Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ruhango: Hatangiye Iperereza Ku Mugabo Bikekwa Ko Yishwe N’Abo Yasengereye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ruhango: Hatangiye Iperereza Ku Mugabo Bikekwa Ko Yishwe N’Abo Yasengereye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 30 October 2025 1:16 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Urwo rugomo ruravugwa mu Ruhango ahitwa Mbuye.
SHARE

Abaturage batunguwe kandi bababazwa n’urupfu rwa Nsabimana Théobald w’imyaka 48 bikekwa ko yishwe n’abantu basangiraga inzoga mu Kabari kari mu Mudugudu wa Karusizi, Akagari ka Mwendo, Umurenge wa Mbuye muri Ruhango.

Ubuyobozi bw’uyu Murenge buvuga ko bikekwa ko yishwe n’abo basangiraga icupa nubwo iperereza nyaryo riri gukorwa ngo hamenyekane neza intandaro y’urwo rupfu.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mbuye witwa Philbert Muhire yabwiye UMUSEKE ko ahagana saa saba z’ijoro ari bwo yaje gutabazwa abwirwa ko basanze Nsabimana yapfuriye mu kabari.

Uwaje gutabaza kandi yabimenyesheje n’abaturanyi ba nyakwigendera ngo barebe ko bahurura bakareba uko babyifatamo.

Gusa uwo waje gutabaza ari mu b’ibanze bakekwaho urwo rupfu.

Gitifu Muhire Philbert ati: “Umwe mu bakekwa kugira uruhare mu rupfu rwa Nsabimana ni we wabyukije abaturage ababwira ko mugenzi we yapfuye.”

Uyu muyobozi avuga ko Polisi na RIB bahise bafata  bafunga abagabao babiri bari mu b’ibanze bakekwaho uruhare mu rupfu rw’uriya mugabo wapfuye asize abana batatu n’umugore.

Ngo iperereza ryatangiye kugira ngo hamenyekane abamwishe n’intandaro y’ubu bwicanyi.

Ikindi ni uko umurambo w’uwo mugabo nta gikomere ugaragaza, bigakekwa ko abamwishe hari ubundi buryo bakoresheje kugira ngo hatagira ubonera inyuma icyaba cyamuhitanye.

Abakekwaho iki cyaha bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi iherereye mu Murenge wa Mbuye.

TAGGED:AkabariInzogaRuhangoUmuturage
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida W’Ubushinwa Yasabye Amerika Kubaha Ubukungu Bw’Igihugu Cye
Next Article Imwe Mu Makipe Yo Muri Sudani Yikuye Muri Shampiyona Y’u Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abanya Eritrea Baba Muri Amerika Baje Gushora Mu Mikino Mu Rwanda

Zelenskyy Aribaza Ukuntu Azemera Guha Uburusiya Ubutaka Bikamushobera

Israel Yishe Umuyobozi Ukomeye Wa Hezbollah Imusanze Muri Lebanon

DRC: Bashyinguye Bundi Bushya Nyuma Y’Uko Imyuzure Ishenye Irimbi

Imbuto N’Imboga Biri Mu Bikomeje Kwinjiriza u Rwanda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

RDB Yakoresheje Imibare Inyomoza Abanditse Ko Abanyamerika Bashora Mu Rwanda Bagabanutse

Abo YouTube Ihemba Bize Uko Ubwenge Buhangano Bwarushaho Kubungura

IVUGURUYE: Umuyobozi W’Ikirenga Wa Qatar Yageze i Kigali

Abanyarwanda Icyo Bakwiyemeza Nticyabananira- Maj Gen (Rtd) Jack Nziza

Nta Muntu Uri Hejuru Y’Amategeko- Rutikanga Avuga Ku Ifungwa Ry’Abanya Sudani

You Might Also Like

Mu Rwanda

Umuyobozi Wa Imbuto Foundation Hari Icyo Asaba Abato

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Gisagara: Ikamyo Ya Howo Yishe Abana Babiri

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Kagame Yaganiriye N’Itsinda Ry’Abayobozi Ba Banki Y’Isi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Umutekano

Ubusinzi Burakomeje Mu Batwara Ibinyabiziga- Polisi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?