Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rubavu: Bafatanywe Imifuka Ibiri YUZUYE Urumogi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Rubavu: Bafatanywe Imifuka Ibiri YUZUYE Urumogi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 16 October 2022 10:45 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Bisa n’aho guca urumogi muri Rubavu ari urugamba rukomeye kubera ko nta kwezi gushira muri aka karere hadafatiwe abantu batunda cyangwa barukwirakwiza. Nk’ubu hashize iminsi ibiri mu Murenge wa Rubavu, Akagari ka Murambi hafatiwe abagabo babiri bafite imifuka ibiri yuzuye urumogi

Polisi y’u Rwanda ivuga ko abarufatanywe bari bagiye kurukwiza mu baturage.

Abafashwe ni uwitwa  Bizimana Saiba Pascal ufite imyaka 55 y’amavuko na Munyandamutsa Augustin w’imyaka 41.

Chief Inspector of Police (CIP) Mucyo Rukundo ushinzwe guhuza ibikorwa bya Polisi n’abaturage mu Ntara y ‘i Burengerazuba avuga ko  bariya bagabo bafashwe ahagana saa kumi n’imwe z’umugoroba ubwo bari barushyiriye abakiliya.

Ati: “Twari dufite amakuru ko Bizimana [ari] umucuruzi w’ibiyobyabwenge wabyinjzaga mu Rwanda, abikuye mu gihugu cy’abaturanyi cya Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), akabihisha ku biraro by’inka ze biherereye mu mudugudu wa Rwangara.”

Ngo ku wa Gatanu nibwo bahamagawe n’umuturage ababwira ko we Bizimana n’umukozi we bashyiriye abakiliya urumogi.

Polisi yahise itangatanga irabafata ibasanga udupfunyika udupfunyika 6,000 tw’urumogi.

Hamwe n’ibiyobyabwenge bafatanywe bahise bashyikirizwa urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rukorera kuri sitasiyo ya Gisenyi kugira ngo hakomeze iperereza ku cyaha bakurikiranyweho.

Polisi ikangurira abaturage kwirinda gucuruza ibiyobyabwenge, ahubwo bagashaka imirimo yemewe n’amategeko bakora.

Yashimiye abaturage barimo kugaragaza ubufatanye na Polisi mu kurwanya ibiyobyabwenge, avuga ko ahanini ari byo ntandaro y’ibindi byaha nko kwiba, gukubita no gukomeretsa, gufata ku ngufu abagore n’abakobwa n’ibindi bitandukanye.

Iteka rya Minisitiri nº 001/moh/2019 ryo ku wa 04/03/2019 rigena urutonde rw’ibiyobyabwenge n’ibyiciro byabyo, rishyira ikiyobyabwenge cy’urumogi mu biyobyabwenge bihambaye.

Itegeko Nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, ingingo ya 263 ivuga ko umuntu wese ukora, uhinga, uhindura, utunda, ubika, uha undi, ugurisha mu gihugu ibiyobyabwenge cyangwa urusobe rw’imiti ikoreshwa nka byo mu buryo bunyuranije n’amategeko, aba akoze icyaha.

Iyo abihamijwe n’urukiko ahanishwa igifungo cya burundu n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda arenze miliyoni 20 Frw ariko atarenze miliyoni 30 Frw ku byerekeye ibiyobyabwenge bihambaye.

TAGGED:featuredPolisiRubavuUrumogi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abana Bahawe Ahabo Ho Gukorera Siporo Bari Kumwe N’Ababyeyi
Next Article Ubuyobozi Bwa APR FC Bwasobanuye Impamvu Z’Ihagarikwa Rya Adil
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Gen Nkubito Yabwiye Abo Mu Burengerazuba Ko FDLR Idakwiye Kubahahamura

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

You Might Also Like

Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?