Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rusizi: Haravugwa Abanyeshuri Baroze Bagenzi Babo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Rusizi: Haravugwa Abanyeshuri Baroze Bagenzi Babo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 26 January 2025 1:50 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Byabereye muri Rusizi
SHARE

Mu rwunge rw’amashuri rwa Mutongo ruri mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi haravugwa abanyeshuri babiri baherutse gufungwa bakurikiranyweho ibyo abanyamategeko bita ‘ubwinjiracyaha mu cyaha’ cyo kuroga bagenzi babo.

Babazizaga ko bakundaga kubaserereza mu bandi, bakabannyega.

Abakurikiranyweho icyo cyaha(tutavuga amazina) ni abanyeshuri bigaga mu mwaka wa Gatandatu kandi bombi ni abakobwa.

Umwe afite imyaka 19 y’amavuko undi akagira imyaka 21 .

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Bafashwe tariki 24, Mutarama, 2025 bajya gufungirwa kuri Station ya RIB iri ahitwa Kampembe kugira ngo bakorerwe idosiye bashyikirizwe ubushinjacyaha.

Amakuru avuga ko abo bakobwa bashyize mu biryo bya bagenzi babo umuti wica imbeba kandi uyu muti ni uburozi bwica n’abantu.

Ubwo bageraga ku mafunguro ngo barye, uwo bivugwa ko bashakaga guhitana baje kumva ibiryo binukamo umuti wica imbeba, bibatera ubwoba barabivuga.

Abakekwaho ubwo bugizi bwa nabi barafashwe kandi amakuru avuga ko bemeye ko ari bo babikoze nkana.

Kuba byarakozwe n’abantu wavuga ko bakiri bato bituma bigira umwihariko.

- Advertisement -

Umuvugizi w’Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha Dr. Thierry B. Murangira yabwiye Taarifa Rwanda ko ari byo, ko koko abo banyeshuri bafashwe bakekwaho icyaha kivugwa muri iyi nkuru.

Murangira ati: “Nibyo koko hari abanyeshuri bafunzwe bazira kugerageza kuroga bagenzi babo. Ni case isa nk’aho yihariye kubera ko abakekwa kuroga bagenzi babo ari abana. Mu ibazwa ryabo barabyemera bakavuga n’impamvu yabibateye”.

Icyakora Umuvugizi wa RIB avuga ko nta mpamvu iyo ari yo yose yatuma hagira umuntu uroga mugenzi we.

Ibiryo byarozwe byajyanywe ahantu ngo bipimwe harebwe uburozi bubirimo ubwo ari bwo.

Dr. Thierry B.Murangira agira abantu inama yo kugira ubworoherane.

Ati: “Ubutumwa burimo ni uko RIB isaba abantu kujya bagirirana ubworoherane, igihe cyose hari ugize ubwumvikane bucye na mugenzi we, ajye yitabaza inzego Leta iba yarashyizeho kuko gushaka kwihorera bihanwa n’amategeko.”

Amategeko avuga ko ubwinjiracyaha ari icyaha gihanwa n’ingingo ya 21 y’Itegeko No 68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.

Kuroga nabyo ni icyaha giteganywa kandi gihanwa n’ingingo ya 110 y’Itegeko No68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, byombi bigahanishwa igifungo cya burundu iyo bihamye ubiregwa byemejwe n’urukiko.

Abanyamategeko bavuga ko ubwinjiracyaha ari igihe uwakoze icyaha atageze ku ntego ye, icyari kigambiriwe ntikigerweho kandi bikaba bitamuturutseho.

Impamvu nyoroshyacyaha zo zishobora gusuzumwa n’umucamanza, akaba yaziheraho agabanyirira igihano uregwa.

TAGGED:AbanyeshuriAmashuriMurangiraRIBRusiziUburozi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article DRC Yasabye Abadipolomate Bayo Bose Baba Mu Rwanda Gutaha
Next Article Radio-Television Ya Congo i Goma Yafashwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Amerika: Abanyarwandakazi Bo Muri RDF Barangije Amasomo Y’Ubukanishi

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbutabera

Kigali: Mu Minsi 10 Polisi Imaze Gufata Ibilo 50 By’Urumogi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Umuyobozi Mukuru Wa Croix Rouge Ku Rwego Rw’Isi Yasuye u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?