Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ruhango: Hatangiye Iperereza Ku Mugabo Bikekwa Ko Yishwe N’Abo Yasengereye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ruhango: Hatangiye Iperereza Ku Mugabo Bikekwa Ko Yishwe N’Abo Yasengereye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 30 October 2025 1:16 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Urwo rugomo ruravugwa mu Ruhango ahitwa Mbuye.
SHARE

Abaturage batunguwe kandi bababazwa n’urupfu rwa Nsabimana Théobald w’imyaka 48 bikekwa ko yishwe n’abantu basangiraga inzoga mu Kabari kari mu Mudugudu wa Karusizi, Akagari ka Mwendo, Umurenge wa Mbuye muri Ruhango.

Ubuyobozi bw’uyu Murenge buvuga ko bikekwa ko yishwe n’abo basangiraga icupa nubwo iperereza nyaryo riri gukorwa ngo hamenyekane neza intandaro y’urwo rupfu.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mbuye witwa Philbert Muhire yabwiye UMUSEKE ko ahagana saa saba z’ijoro ari bwo yaje gutabazwa abwirwa ko basanze Nsabimana yapfuriye mu kabari.

Uwaje gutabaza kandi yabimenyesheje n’abaturanyi ba nyakwigendera ngo barebe ko bahurura bakareba uko babyifatamo.

Gusa uwo waje gutabaza ari mu b’ibanze bakekwaho urwo rupfu.

Gitifu Muhire Philbert ati: “Umwe mu bakekwa kugira uruhare mu rupfu rwa Nsabimana ni we wabyukije abaturage ababwira ko mugenzi we yapfuye.”

Uyu muyobozi avuga ko Polisi na RIB bahise bafata  bafunga abagabao babiri bari mu b’ibanze bakekwaho uruhare mu rupfu rw’uriya mugabo wapfuye asize abana batatu n’umugore.

Ngo iperereza ryatangiye kugira ngo hamenyekane abamwishe n’intandaro y’ubu bwicanyi.

Ikindi ni uko umurambo w’uwo mugabo nta gikomere ugaragaza, bigakekwa ko abamwishe hari ubundi buryo bakoresheje kugira ngo hatagira ubonera inyuma icyaba cyamuhitanye.

Abakekwaho iki cyaha bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi iherereye mu Murenge wa Mbuye.

TAGGED:AkabariInzogaRuhangoUmuturage
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida W’Ubushinwa Yasabye Amerika Kubaha Ubukungu Bw’Igihugu Cye
Next Article Imwe Mu Makipe Yo Muri Sudani Yikuye Muri Shampiyona Y’u Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Umukinnyi Ukomeye Wa Kepler WBBC Yaguzwe Na REG WBBC

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Umuhuza Wa Afurika Yunze Ubumwe Mu Kibazo Cy’u Rwanda Na DRC Ari i Kigali

Mobicash Yabaye Ihagaritswe 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

‘Board Of Peace’ Ya Trump Ni Iki?

Burundi: Haravugwa Guhangana Hagati Ya Ndayishimiye N’Umunyamabanga  Wa CNDD-FDD

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

U Rwanda Rurashaka Ko Ubwongereza Buruha Amafaranga Yarwo Yose

Kigali: Umusore Yishe Mugenzi We Amuziza Umukobwa

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Inama Y’Igihugu Y’Umushyikirano Iragarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?