Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rubavu: Basanze Igisasu Ku Rwibutso
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Rubavu: Basanze Igisasu Ku Rwibutso

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 11 April 2023 7:08 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubwo abafundi basizaga ahagiye kubakwa urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi ruherereye mu Mudugudu wa Mareru, Akagari ka Nyamirago, mu Murenge wa Kanzenze muri Rubavu, bahabonye igisasu cya grenade.

Byabaye  ku gicamunsi cyo kuri uyu wa  Mbere taliki 10, Mata, 2023 ahagana saa saba z’amanywa.

Uru rwibutso ruri ahitwa Bigogwe.

Amakuru yatangajwe na bagenzi bacu ba UMUSEKE, avuga ko kiriya gisasu cyabonywe bwa mbere n’abantu batundaga amabuye azakoreshwa mu kubaka urwo rwibutso.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kanzenze witwa Nkurunziza Faustin nawe yahamije ukuri kw’ayo makuru.

Yagize ati: “ Ubwo bari bari gucukura amabuye kugira ngo basize neza ikibanza habonetse grenade. Twahamagaye inzego zibishinzwe kugira ngo zize kuyikuraho mu buryo bw’umutekano, ubu nibo dutegereje.”

Avuga ko nyuma yo kuyibona, bahise bashyira ikimenyetso aho bayisanze, kikaba ari icyo kuburira abantu ko aho hantu hari kabutindi, bakwiye kwirinda kuhegera.

Nkurunziza yirinze kwemeza igihe iyo grenade yaba yarahashyiriwe.

Yasabye abaturage b’Umurenge ayoboye kujya bamenyesha inzego zibishinzwe igihe cyose babonye ikintu kidasanzwe harimo na grenades.

Ngo bizabarinda urupfu cyangwa ubumuga bukomotse kuri icyo kintu giteje akaga.

TAGGED:AbaturageBigogwefeaturedGitifuigisasuJenosideRubavu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ibihugu Kigize Ikitwa BRICS Bifite Umutungo Uruta Uw’Ibigize G7
Next Article Kenya Irohereza Mu Kirere Icyogajuru Yakoze
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Musanze: Bafatanywe Litiro 1000 Z’Inzoga Itemewe

Amerika Yatwitse Ubundi Bwato Bwa Venezuela

AFC/M23 Irashaka Gushinga Igisirikare Cy’Umwuga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbukungu

Kagame Yayoboye Inama Y’Abaminisitiri Yibanze Ku Biciro By’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?