Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ruhango: Yatemye Umukwe We
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ruhango: Yatemye Umukwe We

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 23 May 2023 9:51 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Murenge wa Ruhango Akarere ka Ruhango haravugwa amakuru y’umusaza watemye umukwe we wari uje gucyura umugore we ariko akazana amahane.

Uwo mukwe witwa Callixte Nzeziryayo avuga ko yagiye gucyura umugore we ajyana inyundo n’akajerekani karimo essence, abwira abo muri urwo rugo ko nibatamuha umugore we ngo bamumuhane n’ibyo yasahuye, ari bubatwike.

Abandi babyumvise vuba, umusaza( Sebukwe) ntiyajijinganya ahita amutema mu mutwe.

Abo mu muryango wa Sebukwe w’uwatemwe bavuga ko yahageze agashaka kurwanya Sebukwe, na we mu rwego rwo kwirwanaho afata umuhoro amutema mu mutwe.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mwendo, Muhire Floribert yabwiye UMUSEKE ko ruriya rugomo rwabaye mu ijoro ryo ku wa Gatandatu taliki 20, Gicurasi, 2023.

Gitifu Muhire  ati: “Iyi mirwano yabaye nijoro (ku wa Gatandatu), twahageze dusanga Sebukwe amaze kumutema mu mutwe, tumujyana mu Kigo Nderabuzima cya Gishweru kugira ngo yitabweho.”

Avuga ko Nteziryayo yaje avuga ko umugore we yahukanye ‘atwaye ibiryo n’amafaranga’ byari biri mu rugo.

Yasabye  kwa Sebukwe kubimusubiza, bitaba ibyo akabatwika.

Sebukwe wa Nteziryayo yitwa Rwampungu Emmanuel w’imyaka 68 y’amavuko.

Atuye mu Mudugudu wa Nyabisindu, Akagari ka Mutara muri uyu Murenge wa Mwendo.

Nyuma yo gutema umukwe we, yahise acika.

Akarere ka Ruhango kamaze kuba kamwe mu tuvugwaho urugomo rwinshi.

Iyo atari umugore wishe umugabo, biba ari umwana wabikoreye Nyina, cyangwa Se, bitaba ibyo bikaba ari abavandimwe bicanye hagati yabo.

TAGGED:featuredInyundoRuhangoSebukweUmuhoro
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Gerayo Amahoro: Ubukangurambaga Bugarukanye Ingufu
Next Article Afurika Ihomba Miliyari $15 Kubera Guhumana Kw’Ikirere, Igahabwa 3% Yo Kubirwanya
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abayapani 100,000 Bagize Imyaka 100, Ibintu Bitigeze Biba Ahandi

Congo: ADF Yishe Abantu 102

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Igisasu Cy’Uburusiya Cyarashwe Ku Nyubako Ya Guverinoma Ya Ukraine 

General Kabandana Yatabarutse

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Minisitiri w’Intebe Wa Qatar Arajya Kurega Israel Kuri Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Polisi Irashakisha Abantu Bahohoteye Umugore Bikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?