Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rubavu: Umwiryane Mu Rusengero Watumye Abakirisitu Bitahira
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Umutekano

Rubavu: Umwiryane Mu Rusengero Watumye Abakirisitu Bitahira

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 11 March 2024 9:22 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abakirisitu bari baje gusenga kuri iki Cyumweru, basohotse mu rusengero rya Blessing Church baritahira nyuma yo kubona ko hari umwiryane hagati y’abayobozi.

Nyuma y’ayo makimbirane, urusengero rwahise rufungwa.

Polisi ifatanyije n’ubuyobozi bw’ibanze nibo barufunze bitewe n’amakimbirane yakuruye imvururu hagati y’abayobozi b’itorero.

Imikoreshereze y’umutungo n’imiyoborere y’uru rusengero nibyo bivugwa kuba intandaro yayo makimbirane.

Bagenzi bacu ba UMUSEKE  bakorera i Rubavu bavuga ko imwe mu ngingo yatumye abantu batumvikana ari uko iri torero ryanditswe ‘ku muntu ku giti cye’.

Umwe mu bayoboke baryo yagize ati: “Ubutaka bakoreraho bwanditse ku muntu ku giti cye. Icyo tubasaba ni uko bwandikwa ku itorero hanyuma n’imiyoborere bakayinoza. Aya makimbirane ashingiye ku miyoborere”.

Ikindi ni uko ngo na manda y’abayobozi yarangiye ariko ntibatora abandi, bagasaba ko aho iryo torero rikorera handikwa ku itorero ubwaryo aho kuba ku muntu ku giti cye.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gisenyi iri torero ryubatsemo avuga ko iki kibazo kimaze amezi atatu bakaba bari kugishakira umuti urambye ariko hagati aho ngo babaye bafunze aho iri torero ryakoreraga.

TAGGED:AmakimbiraneGisenyiUmurengeUrusengero
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article MINAGRI Irashaka Gukorana Na MINALOC Abadahinga Ubutaka Bakabihanirwa
Next Article Kaminuza Y’u Rwanda Igiye Gutangiza Ishami Ryigisha Gukora Inkingo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Ruri Kureshya Abakire Bo Mu Buhinde

MINEDUC Yagiye Gutoza Abanyeshuri Isuku

Irani: Abamaze Kugwa Mu Myigaragambyo Bagera Kuri 500

Muhanga: Bashinja Sosiyete Icukura Amabuye Y’Agaciro Kubambura

Miliyari Frw 1.2 Ziva Mu Gusura Nyungwe Zigiye Gufasha Abandi Bayituriye Kubaho Neza

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Izashora Miliyari $100 Zo Gucukura Petelori Ya Venezuela

Ikigo Rio Tinto Kigiye Kwihuza Na Glencore Bikore Icya Mbere Ku Isi Gicukura Amabuye Y’Agaciro

Raporo Ya UN Ihamya Ko Kinshasa Igikorana Na FDLR

Menya Imyanzuro Y’Inama Nkuru Ya 17 Ya FPR-Inkotanyi Iheruka

Kigali: Impunzi Zo Muri DRC Zigarambirije Imbere Ya Ambasade Ya Amerika

You Might Also Like

Umutekano

Gasabo: Bafungiwe Kwangiza Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Umutekano

Umugabo W’i Gakenke Yafatiwe I Burera Afite Ibilo 20 By’Urumogi Avanye Muri Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Imirwano Hagati Ya Israel Na Hamas Yubuye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeIbiza KamereMu RwandaUmutekano

Kayonza: Imvura Yishe Batandatu Biganjemo Abana

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?