Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rwamucyo Yakatiwe Gufungwa Imyaka 27 Biteza Imidugararo Mu Rukiko
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbutabera

Rwamucyo Yakatiwe Gufungwa Imyaka 27 Biteza Imidugararo Mu Rukiko

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 31 October 2024 8:10 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Urukiko rw’i Paris mu Bufaransa rwanzuye ko Dr.Eugène Rwamucyo afungwa imyaka 27 nyuma yo kumuhamya kugira uruhare muri Jenoside.

Nyuma yo gukatirwa, abaje kumushyigikira bagaragaje uburakari rurangiye-barimo na Padiri Nahimana Thomas, n’aho abaje gushyigikira abamureze bagaragaza ibyishimo ku buryo hari hagiye kwaduka ubushyamirane Polisi igatabara.

Dr. Rwamucyo abaye umuntu wa munani Ubufaransa buburanishije kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa  1994.

Abatutsi ni bo bari bagambiriwe hamwe n’Abahutu batari bashyigikiye ubwicanyi.

Rwamucyo ukomoka mucyahoze ari Perefegitura ya Ruhengeri muri iki gihe afite imyaka 65 y’ubukure, akazarangiza igihano yahawe afite imyaka 92.

Yahoze ari umuganga ku bitaro bya Kaminuza y’u Rwanda i Butare (bizwi nka CHUB), urukiko rukaba rwamuhamije ibyaha birimo ubufatanyacyaha cya Ienoside, kubiba urwango rwangisha Abatutsi, ubufatanyacyaha mu byaha byibasiye inyoko muntu, no gufatanya mu gutegura ibyo byaha.

Icyakora rwamuhanaguyeho icyaha cyo gukora Jenoside, n’ibyaha byibasiye inyokomuntu.

Mbere yo kubwirwa uko umwanzuro w’urukiko uhagaze, Rwamucyo yahawe umwanya wo kugira icyo avuga, araterura yongera kwemeza ko ari umwere.

Ati: “Ndabahamiriza ko ntigeze ntegeka kwica abarokotse [babaga bazanywe mu bitaro ari inkomere] cyangwa ngo nemere ko bicwa”.

Umucamanza we yavuze ko nta bimenyetso bifatika bihamya ko Rwamucyo ubwe yakoze ubwicanyi cyangwa iyicarubozo.

Gusa mu gusoza yavuze ko Rwamucyo adashobora “gucika uruhare rwe” kuko “umuntu ashobora kwicisha amagambo”.

Nyuma y’umwanzuro w’urukiko, Maître Philippe Meilhac wunganira Eugène Rwamucyo yavuze ko urubanza umukiliya we aciriwe “ntirukwiye kuba urubanza rw’amateka nk’uko rwagombaga kuba” kandi ko “guhera ejo [ku wa kane]” batangira kujurira.

Abatangabuhamya bashinja bamureze ko yagize uruhare mu kwica abarwayi babaga bakomeretse, no gufasha kubahamba mu mva rusange “mu mugambi wo gusibanganya ikimenyetso cya Jenoside” nk’uko umushinjacyaha yabivuze asubiramo aamagambo y’abatangabuhamya.

BBC yanditse ko abamwunganira bavuze ko Rwamucyo ari kuregwa kubera ko atavuga rumwe n’ubutegetsi buriho mu Rwanda.

Bavuze kandi ko uruhare rwe mu guhamba imirambo mu mva rusange rwari rugamije kugerageza kwirinda “indwara z’ibyorezo” zari kuva ku kurekera imirambo hanze.

Mu gihe isomwa ry’uru rubanza ryagombaga gutangira saa kumi n’ebyiri z’umugoroba i Paris, ryatangiye saa mbiri n’iminota 40 z’ijoro, kandi bagiye gufungura icyumba cy’urukiko hari abantu bamaze amasaha atanu bahageze. Abinjiye buri wese yabanje gusakwa n’abapolisi.

Umucamanza amaze gutangaza ko uregwa ahamijwe ibyaha kandi akatiwe gufungwa imyaka 27, Rwamucyo nta kababaro yagaragaje, yazamuye igipfunsi – ubusanzwe nk’ikimenyetso cy’intsinzi cyangwa gukomera – mbere y’uko abapolisi bamutwara ngo ajye gufungwa.

TAGGED:featuredGerezaRwamucyo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Tshisekedi Aragenzwa N’Iki Muri Uganda?
Next Article Miss Muheto Na Fatakumavuta Bageze Mu Rukiko
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Ibanga Kepler Yakoresheje Ngo Ihagarare Neza Muri Basket Y’Abagore

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Kwitabira Gufata Irangamimerere Byitabirwe Na Buri Wese- MINALOC 

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Trump Arashaka Kwicaranya Putin Na Zelensky

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ibiza KamereMu RwandaUmutekano

Inkuba Zishe Bane Muri Batanu Bishwe N’Ibiza-MINEMA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Abayobozi Mu Burayi Bitabye Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?