Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ruhango: Yahushije Umugore We Atema Umwana We
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ruhango: Yahushije Umugore We Atema Umwana We

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 March 2023 4:28 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Murenge wa Mwendo mu Karere ka Ruhango hari umugabo uherutse gutabwa muri yombi nyuma yo gutema umwana we mu mutwe n’ikiganza. Bivugwa ko yabikoze ahushije Nyina w’uwo mwana.

Yitwa Yamfasha Tharcisse n’aho umugore we yitwa Dévotha.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mwendo Muhire Floribert avuga ko intandaro y’ubu bugizi bwa nabi yaturutse ku makimbirane ashingiye ku ihene baherutse kugurisha.

Umugore yabajije umugabo aho amafaranga yagurishije ihene yagiye undi uburakari burazamuka.

Yamfasha yahise afata umuhoro ashaka gutema umugore we, undi arahunga noneho umuhoro ufata umwana wabo w’imyaka 14 y’amavuko.

Gitifu ati “Umuhoro wakomerekeje  uriya mwana bikomeye mu mutwe no mu kiganza ajyanwa kwa muganga.”

Bivugwa ko uriya mugabo yanywereye ariya mafaranga yose ntayisiga n’igice cya Frw 100.

Amakuru atangazwa n’ikinyamakuru UMUSEKE avuga ko iyo hene ari iy’uriya mwana watemwe.

Uyu mwana yiga mu mwaka wa kane w’amashuri abanza.

Abaturanyi b’uyu  muryango bavuga ko uriya mugabo asanzwe ahohotera umugore we.

Ubuyobozi bw’Umurenge wa  Mwendo buvuga ko  Yamfasha Narcisse yafashwe akaba agiye gushyikirizwa RIB,  naho umwana wakomeretse arwariye mu Kigo Nderabuzima cya Gishweru akaba arimo kwitabwaho n’Abaganga.

Minisiteri y’uburinganire n’iterambere ry’umuryango ivuga ko imwe mu mpamvu zikomeye zitera abagize umuryango gushyamirana ari imicungire mibi y’umutungo w’umuryango.

TAGGED:featuredIheneMinisieriRuhangoUmugaboUmugoreUmwana
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Putin Yasuye Umujyi Wo Muri Ukraine
Next Article Icyambu Cyo Ku Nkombo Ntigikora
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Musanze: Bafatanywe Litiro 1000 Z’Inzoga Itemewe

Amerika Yatwitse Ubundi Bwato Bwa Venezuela

AFC/M23 Irashaka Gushinga Igisirikare Cy’Umwuga

Uganda: Batangiye Kwitegura Guhangana Na Ebola

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbukungu

Kagame Yayoboye Inama Y’Abaminisitiri Yibanze Ku Biciro By’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?