Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ruhango: Yatemye Umukwe We
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ruhango: Yatemye Umukwe We

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 23 May 2023 9:51 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Murenge wa Ruhango Akarere ka Ruhango haravugwa amakuru y’umusaza watemye umukwe we wari uje gucyura umugore we ariko akazana amahane.

Uwo mukwe witwa Callixte Nzeziryayo avuga ko yagiye gucyura umugore we ajyana inyundo n’akajerekani karimo essence, abwira abo muri urwo rugo ko nibatamuha umugore we ngo bamumuhane n’ibyo yasahuye, ari bubatwike.

Abandi babyumvise vuba, umusaza( Sebukwe) ntiyajijinganya ahita amutema mu mutwe.

Abo mu muryango wa Sebukwe w’uwatemwe bavuga ko yahageze agashaka kurwanya Sebukwe, na we mu rwego rwo kwirwanaho afata umuhoro amutema mu mutwe.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mwendo, Muhire Floribert yabwiye UMUSEKE ko ruriya rugomo rwabaye mu ijoro ryo ku wa Gatandatu taliki 20, Gicurasi, 2023.

Gitifu Muhire  ati: “Iyi mirwano yabaye nijoro (ku wa Gatandatu), twahageze dusanga Sebukwe amaze kumutema mu mutwe, tumujyana mu Kigo Nderabuzima cya Gishweru kugira ngo yitabweho.”

Avuga ko Nteziryayo yaje avuga ko umugore we yahukanye ‘atwaye ibiryo n’amafaranga’ byari biri mu rugo.

Yasabye  kwa Sebukwe kubimusubiza, bitaba ibyo akabatwika.

Sebukwe wa Nteziryayo yitwa Rwampungu Emmanuel w’imyaka 68 y’amavuko.

Atuye mu Mudugudu wa Nyabisindu, Akagari ka Mutara muri uyu Murenge wa Mwendo.

Nyuma yo gutema umukwe we, yahise acika.

Akarere ka Ruhango kamaze kuba kamwe mu tuvugwaho urugomo rwinshi.

Iyo atari umugore wishe umugabo, biba ari umwana wabikoreye Nyina, cyangwa Se, bitaba ibyo bikaba ari abavandimwe bicanye hagati yabo.

TAGGED:featuredInyundoRuhangoSebukweUmuhoro
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Gerayo Amahoro: Ubukangurambaga Bugarukanye Ingufu
Next Article Afurika Ihomba Miliyari $15 Kubera Guhumana Kw’Ikirere, Igahabwa 3% Yo Kubirwanya
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Gasabo: Arakekwaho Kwangiza Amapiloni Y’Amashanyarazi

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Ingabire Immaculée Wayoboraga Transparency Yatabarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaRwiyemezamirimoUmutekano

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?