Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rupiah Banda Wayoboye Zambia Yatabarutse
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Rupiah Banda Wayoboye Zambia Yatabarutse

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 12 March 2022 9:12 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Rupiah Bwezani Banda wigeze kuyobora Zambia hagati y’umwaka wa 2008 kugeza mu mwaka wa 2011 yaraye atabarutse nyuma y’igihe yari amaze arwaye cancer.

Mu mwaka wa 2020 yabazwe cancer y’amara. Yatabarutse afite imyaka 85 y’amavuko.

Umuhungu we witwa Andrew Banda niwe watangarije Reuters ko Se yatabarutse mu masaha y’ijoro ryacyeye.

Perezida wa Zambia Hakainde Hichilema  nawe yabwiye abaturage be ko uwahoze ayobora kiriya gihugu yatabarutse.

Yavuze ko Zambia itazibagirwa Banda kubera ubwitange yagaragaje mu kubaka igihugu cye.

Ubwo abaturage bumvaga iby’urupfu rwa Rupiah Banda babibwiwe n’Umukuru w’igihugu cyabo mu ijambo yacishije kuri radio na televiziyo bahise bagwa mu kantu!

Mbere y’uko aba Umukuru wa Zambia, Rupiah Banda yakoze mu nzego nyinshi z’ubutegetsi ndetse yabaye Visi Perezida wa Zambia ubwo yayoborwaga na Levy Mwanawasa.

Ku buyobozi bwa Kenneth Kaunda , Rupiah Banda yakoze mu mirimo myinshi ijyanye n’ububanyi n’amahanga.

Mu mwaka wa 2008 yabaye Perezida w’agateganyo wa Zambia ubwo Mwanawasa yagiraga ikibazo cyo gucika k’udutsi two mu bwonko.

Mu gihe yayoboraga Zambia ariko, ntiyabuze gushinjwa ruswa no kunyereza ibya rubanda ndetse Inteko ishinga amategeko yaje kumukuraho ubudahangarwa kugira ngo ubugenzacyaha bubone uko bumukurikirana.

N’ubwo yashinjwaga kunyereza miliyoni 1$ ariko ntiyigeze abihamwa n’Urukiko ngo abifungirwe.

TAGGED:AmaraCancerfeaturedPerezidaZambia
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Polisi Yungutse Abarimu 108
Next Article Marcus Aurelius: Umwami w’Abami Wa Roma W’Umunyabwenge N’Ubumuntu Butangaje
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abatahutse Bava DRC Batangajwe N’Uko Basanze U Rwanda Rusa

Burundi: Umushinjacyaha Aravugwaho Kwiba Amafaranga Ya Leta Akayajyana Tanzania

Nyanza: Nyiri Akabari Akurikiranyweho Guta Umukecuru Mu Bwiherero

Nyuma Yo Kwica Abantu 114 Muri Philippines Inkubi Ikomereje Muri Vietnam

DRC: Uburayi Burasaba Abo Mu Burasirazuba Koroshya Ngo Ubutabazi Bugere Ku Mbabare

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Tanzania: Ishyaka CHADEMA Ryagize Icyo Rivuga Ku Byavuye Mu Matora

DRC: Yarashe Afande We Amuziza Kumurira Amafaranga

Afurika Yunze Ubumwe Yashimiye Samia Ku Ntsinzi Ye

Suluhu Yatangajwe Ko Yatsinze Amatora Y’Umukuru W’Igihugu

Abanyamakuru Bashyiriweho Aho Batemerewe Mu Biro Bya Trump

You Might Also Like

Ibidukikije

Rutsiro: Imbwa Z’Ibihomora Zugarije Pariki Ya Gishwati-Mukura N’Abayituriye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Ubwoba Ku Bitero By’Ikoranabuhanga Ku Bakiliya Bwatumye MTN Ihanga Agashya

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imikino

Minisitiri Mukazayire Yahaye Abadepite Isezerano Abantu Bakwiye ‘Guhanga Amaso’

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Dagalo Uvugwaho Gukora Jenoside Muri Sudani Ni Muntu Ki?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?