Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rwanda: Abana Bafite Munsi Y’Imyaka 7 Bagiye Gukingirwa Imbasa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Rwanda: Abana Bafite Munsi Y’Imyaka 7 Bagiye Gukingirwa Imbasa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 23 July 2023 8:22 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Guverinoma y’u Rwanda igiye gutangira gukingira abana bafite munsi y’imyaka irindwi(7) y’amavuko. Ni gahunda izatangira kuri uyu wa Mbere taliki 24 ikazageza taliki 28, Nyakanga, 2023.

Leta y’u Rwanda yahisemo gutangiza iyi gahunda mu rwego rwo kurinda abana bayo kuzandura iyi ndwara ivugwa mu bihugu biruturiye.

Hari hashize imyaka 30 iyi ndwara itavugwa mu Rwanda kubera ko umwana wa nyuma wayanduye yagaragaye mu Rwanda mu mwaka wa 1993.

Mu mwaka wa 2015 Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe ubuzima, OMS/WHO, ryatangaje ko iyi ndwara yacitse burundu ku isi.

Icyakora umwe mu bahanga mu by’ubuzima witwa Dr. Rosette Nahimana avuga ko bidatinze hari aho iyi ndwara yagaragaye bityo u Rwanda rusanga ari ngombwa gukingira abana barwo bafite munsi y’imyaka irindwi.

Igararaga bwa nyuma mu Rwanda hari muri Perefegitura ya Cyangugu ubu ni mu Karere ka Nyamasheke na Rusizi.

Abahanga mu by’ubuzima bavuga ko abana bari munsi y’imyaka irindwi nta budahangarwa baba bafire byo guhangana n’iriya ndwara.

Icyakora abahanga mu by’ubuzima mu Rwanda bavuga ko abana bose bazakingirwa niyo baba barwariye kwa muganga bazahabwa ibitonyanga icyangombwa kikaba ari uko bashobora kumira.

Virusi itera inbasa yandurira mu kanwa kuko iterwa n’umwanda winjiirira mu kanwa umwana yariye, yanyonye cyangwa yatamiye.

Yangiza imyakura ifata amaguru cyangwa amaboko kandi ishobora guhitana umwana.

Ikibazo gikomeye ni uko iyo idahitanye umwana yafashe, imumugaza burundu.

TAGGED:AbanafeaturedGukingiraImbasaUrukingo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Uwagizwe Umutware W’Abakono Yasabye Imbabazi FPR-Inkotanyi
Next Article Musanze: Avuga Ko Abaje Kuzimya Inzu Ye Basize Bamwibye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Umukinnyi Ukomeye Wa Kepler WBBC Yaguzwe Na REG WBBC

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Umuhuza Wa Afurika Yunze Ubumwe Mu Kibazo Cy’u Rwanda Na DRC Ari i Kigali

Mobicash Yabaye Ihagaritswe 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

‘Board Of Peace’ Ya Trump Ni Iki?

Burundi: Haravugwa Guhangana Hagati Ya Ndayishimiye N’Umunyamabanga  Wa CNDD-FDD

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

U Rwanda Rurashaka Ko Ubwongereza Buruha Amafaranga Yarwo Yose

Kigali: Umusore Yishe Mugenzi We Amuziza Umukobwa

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Inama Y’Igihugu Y’Umushyikirano Iragarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeUbumenyi Rusange

Mu Isanzure Haba Inyenyeri Zingahe?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?