Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ruhango: Yemereye Urukiko Ko Yishe Umugore We Utwite Ku Bushake
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ruhango: Yemereye Urukiko Ko Yishe Umugore We Utwite Ku Bushake

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 07 June 2023 10:09 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Uyu mugabo tutari buvuge amazina kuko akiburana kandi akaba atarahamwa n’icyaha, yabwiye urukiko ko yishe umugore we wari utwite inda y’amezi atanu ku bushake ariko ko abisabira imbabazi.

Yabwiye Urukiko ko yicishije umugore we inzitiramubu, akemeza ko  intandaro yabyo ari amakimbirane bagiranye y’uko umugore ‘yamwakaga amafaranga menshi’ yo guhahira urugo.

Uyu mugabo uri mu kigero cy’imyaka 40 y’amavuko yabwiye Urukiko rwisumbuye rwa Muhanga, ko taliki ya 23 Werurwe, 2023 ari bwo yashyamiranye n’umugore we witwaga Nyiramporayonzi Domitille.

Uyu mugore ngo yahoraga yaka umugabo we amafaranga yo guhahisha.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Umugabo uregwa ubu bwicanyi avuga ko bijya kuba ikibazo byatangiye ubwo yahaga umugore we Frw 6,000 undi ntiyayishimira.

Mu ruhame aho urubanza rwabereye, umugabo yavuze ko umugore we nyuma yo kutishimira ayo mafaranga, yamukingiranye mu nzu, urufunguzo arushyira ‘mu mabere’ arigendera.

Ngo umugore yaritanguranywe ajya gutabaza abaturanyi, baraza.

Yagize ati: “ …Yagiye[umugore] gutabaza abaturage baraza basanga yankingiranye, ariko baza kunkingurira nongera kumuha Frw 6000 kugira ngo ahahe byinshi birimo n’inyama”.

Nyuma yo kumuha ayo mafaranga, yahise ajya ku kazi, ariko aho atahiye asanga umugore we ntiyatetse kandi yari yasize amuhaye amafaranga.

- Advertisement -

Nibwo yahise afata icyemezo cyo kumunigisha inzitiramubu, arabikora arangije yishyikiriza ubugenzacyaha.

Yabwiye urukiko ko yemera icyaha kandi agisabira imbabazi.

Icyo abatangabuhamya bavuga…

Umunyamakuru wa UMUSEKE wakurikiyanye uko iburanisha ryagenze, avuga ko bamwe mu batangabuhamya babwiye Urukiko ko  nyakwigendera yajyaga ababwira ko umugabo we ahora yigamba ko atazabyara inda atwite.

Bakemeza ko kiriya cyaha kitamugwiririye ahubwo ko yagikoranye ubugome kandi agikora ku bushake.

Uruhande rw’ubushinjacyaha bwo buvuga ko rwo ruvuga ko imbabazi uregwa asaba urukiko ari amatakirangoyi kubera ko mbere yo kwica umugore we babanje gukora imibonano mpuzabitsina arangije aramuniga anamusiga umwambitse ubusa buri buri.

Ubushinjacyaha bwavuze ko izi mbabazi Rusumbabahizi asaba ari amatakirangoyi kubera ko yabanje kwica uwo bashakanye, nyuma yo gukora imibonano mpuzabitsina asiga amwambitse ubusa.

Bwamusabiye igifungo cya burundu kuko yakoze icyaha akigambiriye.

Urukiko rwabajije uregwa impamvu yamuteye kwica umugore muri ubu buryo, kandi bari bamaze gukora n’igikorwa cy’urukundo, undi asubiza ko yamuhoye amafaranga yahoraga amwaka ngo ahahire urugo buri gihe.

Umwanzuro w’Urukiko uzasomwa taliki ya 09 Kamena, 2023 saa munani z’amanywa (14h00).

TAGGED:AbatangabuhamyafeaturedImbabaziInzitiramubuKumunigaKwicaRuhangoUmugaboUmugore
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ikaramu Hitler Yandikishaga Yaguzwe $6,700
Next Article Ubwonko Bwa Kabuga Burarwaye ‘Ntashobora’ Kuburana
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu mahangaMu Rwanda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?