Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ruracyageretse Hagati Ya Donald Trump N’Itangazamakuru
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Ruracyageretse Hagati Ya Donald Trump N’Itangazamakuru

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 28 July 2022 8:51 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Donald Trump wigeze kuba Perezida wa Leta zunze ubumwe z’Amerika mu gihe cya Manda imwe, yaraye asohoye inyandiko yanditswe n’abamwunganira mu mategeko ivuga ko agiye kurega CNN n’ibindi binyamakuru bimwibasira bikamwandagaza.

Hari amakuru avuga ko uyu mugabo uri mu bakire bayoboye Amerika bakomeye kurusha abandi afite akayihayiho ko kongera kwiyamamariza kuyiyobora.

Inyandiko ya Donald Trump ivuga ku birego ashaka kugeza mu rukiko arega CNN n’ibindi binyamakuru ifite amagambo 282.

Irimo ingero zatanzwe n’abamwunganira zerekana uko CNN n’ibindi binyamakuru bimuhimbira amagambo n’imyitwarire atagize, bityo bikamusiga icyasha.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Igika kimwe kigira kiti: “ Namaze kumenyesha ubuyobozi bwa CNN ko nzabarega kubera ko bansebya. Mfite na gahunda yo kurega n’ibindi binyamakuru byakomeje kumparabika bikanyangisha rubanda. Mfite ibihamya bidakuka nzajyana mu rukiko byerekana ko mu mwaka wa 2020 ibinyamakuru byamparabitse.”

Abunganira Trump bavuga ko hari inkuru nyinshi CNN yatangaje zidafitiwe gihamya.

Ikindi ni uko muri uriya mwaka ubwo Trump yatsindwaga amatora yari ahanganyemo na Joe Biden hari ibinyamakuru byanditse ko yavuze ko yibwe amajwi kandi atari byo.

Trump n’abamwunganira bavuga ko kuvuga ko atibwe amajwi ari ukugoreka ukuri kuko ngo yaribwe bigaragara.

CNN ishinjwa  ko yasohoye inkuru zitandukanye zita Trump ‘umubeshyi’.

- Advertisement -

Bashinja CNN ko yagereranyije Donald Trump n’uwahoze ayobora u Budage wanakoze na Jenoside yakorewe Abayahudi witwa Adolf Hitler.

Aba banyamateko basabye CNN ko yakwandika isaba imbabazi, igakosora ibyo yanditse niba idashaka kujyanwa mu nkiko.

Abanyamategeko bashinja CNN kandi ko no mu mwaka wa 2016 yashinje Donald Trump gutorwa binyuze mu kwiba amajwi.

Ndetse ngo yaramusebeje biratinda haba mu gihe cy’amatora ndetse na nyuma yayo.

Icyakora hari abavuga ko ibikubiye muri iriya baruwa bitazahabwa ishingiro.

Ku rundi ruhande ariko ni ngombwa kuzirikana ko muri Leta zunze ubumwe z’Amerika, ubutabera bwigenga bityo ko uwatanga ikirego wese cyakirwa kigasuzumirwa ishingiro.

Si ubwa mbere Donald Trump abwiye abantu batavuga rumwe nawe ko azabajyana mu nkiko.

Hari abagore bigeze kuvuga ko yabakoreye ihohoterwa rishingiye ku gitsina, ababwira ko nibakomeza ibyo barimo azabarega.

Yigeze kuvuga ko azajyana mu rukiko Perezida w’Inteko ishinga amategeko y’Amerika Madamu Nancy Pelosi ndetse n’Umusenateri witwa Adam Kinzinger nawe biba uko.

Na The New York Times nayo yigeze kuyibwira ko ayirega.

TAGGED:AmerikaCNNfeaturedItangazamakuruTrump
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ibihano Biteganyirijwe Uzacuruza Ibikoresho By’Ikoranabuhanga Byakoreshejwe
Next Article Imirwano Hagati Ya M23 N’Ingabo Za DRC YUBUYE
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?