Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: RRA Yahaye Miliyoni 25 Frw Abacuruzi Bahombejwe n’Imitingito
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

RRA Yahaye Miliyoni 25 Frw Abacuruzi Bahombejwe n’Imitingito

Last updated: 13 November 2021 10:32 am
Share
SHARE

Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro (RRA) cyagobotse abacuruzi batanu bo mu Karere ka Rubavu, bagizweho ingaruka n’imitingito y’iruka ry’ikirunga cya Nyiragongo yangije ibicuruzwa byabo.

Ni abacuruzi batanu bishyura neza imisoro, aho buri umwe yahawe miliyoni 5 Frw ngo zifashishwe mu kuzahura ubucuruzi bwe.

Iki gikorwa cyabaye kuri uyu wa Gatanu, ubwo Komiseri Mukuru wa RRA Bizimana Ruganintwali Pascal yari mu Karere ka Rubavu.

Yavuze ko mu kwezi ko gushimira abasora, RRA yifatanya n’abanyarwanda bakeneye ubufasha, igikorwa kigamije gukomeza gufatanya kuzamura imibereho myiza.

Yashimiye abasora ndetse abasaba ubufatanye mu kwitabira ikoreshwa rya EBM no kurwanya magendu.

Akimanimpaye Therese uri mu bagobotswe, yavuze ko ubwo umutingito watangiraga muri Gicurasi, yari yabyaye ari mu bitaro, umugabo we na we arimo kumwitaho.

Yagize ati “Hangiritse byinshi bibarirwa muri miliyoni 5 Frw kuko umugabo yasanze urugi rwavuyemo n’amafaranga twari twacuruje yasanze bayatwaye, inkuta zaratigitaga ibirahure twari dufitemo bikameneka. Ubu bufasha duhawe, buratuma twongera igishoro kuko twacuruzaga ayo twagujije ugasanga umuntu ari gukorera mu gihombo.”

Umutingito wangije ibirahuri byinshi byari mu bubiko

Umunyabanga nshingwabikorwa w’Intara y’Iburengerazuba, Uwambajemariya Florence, yashimye inkunga RRA yateye abacuruzi, avuga ko igiye gutuma barushaho gukora kinyamwuga bubahiriza amabwiriza ajyanye n’imisoro harimo no kwirinda magendu.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Intara y’Iburengerazuba, Uwambajemariya Florence

Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba Habitegeko François yashimye iki gikorwa, ashishikariza abacuruzi ko “Nta gihombo kiba mu bunyangamugayo.”

Ibirori nyamukuru byo gushimira abasora ku rwego rw’igihugu bizizihirizwa mu Mujyi wa Kigali muri Intare Conference Arena, ku wa 19 Ugushyingo 2021.

Abacuruzi bahombejwe na Nyiragongo bafashijwe kongera kuzahura ubucuruzi bwabo
TAGGED:Bizimana Ruganintwali PascalfeaturedImitingitoNyiragongoRRA
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Bica Amategeko Kuri YouTube Bashaka Amafaranga- Umuvugizi Wa RIB
Next Article Arashaka Gufasha Abahinzi B’Urusenda Babuze Isoko, Aruvanga N’Ubuki
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Bunyoni Ararembye

Nyagatare: Inka 125,000 Zigiye Gukingirwa Indwara Ikomeye

Centrafrique: Ibyavuye Mu Matora Bizatangira Kumenyekana Mu Cyumweru Gitaha 

Igitaramo Cya Mbonyi Cyari Kuzabera i Rubavu Cyasubitswe

Abana Bagiye Gutozwa Guhesha Agaciro Imbyino Gakondo Nyarwanda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ibitabo Umuntu Yandika Ni Umutungo We Bwite Ashobora No Gutanga- Prof Nzeyimana Wigisha Filozofiya

Jean-Pierre Bemba Arasabwa Kwegura

Guverineri W’Intara y’Amajyaruguru Asaba Abaturage Kwitabira Gutera Ibiti

BRD Yahawe Umuyobozi Mushya

Hashyizweho Itsinda Rizakurikirana Uko Kuhira Imyaka Bizakorwa Muri Kayonza

You Might Also Like

Mu Rwanda

Icyongereza Gike, Imiyoborere Idahwitse…Bimwe Mu Byatumye Abayobora Amashuri Birukanwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Haratutumba Intambara Hagati Ya Chad N’Abarwanyi Bo Muri Sudan

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Nigeria Yahaye Amerika Amakuru Yayifashije Kurasa Abahezanguni B’Abisilamu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Thailand Ipfa Iki Na Cambodia?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?