Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rusizi: Barasaba Ko Amashyuza Azitirwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imibereho Y'Abaturage

Rusizi: Barasaba Ko Amashyuza Azitirwa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 03 January 2024 10:45 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Hari abaturage bo mu Karere ka Rusizi mu Murenge wa Muganza na Nyakabuye babwiye itangazamakuru ko amashyuza yashyirwaho uruzitiro kugira ngo birinde abana kujya bayogamo nta muntu mukuru kuko hari abo ahitana.

Batanga urugero rw’uko hari abana batatu bo mu Murenge wa Muganza, Akarere ka Rusizi, baherutse kujya koga mu mashyuza umwe muri bo witwa Nishimwe Arsene  Bertin w’imyaka itanu y’amavuko ayapfiramo.

Kuri uyu wa Kabiri taliki 02, Mutarama, 2024 nibwo abaturage babonye umurambo we, bajya guhuruza.

Umubyeyi w’uyu mwana yasobanuriye  RBA ko yabanje kureba mu rugo abura umwana.

Yarasohotse ngo arebe ko hari ubwo yaba yagiye gukina n’abandi bana ku muharuro, abandi bana yahasanze bamubwira ko Arsène yagiye ku mashyuza.

Nyuma nibwo yaje kumva inkuru mbi ko umwana we yaguye mu mashyuza arapfa.

Amashyuza ni amazi agira ubushyuhe bamwe bavuga ko bugorora ingingo, bigakiza indwara zimwe na zimwe.

Ibi bituma hari abayisukira bakajya kuyogamo mu buryo buteje akaga.

Abayaturiye basanga hakenewe imicungire yayo yihariye kuko hamaze kugwamo abantu benshi.

Umwe yagize ati: “Barebe uburyo bayazitira, hakajya hajyamo umuntu ufite uburenganzira bwo kwinjiramo.”

Undi nawe ati “Ariya makariyeri ya CIMERWA arazitiye n’aya mashyuza rero hasi hagiye harimo ibintu by’imyobo, umuntu yakandagira nko mu ibuye akarigitamo, bikaba ngombwa ko hakabaye hari umutekano wayo.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyakabuye amwe muri aya mashyuza aherereyemo, witwa Tamari Kimonyo Innocent, avuga ko hagiye gukorwa ubuvugizi kugira ngo harebwe uko hatakomeza guteza ibyago.

Avuga ko bazakorana n’Ikigo cy’igihugu gishinzwe amazi,(Rwanda Water Board) na  RDB mu kureba uko iki kibazo cyabonerwa umuti.

Muri Nzeri, 2023 hari undi muntu waburiye ubuzima muri ayo mashyuza.

Icyo gihe nabwo ngo nta mezi abiri yari ashize haguyemo umusaza   n’umunyeshuri wari waraguyemo mbere ye.

TAGGED:AkarereAmashyuzafeaturedRusiziUmurenge
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Israel Yishe Umuyobozi Mukuru Wungirije Wa Hamas
Next Article Urukiko Rw’Ikirenga Rwatesheje Agaciro Ikirego Kinenga Ububasha Bwa RIB Bwo Gusaka
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Gasabo: Arakekwaho Kwangiza Amapiloni Y’Amashanyarazi

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Ingabire Immaculée Wayoboraga Transparency Yatabarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaRwiyemezamirimoUmutekano

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?