Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rutsiro: Hubatswe Ibitaro Bizunganira Ibya Murunda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Rutsiro: Hubatswe Ibitaro Bizunganira Ibya Murunda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 September 2025 10:22 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Murenge wa Boneza mu Karere ka Rutsiro hubatswe ibitaro bise Kivu Hills Medical Center bikorana n’abaganga bo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Ababyubatse bavuga ko bizafasha mu gutanga ubuvuzi bugezweho, bikaba byaruzuye kuri Miliyari Frw 4.

Bizaba bifite abaganga b’inzobere n’ibikoresho bigezweho, bikazatangirwamo ubuvuzi bw’amaso, indwara zo mu mutwe, ubugorozi bw’ingingo, ubuvuzi bw’amaso, ubw’amenyo, indwara z’abagore n’abana, kubyaza no kubaga.

Umuyobozi w’Umuryango Arise Rwanda Ministries yubatse ibi bitaro, John Gasangwa, avuga ko serivisi zizahabwa abarwayi zizaba ziri ku rwego rwo hejuru.

Ai: “Dufite amahirwe yo kugira abaganga b’inzobere, abahanga mu buvuzi bafite ubushobozi n’ubumenyi bwo gusuzuma no kuvura indwara zitandukanye.”

Kivu Hills Medical Center izifashisha ibikoresho bigezweho na laboratwari itanga ibisubizo byizewe mu gusuzuma no gukurikirana abarwayi.

Bifite ubushobozi bwo gucumbikira mu bitaro abarwayi 75 bafite ibitanda kandi bikakira abantu 100 ku munsi.

Uretse imbangukiragutabara, bizaba bifite

n’ubwato mu Kiyaga cya Kivu buzifashishwa mu gihe umurwayi ukeneye gufashwa byihutirwa ari i Rubavu cyangwa i Karongi.

Gasangwa yatangaje ko ibitaro Kivu Hills Medical Center ari igihamya cy’uko ubuvuzi bugezweho bwahuzwa ko kubungabunga ibidukikije.

Abishingira k’uburyo ibyo bitaro byubatswe.

Ku gisenge cy’inyubako hashyizweho ‘panneaux solaires’ nini, hagamijwe ko ibi bitaro bizajya bikoresha amashanyarazi yose aturuka ku mirasire y’izuba.

Bifite kandi n’uburyo bwo gucunga imyanda iva kwa muganga, hagamijwe ko ubutaka n’amazi y’ikiyaga cya Kivu biguma bisukuye.

Ahazengurutse inyubako hatewe ibiti n’indabo, bitanga umwuka mwiza, igicucu, n’ahantu abarwayi n’imiryango yabo bazajya babonera ihumure.

Gasangwa ati: “Twashakaga ko ibi bitaro bitaba gusa ahavurirwa indwara, ahubwo haba ahakorerwa ibikorwa byo kurengera ibidukikije. Ni urugo rw’ubuzima bw’abantu n’ibinyabuzima byose.”

Yongeraho ko ari ibitaro by’abantu bose kuko n’abivuriza kuri Mutuelle bazajya banyuzwa mu cyuma bagasuzumwa n’abaganga bari muri Amerika hakoreshejwe ikoranabuhanga rya Telemedicine.

Gasangwa ashimira Umunyamerikakazi Babra Curver wamufashije kubaka ibi bitaro, bigiye kunganira ibitaro bya Murunda biri ku ntera ya Kilometero 25 uvuye i Boneza.

TAGGED:AbaturageAmerikaBonezaIbitaroRutsiro
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ubwongereza Buratangaza Ko Bwemeye Palestine Nka Leta Yuzuye 
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rutsiro: Hubatswe Ibitaro Bizunganira Ibya Murunda

Ubwongereza Buratangaza Ko Bwemeye Palestine Nka Leta Yuzuye 

Volleyball: U Rwanda rwaserewe Muri 1/4 Cy’Igikombe Cy’ Afurika

Gisèle Umuhuza Yasimbuwe Na Canoth Manishimwe Muri MININFRA

Ariel Wayz Na Babo Bajyanywe Mu Kigo Ngororamuco

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Ese Icyemezo Cya Leta Cyahombeje Abacuruzi Bagafunga Cyavugururwa?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Abaturage 354,000 Bagiye Guhabwa Amazi Meza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Ingabo Z’u Rwanda Zasinyanye N’Iz’Ubushinwa Amasezerano Y’Ubufatanye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ubukungu Bw’u Rwanda Bwazamutseho 7.8%-MINECOFIN

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?