Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rubavu: Haravugwa Abaturage Barwaye Amavunja
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Rubavu: Haravugwa Abaturage Barwaye Amavunja

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 06 December 2024 8:54 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Uyobora Umurenge wa Nyamyumba yandikiwe ibaruwa n’Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bumusaba gutanga ibisobanuro by’impamvu abaturage ayoboye barwaye amavunja.

Abo mu Mudugudu wa Pfunga mu Kagari ka Kinigi muri uyu Murenge bavuga ko amavunja barwara batayaterwa n’umwanda ahubwo ari amashitani.

Umwe muri bo yabwiye UMUSEKE ati:“ Impamvu ndabyita amashitani ni uko na kiriya kirenge cyarwaye na cyo cyakarabye.”

Undi ati: “ Ni ibitererezanyo ntabwo wavuga ngo ni umwanda , umwana yari muzima.”

Icyakora abaturage bamwe bemeza ko bagenzi babo badakwiye kuvuga ko ari amashitani ahubwo ari umwanda.

Umwe ati “ Ni byo kuko iyo aryamye kabiri gatatu atoga,ntaho atamugera.No mummutwe yamugeramo.”

Undi ati: “ Ntabwo ari amashitani ahubwo ni imibereho mibi,ubicunze wasanga amadayimoni agomba kubaho ariko habaho n’umwanda. Kuko azajya guca inshuro, aze bwije, ntabone umwanya kwiyitaho.”

Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Mulindwa Prosper avuga ko yamaze kwandikira ibaruwa Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyamyumba ngo atange ibisobanuro by’impamvu abaturage ayoboye barwara amavunja.

Ati: “Umuyobozi w’Umurenge twamwandikiye tumusaba ibisobanuro , tumubaza ngo ni iyihe mpamvu ku ifase ayabora harimo abantu barwaye amavunja”.

Meya Mulindwa anavuga ko ikigo Nderabuzima kiri ahegerereye abaturage barwaye amavunja igomba kubibazwa.

Ati: “ Ikigo nderabuzima cyo muri ako gace nacyo kigomba kubibazwa kuko gifite umukozi uhembwa buri kwezi ushinzwe ibikorwa byo mu baturage, ushinzwe ubukangurambaga,isuku,ushinzwe ibyo byose .Ntabwo tuzongera kubona umuntu urwaye amavunja ngo dukomeze urugendo. Tuzasubira inyuma turebe ngo ni nde utarakoze icyo yagombaga gukora.”

Ubuyobozi bw’Akarere buvuga ko iki kibazo bwagihagurikiye ku buryo nta muturage uzongera kugaragarwaho amavunja.

Muri uyu Murenge wa Nyamyumba habarurwa abaturage barindwi barwaye amavunja ,yo mu itatu bari bafite ikibazo cy’amavunja.

TAGGED:AmavunjaMeyaRubavu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article DRC: Indwara Itazwi Irica Abantu Umusubizo
Next Article Maj Gen (Rtd) Richard Rutatina Afunzwe Na RIB
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Nick Ngendahayo Ari Gutegura Igitaramo Kirangiza Umwaka Kizabera I Kigali 

Perezida Wa Madagascar Yuhunze Igihugu 

Netanyahu Ati: ‘Abanzi Bacu Bamenye Ko Tutujya Twibagirwa’

U Rwanda Rugiye Kubaka Icyanya Cy’Inganda Kizatunganya Impu

Inzitizi Abo Muri DRC Babona Mu Kwambura FDLR Intwaro

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

You Might Also Like

Mu RwandaUbutabera

Abakozi Ba RBC Bafunzwe Bazira Ruswa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

RDF na Polisi Bari Guha Abatuye Sudani Y’Epfo Uburyo Bwo Kwirinda Malaria

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Mfite Impungenge Ko Ibyo Kwaka FDLR Intwaro Bizaba Amasigarakicaro- Dr Buchanan

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Makuza Ayoboye Indorerezi Za Afurika Yunze Ubumwe Mu Matora Yo Muri Cameroun

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?