Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rusizi: Baranduye Ikawa Z’Umuturage Zari Zitangiye Kuraba
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Rusizi: Baranduye Ikawa Z’Umuturage Zari Zitangiye Kuraba

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 13 April 2023 9:00 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abantu bataramenyekana biraye mu ikawa z’umuturage witwa Dusabe Eugène wo mu Mudugudu wa Nyakivomero, Akagari ka Mahesha mu Murenge wa Gitambi muri Rusizi barazirandura, izibananiye bazitemera hagati.

Nyiri uyu murima avuga ko byabaye mu gitondo cyo ku wa 11, Mata, 2023 ubwo yasuraga umurima we w’ikawa ziri ku biti 250 byari bigeze mu gihe cyo kuraba, asanga abo bantu baranduye ibiti 102 ibindi bibananiye babitemera hagati.

Dusabe avuga ko nta muntu akeka kubera ko  ntawe bari bafitanye amakimbirane yageza ku rwego rwo kumuhemukira bene kariya kageni.

Umuyobozi w’Umurenge wa Gitambi witwa Jean de Dieu Hagenimama avuga ko amakuru ya ruriya rugomo bayamenye.

Hagenimana avuga ko ababikoze batahemukiye nyiri ikawa wenyine, ahubwo ko n’igihugu bagihombeje mu rugero runaka.

Ati:“Ababikoze, aho bari hose, n’ubwo baba biyoberanya mu bandi baturage bigaye n’undi waba atekereza kubikora abireke, kuko hari ibihano bikakaye ku bakora ibintu nk’ibi.”

Avuga ko bariya bagizi ba nabi baciye mu rihumye irondo ryari hafi y’aho uwo murima uri.

Ku rundi ruhande, Gitifu Hagenimana yabwiye itangazamakuru ko ubuyobozi bugiye gufasha uwo muturage  kugira ngo abone uko yatera izindi kawa.

Umurima wari uhinzemo ikawa zaranduwe, uherereye muri metero nk’ijana uvuye ku rugo rwa  Dusabe Eugène.

Abaturanyi bavuga ko abaranduye biriya biti iyo baza guhura na nyirabyo ari we bari buhitane.

Yagiriwe inama yo kujya kuregera RIB kugira ngo itangire iperereza kuri iki kintu.

TAGGED:Abagizi ba nabifeaturedGitifuIkawaUmurimaUmuturage
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abarimu Bakubise Umunyeshuri Bamumena Ubugabo
Next Article PM Ngirente Yibukije Abashinjacyaha Uburemere Bw’Indahiro Yabo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Uganda: Batangiye Kwitegura Guhangana Na Ebola

Kagame Yayoboye Inama Y’Abaminisitiri Yibanze Ku Biciro By’Amashanyarazi

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Inteko Iratangaza Icyemezo Ku Byo Iy’Uburayi Iherutse Kuvuga Ku Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Muntoye Nagarurira Kenya Icyubahiro Yahoranye Kubwa Kibaki- Gachagua

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Ruhango: Abasaza Babiri Bagiye Kwiba Umwe Arahagwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?