Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rulindo: Abagabo Barembejwe N’Inkoni Z’Abagore Babo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Rulindo: Abagabo Barembejwe N’Inkoni Z’Abagore Babo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 01 May 2023 2:04 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Hari abagabo mu Karere ka Rulindo bavuga ko barembejwe n’inkoni bakubitwa n’abagore babo, bagasaba ubutabera. Abo bagabo bavuga ko bibabaje kuba umugabo akubitwa n’umugore we kandi aba yaramushatse ngo amwubahe, undi nawe amukunde bubake urwa babiri.

Bamwe muri aba bagabo bo mu Murenge wa Ngoma bavuga ko inkoni bakubitwa n’abagore babo zabakuye umutima k’uburyo bataha hakiri kare cyane nk’aho ari abana bagomba kuvoma amazi yo guteka cyangwa gucyura inyana.

Abavuganye na TV1 bavuga ko nta mugabo ushobora gutaha nyuma ya saa mbiri z’ijoro kuko bitamugwa amahoro.

Hari uwagize ati:  “Twariyakiriye ubu ngubu. Umugore aravuga, icyo akubwiye ugahita ukigenderaho nta rindi jambo urengejeho”.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Undi ati: “Turakubitwa byo ni ngombwa, inkoni twarazemeye.”

Abatuye Umurenge wa Ngoma bavuga ko mu mpamvu zitera amakimbirane mu ngo harimo gucana inyuma, ubusinzi, gusesagura umutungo no kuba hari abagabo badahahira urugo.

Abagore bo muri aka gace babwiye itangazamakuru ko bamwe mu bagore bakubita abagabo babo bakekaho kubaharika no kujya mu ndaya.

Umwe muri bo ati: “ Abagabo  barakubitwa bazira ko umugabo yahuye na mugenzi binywera agacupa yagera iwe ngo yarari mu buraya. Ahanini  ni ibyo bazira ”.

Hari abagabo bavuga ko batagikora inshingano z’abashakanye kubera guhozwa ku nkeke.

- Advertisement -

Ati: “Ibaze kuba uzi ko mu rugo iwawe harimo ibitanda bibiri, icy’umugore yicungaho, n’icyo nawe wicungaho, kugira ngo mube mwaryamana akamera nk’ugutumira”.

Mugenzi we asaba inzego bireba kwegera abashakanye zikababwira ko kwihangana no kubahana ari byo bituma urugo ruramba.

Asaba ko n’abagabo barenganurwa kuko kuba bakubitwa n’abagore babo bidaterwa n’uko babarusha imbaraga ahubwo banga kwisenyera cyangwa ngo babe bakwihimura bibe byavuramo urupfu abagore bamwe na bamwe.

Yunzemo ati: “Ahubwo se hari itegeko ubona rihana abagore cyane? ni ukurenganurwa n’abagore bakajya bahanwa”

Ubuyobozi bw’Umurenge wa Ngoma busaba abagabo kujya batangaza uwabahohoteye kuko nawe amategeko amureba.

Gitifu w’uyu murenge witwa Innocent Gahenda ati: “ Icyo tutagomba kwihererana na gato ni uko umuntu ashobora guhohoterwa, yaba ari umugabo, yaba ari umugore ngo tubimenye ubundi rubyihererane. Ni ihohoterwa iryo aryo ryose.”

Hari abagabo bo muri uriya murenge bavuga ko iyo bahohotewe bahitamo kwicecekera banga kwimena inda no gusuzugurika muri bagenzi babo.

TAGGED:AbagaboAbagorefeaturedGukubitaIhoteterwaRulindo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Gatsibo: Bishe Umugabo ‘Baramushahura’
Next Article Musanze:Hari Kwigwa Uko Ibinyabuzima Bigiye Gucika Byabungwabungwa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?