Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ruhango: Abasaza Babiri Bagiye Kwiba Umwe Arahagwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbutabera

Ruhango: Abasaza Babiri Bagiye Kwiba Umwe Arahagwa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 September 2025 7:15 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Mu Murenge wa Ruhango niho byabereye.
SHARE

Mu rukerera rwo kuwa Tariki 12, Nzeri, 2025, abagabo babiri bo mu Murenge wa Ruhango mu Karere ka Ruhango bavugwaho ko bateye urugo rw’umuturanyi bashaka kumwiba ihene, abahungu be baratabara barwana nabo baza kwicamo umwe.

Igitangaje ni uko abo bagabo bari bakuze cyane kuko umwe afite imyaka 57 naho undi witwa Uwiragiye Fabien akaba yari afite imyaka 73 ari nawe wapfuye.

Bitwaje imihoro, icumu n’icyuma, abo basaza bateye urugo rwa Uwineza Providence w’imyaka 49 ruri mu Karere ka Ruhango, Umurenge wa Ruhango mu Kagari ka Tambwe mu Mudugudu wa Ruduha.

Bamaze kugera yo, bacukuye inzu bashaka kwiba ihene, abahungu bo muri urwo rugo babyutse baratabara batangira kurwana.

Umuhungu umwe w’imyaka 17 bamutemye akaboko, mukuru we w’imyaka 24, mu kumutabara, akubita umwe muri abo basaza inkoni ku gahanga arakomereka cyane.

Yamukubise inkoni mu nkovu y’igisebe gikomeye yigeze kugira mu gahanga, bikaba bikekwa ko ari byo byamukururiye urupfu.

Aho amaze kuyikubitirwa, abatabaye bamujyanye ku kigo nderabuzima cya Tambwe, ageze yo avira mu mutwe bituma apfa.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, CIP Kamanzi Hassan yabwiye Taarifa ko Polisi na RIB bakimara guhabwa amakuru, bahise bajyayo hafatwa aba basore uko ari babiri.

Icyakora yatubwiye ko uwo mwana w’imyaka 17 ari kuvuzwa kuko bamutemye akaboko, bakamubabaza cyane.

Mukuru we hamwe nk’uwari waje kwiba ntahagwe, barafashwe bafungirwa kuri sitasiyo ya Polisi ya Kinazi, umurambo ujyanwa ku bitaro bya Kinazi gukorerwa isuzuma.

CIP Hassan Kamanzi asaba abumva ko gukora ubwicamategeko ari byo bizabakiza, kubireka.

Kuri we, ibyo ntacyo bizabamarira.

Polisi isaba kandi abaturage kwirinda urugomo no kwihanira kuko bitemewe.

TAGGED:AbasazaKamanziKwihaniraPolisiRIBRuhangoUmuhoro
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo
Next Article DRC: Batangiye Gukingira Ebola
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Gasabo: Arakekwaho Kwangiza Amapiloni Y’Amashanyarazi

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

Ingabire Immaculée Wayoboraga Transparency Yatabarutse

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Abanyarwanda Barashukwa Bagaca Mu Bushinwa Bagera Ahandi Bakisanga Mu Buretwa-Amb Kimonyo 

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

Tombola Inzozi Lotto Yahagaritswe Gukorera Mu Rwanda

Trump Yahaye Hamas Igihe ‘Ntarengwa’ Ngo Yemere Umugambi W’Amahoro Yateguye

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Huye: Abagabo Bane Bakurikiranyweho Gutema Abaturage

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?