Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ruhango: Umwe Mu Banyeshuri 72 Bari Bararwariye Icyarimwe Yapfuye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubuzima

Ruhango: Umwe Mu Banyeshuri 72 Bari Bararwariye Icyarimwe Yapfuye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 23 January 2024 7:18 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Ifoto ya bamwe mu banyeshuri banduriye ibicurane mu masaha 48 gusa
SHARE

Uwo mukobwa wigagaga mu mwaka wa kabiri w’amashuri yisumbuye mu Kigo cya GS Indangaburezi yapfuye. Yari umwe mu banyeshuri 72 bo muri iki kigo bari baherutse kujyanwa kwa muganga bivugwa ko barwaye ibicurane.

Icyo gihe kandi hari hari ubwoba ko bashobora kuba baranduzanyije COVID-19 kandi ubwo bwoba bwari n’ahandi henshi mu Rwanda.

Mu gihe ibyo byahwihwiswaga, abakozi bo mu Kigo cy’igihugu cy’ubuzima bavuze basa n’abahumuriza abaturage ko ibicurane bari kurwara atari COVID-19 ahubwo ari ibisanzwe bigaragara mu mezi y’ubukonje budasanzwe nk’uburiho muri Mutarama, 2024.

Ku byerekeye ikibazo cy’urupfu rw’uwo mukobwa wo mu Indangaburezi witwaga Iradukunda Aimée Christianne, amakuru atangazwa na bagenzi bacu ba UMUSEKE avuga ko ubuyobozi bw’iki kigo bwamaze kubona ko arembye cyane bumwohereza iwabo.

Yageze yo ahita yitaba Imana.

Muhirwa Prosper uvugira Indangaburezi  avuga ko hari amakuru agomba kubanza kubaza abarezi b’uriya munyeshuri kugira ngo amenye iby’ubuzima bwe umunsi ku munsi ariko ntiyongeye kuboneka ku murongo we wa Telefoni.

Umuyobozi wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage mu Karere ka Ruhango, Mukangenzi Alphonsine nawe ntiyitabye telefoni ye igendanwa ngo agire icyo atangariza bagenzi bacu kuri iyo nkuru ibabaje.

Umubyeyi wa Iradukunda avuga ko nta byinshi afite byo kuvuga ku rupfu rw’umwana we, ko abanza agakora imihango yo kumuherekeza mu cyubahiro, ibindi akazabivuga nyuma yo gushyingura.

UMUSEKE uvuga ko wamubajije kuri iyi nkuru ibabaje mu rwego gukuraho urujijo rwa bamwe bavuga ko uyu munyeshuri witabye Imana atigeze ajyanwa kwa muganga kuvurwa, ko bamwohereje iwabo yazahaye cyane.

Inkuru ya mbere ku burwayi bwa bariya bana, yavugaga ko bajyanywe kwa muganga kubera ko ari barwaye ibicurane kandi ngo ni indwara ivurwa igakira.

Iradukunda Aimée Christianne yari uwo mu  Mudugudu wa Urwego, Akagari ka Kimihurura, Umurenge wa Kimihurura mu Karere ka Gasabo.

TAGGED:featuredIbicuraneIndangabureziRuhango
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rubavu: Abanyamadini Bashimirwa Uruhare Mu Kwimakaza Isuku Mu Baturage
Next Article ULK Iri Kuzamura Ubumenyi Bwa Ba Rwiyemezamirimo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?