Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rulindo: Abagabo Barembejwe N’Inkoni Z’Abagore Babo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Rulindo: Abagabo Barembejwe N’Inkoni Z’Abagore Babo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 01 May 2023 2:04 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Hari abagabo mu Karere ka Rulindo bavuga ko barembejwe n’inkoni bakubitwa n’abagore babo, bagasaba ubutabera. Abo bagabo bavuga ko bibabaje kuba umugabo akubitwa n’umugore we kandi aba yaramushatse ngo amwubahe, undi nawe amukunde bubake urwa babiri.

Bamwe muri aba bagabo bo mu Murenge wa Ngoma bavuga ko inkoni bakubitwa n’abagore babo zabakuye umutima k’uburyo bataha hakiri kare cyane nk’aho ari abana bagomba kuvoma amazi yo guteka cyangwa gucyura inyana.

Abavuganye na TV1 bavuga ko nta mugabo ushobora gutaha nyuma ya saa mbiri z’ijoro kuko bitamugwa amahoro.

Hari uwagize ati:  “Twariyakiriye ubu ngubu. Umugore aravuga, icyo akubwiye ugahita ukigenderaho nta rindi jambo urengejeho”.

Undi ati: “Turakubitwa byo ni ngombwa, inkoni twarazemeye.”

Abatuye Umurenge wa Ngoma bavuga ko mu mpamvu zitera amakimbirane mu ngo harimo gucana inyuma, ubusinzi, gusesagura umutungo no kuba hari abagabo badahahira urugo.

Abagore bo muri aka gace babwiye itangazamakuru ko bamwe mu bagore bakubita abagabo babo bakekaho kubaharika no kujya mu ndaya.

Umwe muri bo ati: “ Abagabo  barakubitwa bazira ko umugabo yahuye na mugenzi binywera agacupa yagera iwe ngo yarari mu buraya. Ahanini  ni ibyo bazira ”.

Hari abagabo bavuga ko batagikora inshingano z’abashakanye kubera guhozwa ku nkeke.

Ati: “Ibaze kuba uzi ko mu rugo iwawe harimo ibitanda bibiri, icy’umugore yicungaho, n’icyo nawe wicungaho, kugira ngo mube mwaryamana akamera nk’ugutumira”.

Mugenzi we asaba inzego bireba kwegera abashakanye zikababwira ko kwihangana no kubahana ari byo bituma urugo ruramba.

Asaba ko n’abagabo barenganurwa kuko kuba bakubitwa n’abagore babo bidaterwa n’uko babarusha imbaraga ahubwo banga kwisenyera cyangwa ngo babe bakwihimura bibe byavuramo urupfu abagore bamwe na bamwe.

Yunzemo ati: “Ahubwo se hari itegeko ubona rihana abagore cyane? ni ukurenganurwa n’abagore bakajya bahanwa”

Ubuyobozi bw’Umurenge wa Ngoma busaba abagabo kujya batangaza uwabahohoteye kuko nawe amategeko amureba.

Gitifu w’uyu murenge witwa Innocent Gahenda ati: “ Icyo tutagomba kwihererana na gato ni uko umuntu ashobora guhohoterwa, yaba ari umugabo, yaba ari umugore ngo tubimenye ubundi rubyihererane. Ni ihohoterwa iryo aryo ryose.”

Hari abagabo bo muri uriya murenge bavuga ko iyo bahohotewe bahitamo kwicecekera banga kwimena inda no gusuzugurika muri bagenzi babo.

TAGGED:AbagaboAbagorefeaturedGukubitaIhoteterwaRulindo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Gatsibo: Bishe Umugabo ‘Baramushahura’
Next Article Musanze:Hari Kwigwa Uko Ibinyabuzima Bigiye Gucika Byabungwabungwa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?