Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rwamagana: Ubushera Bwateye Abaturage 53 Kujyanwa Kwa Muganga
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Rwamagana: Ubushera Bwateye Abaturage 53 Kujyanwa Kwa Muganga

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 20 July 2023 6:43 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Murenge wa Munyaga mu Karere ka Rwamagana haraye havugwa inkuru y’abaturage 53 bajyanywe ku kigo nderabuzima cya Munyaga nyuma yo kunywa ubushera bukabazonga mu nda.

Ubushera ni ikinyobwa gukorwa mu masaka y’amamera ariko kidasembuye.

Iyo icyo kinyobwa gisembuwe kitwa ikigage n’aho ikigage kiriwe, cyatangiye gutakaza ubukana bakita umusururu.

Bamwe mu banyweye buriya bushera batangiye kugubwa nabi ku wa 18, Nyakanga, 2023.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Batangiye kuribwa mu nda ndetse no gucibwamo bya hato na hato.

Bari babunyweye ku Cyumweru ubwo bari bitabiriye ubukwe bw’umuturanyi wabo nk’uko Kigali Today yabyanditse.

Uwo muturanyi wabo yari yagiye kwirega kwa Sebukwe.

Uyu mugabo wari wagiye kwikiranura n’iwabo w’umugore we avuga ko bishoboka cyane ko hari umuntu waba waracunze abari bashinzwe ikigega agahumanya kiriya kinyobwa kidasembuye.

Ngo hari uwo bakeka ariko ntamuvuga amazina.

- Advertisement -

Ati “Turi gukeka ko haje umuntu agaca mu rihumye abari ku kigega agahumanya ubushera kuko abanyoye ibindi bitari ubushera ntacyo babaye.”

Umwe mu babunyoye yavuze ko yafashwe aribwa mu nda ndetse akanacibwamo.

Ati “Twaje hano ku Cyumweru hari habaye ubukwe baduha ubushera turanywa ariko byageze ku wa kabiri ku mugoroba numva umutwe utangiye kundya nkagira ngo n’ibisanzwe ariko mu nda naho hatangiye kundya ndetse mfatwa no gucibwamo nibwo batubwiye ko tugomba kujya kwa muganga bakatuvura.”

Nta burozi bwashyizwemo…

Umuyobozi w’Akarere ka Rwamagana, Mbonyumuvunyi Radjab yabwiye itangazamakuru ko iby’uko buriya bushera bwarozwe, atari byo, ahubwo ko umwanda bwashigishanywe ari wo wanduje abaturage.

Umuyobozi w’Akarere ka Rwamagana, Mbonyumuvunyi Radjab

Mbonyumuvunyi ati: “Abaturage 53 nibo bagizweho ingaruka n’ubushera banyoye bugatuma barwara. Abahuye n’ikibazo bamwe muri bo barimo kwitabwaho n’abaganga, twabasuye dusanga barimo koroherwa ndetse harimo abatashye bamaze gukira.”

Asaba abaturage kwita ku isuku mu gihe bagiye gushigisha ubushera n’ikigage.

Kubera ko amasaka yeze kandi mu cyaro imiryango ikaba iri gushyingira, ibinyobwa biri guhabwa abashyitsi ntibiburamo ikigage n’ubushera.

Ibi binyobwa gakondo iyo bitateguwe neza bishobora kuba intandaro y’indwara zo mu nda.

TAGGED:AbaturagefeaturedMbonyumuvunyiRwamaganaUbukweUbushera
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umuyobozi Wa Sena Y’Uburundi Yishimiye Uko Bubanye N’u Rwanda
Next Article U Rwanda Rwongeye Kwibutsa DRC Ko Kurinda Imbibi Zarwo Ari Inshingano
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?