Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rutsiro:Indwara Ya Muryamo Iri Mu Ngurube Iraterwa N’Iki?
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbukungu

Rutsiro:Indwara Ya Muryamo Iri Mu Ngurube Iraterwa N’Iki?

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 16 May 2025 2:59 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Ingurube ni itungo rizagira akamaro mu kwihaza ku ntungamubiri
SHARE

Mu Mirenge y’Akarere ka Rutsiro habaruwe ingurube zirwaye indwara iterwa n’agakoko ka bacteria Abanyarwanda bise ‘Muryamo’.

Utwo dukoko iyo tugeze mu rwungano rw’igogora mu nda y’itungo tugatuma ingurube icika intege, ntishobore kurya, ikananuka, yaba idatabawe bikayikururira urupfu.

Abahanga bavuga ko Muryamo ari indwara yandura, ikwirakwizwa n’ibinyabuzima runaka( abantu, amatungo, isazi…) kandi ikandura ku muvuduko munini.

Umworozi w’ingurube akayobora n’Ihuriro nyarwanda ry’aborozi b’ingurube mu Rwanda Jean Claude Shirimpumu avuga ko aho iyo ndwara ibera mbi ari uko yandura vuba kandi amatungo yafashwe yose akananirwa kweguka, ari naho hava izina ‘Muryamo’.

Ati: “ Kimwe mu byerekana ko ingurube yafashwe n’iyi ndwara ni uko iremba mu gihe gito cyane, igacika intege kandi aho yageze ingurube zipfa ari nyinshi”.

Shirimpumu Jean Claude

Shirimpumu avuga ko nubwo iyo ndwara ikomeye kuri urwo rwego, ku rundi ruhande ishobora kwirindwa igihe cyose umworozi yitwararitse, amatungo ye ntagire aho ahurira n’abantu cyangwa izindi nyamaswa.

Gukingira amatungo kandi byafasha mu kurinda ko zandura.

Ahantu h’ingenzi hakwiye kwitabwaho mu kurinda ingurube iyo ndwara ni mubyo zigaburirwa, aborozi bakirinda kuziha ibiribwa byanduye bitwaje ko ari indyabyose.

Indi nama ihabwa aborozi b’ingurube ni ugukorana n’abaganga b’amatungo, bakabaha inama zo kuyitaho haba mu rwego rwo kuyaha imiti no kuyagaburira mu buryo buboneye.

Abifuza korora ingurube bagirwa inama yo kujya muri ubwo bworozi babanje kugisha inama bakamenya uko ayo matungo yitabwaho, aho kubikora ngo ni uko na runaka yabikoze.

Hagati aho guhera kuri uyu wa 15, Gicurasi, 2025, mu Murenge wa Kivumu, Akarere ka Rutsiro mu Ntara y’Uburengerazuba, hatangirijwe ku rwego rw’igihugu ubukangurambaga bwo kumenyekanisha gahunda yo gukingira ingurube indwara ya Muryamo.

Gukingira aya matungo byatangiriye mu Murenge wa Kivumu.

Muri Rutsiro hazakingirwa ingurube zisaga 5.000 k’ubufatanye bw’Ikigo cy’igihugu gishinzwe Iterambere ry’Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB) n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Iterambere ry’Ubuhinzi n’Ubworozi (FAO).

Umuyobozi ushinzwe Ishami ry’ubworozi muri RAB, Dr. Ndayisenga Fabrice, avuga ko ingurube ziri muri gahunda y’amatungo Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi ishishikariza Abanyarwanda korora kugira ngo bivane mu bukene hazamurwe n’ingano y’inyama zikenerwa mu gihugu.

Indwara ya Muryamo yica ingurube 15,000 mu Rwanda kandi buri mwaka nk’uko Dr.Ndayisenga abyemeza bikadindiza, mu rugero runaka, iterambere ry’igihugu.

TAGGED:featuredIndwaraIngurubeMuryangoRutsiro
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Burundi: Umudepite Yakubiswe
Next Article Hatangajwe Ifoto Yemewe Ya Papa Lewo XIV
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abayobozi Mu Burayi Bitabye Trump

Ufite Inkomoko Mu Rwanda Agiye Guhatanira Kuba Miss Uganda

Twiyumva Muri Siyanse Kurusha Mbere-Umunyeshuri Wa KIST

Abasirikare 100,000 Ba Israel Biteguye Gutangira Ibitero Bishya Muri Gaza

Qatar Mu Bufatanye N’u Rwanda Mu Gukora Imiti

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Umuti Meya Wa Muhanga Aha Ibibazo Biri Mu Ngo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

DRC Yarakajwe N’Uko Kenya Yagennye Uyihagarariye i Goma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Uko Umukino Wa APR Na Dynamos Wagenze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzimaUmutekano

Burera Ikomeje Kuba Icyambu Kinini Cy’ Ibiyobyabwenge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?