Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ruhango: Yemereye Urukiko Ko Yishe Umugore We Utwite Ku Bushake
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ruhango: Yemereye Urukiko Ko Yishe Umugore We Utwite Ku Bushake

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 07 June 2023 10:09 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Uyu mugabo tutari buvuge amazina kuko akiburana kandi akaba atarahamwa n’icyaha, yabwiye urukiko ko yishe umugore we wari utwite inda y’amezi atanu ku bushake ariko ko abisabira imbabazi.

Yabwiye Urukiko ko yicishije umugore we inzitiramubu, akemeza ko  intandaro yabyo ari amakimbirane bagiranye y’uko umugore ‘yamwakaga amafaranga menshi’ yo guhahira urugo.

Uyu mugabo uri mu kigero cy’imyaka 40 y’amavuko yabwiye Urukiko rwisumbuye rwa Muhanga, ko taliki ya 23 Werurwe, 2023 ari bwo yashyamiranye n’umugore we witwaga Nyiramporayonzi Domitille.

Uyu mugore ngo yahoraga yaka umugabo we amafaranga yo guhahisha.

Umugabo uregwa ubu bwicanyi avuga ko bijya kuba ikibazo byatangiye ubwo yahaga umugore we Frw 6,000 undi ntiyayishimira.

Mu ruhame aho urubanza rwabereye, umugabo yavuze ko umugore we nyuma yo kutishimira ayo mafaranga, yamukingiranye mu nzu, urufunguzo arushyira ‘mu mabere’ arigendera.

Ngo umugore yaritanguranywe ajya gutabaza abaturanyi, baraza.

Yagize ati: “ …Yagiye[umugore] gutabaza abaturage baraza basanga yankingiranye, ariko baza kunkingurira nongera kumuha Frw 6000 kugira ngo ahahe byinshi birimo n’inyama”.

Nyuma yo kumuha ayo mafaranga, yahise ajya ku kazi, ariko aho atahiye asanga umugore we ntiyatetse kandi yari yasize amuhaye amafaranga.

Nibwo yahise afata icyemezo cyo kumunigisha inzitiramubu, arabikora arangije yishyikiriza ubugenzacyaha.

Yabwiye urukiko ko yemera icyaha kandi agisabira imbabazi.

Icyo abatangabuhamya bavuga…

Umunyamakuru wa UMUSEKE wakurikiyanye uko iburanisha ryagenze, avuga ko bamwe mu batangabuhamya babwiye Urukiko ko  nyakwigendera yajyaga ababwira ko umugabo we ahora yigamba ko atazabyara inda atwite.

Bakemeza ko kiriya cyaha kitamugwiririye ahubwo ko yagikoranye ubugome kandi agikora ku bushake.

Uruhande rw’ubushinjacyaha bwo buvuga ko rwo ruvuga ko imbabazi uregwa asaba urukiko ari amatakirangoyi kubera ko mbere yo kwica umugore we babanje gukora imibonano mpuzabitsina arangije aramuniga anamusiga umwambitse ubusa buri buri.

Ubushinjacyaha bwavuze ko izi mbabazi Rusumbabahizi asaba ari amatakirangoyi kubera ko yabanje kwica uwo bashakanye, nyuma yo gukora imibonano mpuzabitsina asiga amwambitse ubusa.

Bwamusabiye igifungo cya burundu kuko yakoze icyaha akigambiriye.

Urukiko rwabajije uregwa impamvu yamuteye kwica umugore muri ubu buryo, kandi bari bamaze gukora n’igikorwa cy’urukundo, undi asubiza ko yamuhoye amafaranga yahoraga amwaka ngo ahahire urugo buri gihe.

Umwanzuro w’Urukiko uzasomwa taliki ya 09 Kamena, 2023 saa munani z’amanywa (14h00).

TAGGED:AbatangabuhamyafeaturedImbabaziInzitiramubuKumunigaKwicaRuhangoUmugaboUmugore
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ikaramu Hitler Yandikishaga Yaguzwe $6,700
Next Article Ubwonko Bwa Kabuga Burarwaye ‘Ntashobora’ Kuburana
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?