Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rusizi: Imibiri 1199 Niyo Yabonetse Mu Isambu Ya Paruwasi ya Mibirizi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Rusizi: Imibiri 1199 Niyo Yabonetse Mu Isambu Ya Paruwasi ya Mibirizi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 13 May 2023 10:12 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Murenge wa Gashonga w’Akarere ka Rusizi hamaze gutabururwa imibiri 1199 y’Abatutsi biciwe kuri Paruwasi ya Mibirizi mu mwaka wa 1994 ubwo Jenoside yakorerwaga muri kariya gace.

Gushakisha iriya mibiri byatangiye taliki 23, Werurwe, 2023, bikaba bigikomeje.

Inzego zibishinzwe zirimo na IBUKA mu Karere ka Rusizi zanzuye ko imibiri yamaze kuboneka kugeza ubu, igomba gushyungurwa bitarenze taliki 27, Gicurasi, 2023, ikazashyingurwa mu rwibutso rwa Mibirizi.

Perezida wa IBUKA muri Rusizi witwa Utamuriza Vestine yabwiye itangazamakuru ko iriya mibiri nirangiza gushyingurwa, hazakomeza ibikorwa byo gushakisha indi kuko hashobora kuba hari itaraboneka.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ati: “Icyemezo cyo gushyingura cyafashwe ku munsi w’ejo (ku wa Kane) mu Nama twakoze n’ihuriro rya Mibirizi, IBUKA, inzego z’umutekano n’ubuyobozi bw’Akarere, dusanga gushyingura byaba ku wa 27, Gicurasi, 2023”.

Icyo gihe hazaba ari ku wa Gatandatu.

Imirimo yo gushakisha iriya mibiri iri gukorerwa mu Mudugudu wa Mibirizi, Akagari ka Karemereye, Umurenge wa Gashonga muri Rusizi.

Urwibutso rwa Mibirizi rusanzwe rushyinguyemo imibiri 13,082 y’Abatutsi bishwe muri Jenoside mu 1994, yavanywe mu bice bitandukanye by’aka Karere kahoze mu kitwaga Perefegitura ya Cyangugu.

TAGGED:AbatutsifeaturedImibiriJenosidePerefegituraRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Afurika Y’Epfo Irashaka Kumvana Imitsi N’Amerika
Next Article Uruhare Rw’Ingabo Z’u Rwanda Mu Ireme Ry’Uburezi Bwa Centrafrique
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Uganda: 13 Baguye Mu Mpanuka Bavuye Mu Bukwe

Ubutumwa Bwa IBUKA Bwamagana Iyicwa Rya Nyirangirinshuti

Nyarugenge: Imodoka Ya WASAC Yibwe

Hari Kwigwa Uko Ibiganiro Bya EAC Byahuzwa N’Ibya SADC

Joe Biden Arembejwe Na Cancer Ifata Ubugabo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rutsiro:Indwara Ya Muryamo Iri Mu Ngurube Iraterwa N’Iki?

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Amajyaruguru: Abana 22,000 Bataye Ishuri

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Nyamasheke: Umukecuru Warokotse Jenoside Yishwe Atemwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

BNR Mu Ngamba Zo Kurushaho Guteza Imbere Ikoranabuhanga Mu Kwishyurana

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Aratangira Inshingano Ze Ku Mugaragaro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?