umuzamu n’ukora mu busitani, nabo babahata ibibazo ariko nyuma barataha.

Yakomeje iti “Twanamenye ko abakozi bakoze kwa Dr Kayumba imyaka umunani ishize ariko batakihakora nabo bahamagajwe na RIB bahatwa ibibazo.”

Ibirego bishinja Dr Kayumba bikomeje kwiyongera, aho Taarifa iheruka kubona ubuhamya bw’abakobwa babiri bakoze mu rugo rwe, bavuga ko yabafashe ku ngufu akanabakorera irindi hohoterwa.

- Advertisement -

Umwe muri bo ubwo yibukaga uko yamufashe ku ngufu agitangira akazi, ikiniga cyaramufashe avuga ko ari “inyamaswa”.

Dr. Kayumba yakomeje guhakana ibyo ashinjwa abyita ‘propaganda’, kuko ngo byatangiye kujya ahabona nyuma yo gutangaza ko yashinze ishyaka.

TAGGED:Dr. Kayumba ChristopherfeaturedRIB
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Semanza Ufungiwe Jenoside Yongeye Gusaba Kurekurwa Atarangije Ibihano
Next Article Gen Muganga Hari Icyo Asaba Amavubi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Dangote Akomeje Kuyobora Abaherwe Ba Afurika

Jeannette Kagame Arahemba Abakobwa Batsinze Neza Ibizamini Bya Leta

Abanyamahanga Biga Muri Harvard Bareze Leta Ya Trump

Uko I&M Bank Rwanda Yungutse Mu Mezi Atatu Ashize

Martin Ngoga Yabaye Ambasaderi W’u Rwanda Muri UN

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nyarugenge: Imodoka Ya WASAC Yibwe

Nyagatare: Haravugwa Kotsa Burushete Z’Imbwa 

Uwahoze Muri RDF Akurikiranyweho Ibyaha Byo Mu Mabuye y’Agaciro

BNR Mu Ngamba Zo Kurushaho Guteza Imbere Ikoranabuhanga Mu Kwishyurana

Cardinal Kambanda Yatunguwe No Kumva Ko Kwa Yezu Nyirimpuhwe Hafunzwe

You Might Also Like

Mu RwandaUbuzima

Abatuye Umujyi Wa Kigali Bari Mu Bibasiwe Na Malaria

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Intambara Y’Amagambo Hagati Ya Israel N’Ubwongereza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Kabila Yambuwe Ubudahangarwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

RIB Yafunze Abanyamahanga Batatu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?