Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rubavu: Buri Mushumba W’Inka Agiye Guhabwa Ikarita Imuranga
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Rubavu: Buri Mushumba W’Inka Agiye Guhabwa Ikarita Imuranga

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 25 January 2023 10:43 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu rwego rwo guca urugomo rukorwa n’abashumba bo mu Karere ka Rubavu, ubuyobozi bwako bwanzuye ko buri wese uragira agomba kugira ikarita imuranga.

Imyaka irashize abaturage bo mu mirenge nka Cyanzarwe, Busasamana, Rubavu na Bugeshi bataka abajura baboneshereza, hagira ukoma bakamukubita.

Hari n’abadukira urutoki bakarutema imitumba bayigaburira inka zabo.

Abashumba benshi baragira inka bitwaje inkoni n’umuhoro.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ibi bikura umutima benshi mu baturage.

Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwategetse ko nta mushumba uzongera kwitwaza umuhoro.

Mu butumwa bwaturutse ku karere haranditse hati: “ “Umushumba uzagaragara mu Murenge adafite ikarita imuranga, agendana inkoni cyangwa umupanga atari mu bikorwa biwukeneye, azafatwa nk’ugambiriye ubugizi bwa nabi.”

Kuri uyu wa Gatatu Taliki 25, Mutarama, 2023 nibwo ibarura ry’abashumba bo muri Rubavu ryatangiye.

Uwabaruwe azahabwa ikarita imuranga, ajye ayitwaza.

- Advertisement -

Ibarura ryahereye ku bashumba bo mu Kagari ka Burinda mu Murenge wa Rubavu.

Nyuma yo kuzuza amakuru ku ifishi, umushumba arafotorwa, akuzurizwa ikarita.

Buri mushumba azahabwa ikarita imuranga

Nyuma ya saa sita harakorerwa abo mu Kagari ka Murambi, igikorwa kizakomeze kuri uyu wa Kane, tariki 26, Mutarama, 2023 mu Tugari twa Murara na Gikombe.

Ku wa 27, Mutarama, 2023 nibwo hazakorerwa utugari twa Rukoko, Buhaza na Byahi.

Umunyamakuru uri i Rubavu, yabwiye UMUSEKE dukesha iyi nkuru ko iyi ari imwe mu ngamba zafashwe nyuma y’uko hagaragaye urugomo rukorwa n’abashumba.

Ildephonse Kambogo uyobora Akarere ka Rubavu yavuze ko kiriya  gikorwa kiri mu rwego rwo kumenya abashumba.

Ati: “Abaturage bavugaga ko bonesherezwa cyangwa bahohoterwa muri uriya Murenge. Bisaba ko tumenya ngo abashumba dufite muri uriya murenge ni ba nde? bababarizwa he?”

Kambogo yemeza ko bizafasha gukemura ibibazo byagaragaye muri kiriya gice birimo urugomo rw’abashumba.

TAGGED:AbashumbafeaturedInkaKambogoRubavuUmuhoroUrugomo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kanye West Yangiwe Gukandagira Kwa Sebukwe
Next Article Hari Gusuzumwa Niba Somalia Yakwemerwa Muri EAC
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda:Abahanga Bize Uko Ikoranabuhanga Ryakomeza Gukoreshwa Mu Miyoborere

Edgar Lungu Wayoboye Zambia Yapfuye

Impungenge Ku Birayi Byongererewe Ubushobozi Zishire-Umushakashatsi Wa RAB

Trump Yahagaritse Ingendo Ziva Mu Bihugu 12 Zijya Muri Amerika

Nyamagabe Igiye Guhabwa Amazi Ku Bayituye Bose

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nick Ngendahayo Yasohoye Indirimbo Ibanziriza Igitaramo

Tshisekedi Arahihibikanira Ko DRC Ijya Mu Kanama Ka UN K’Amahoro Ku Isi

Abayahudi Baramagana Ibyo Israel Ikorera Muri Gaza

Kabila Aragisha Inama Inararibonye Z’i Goma

DRC: Abasirikare Ku Rugamba Barya Mu Minsi 15 Gusa

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

Abanyeshuri Ba Kaminuza Nkuru Y’Uburundi Bafitiye Ubwoba Amatora

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ifu Y’Ifi: Ubundi Buryo Bwo Kurwanya Indyo Mbi Mu Bana B’u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rugiye Gufungura Ambasade Muri Algeria

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Uko Ibipimo By’Imibereho Y’Abatuye Umujyi Wa Kigali Bihagaze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?