Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rwanda: Abashinzwe Umutekano Bari Guhugurwa K’Ukwita Ku Mbunda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Rwanda: Abashinzwe Umutekano Bari Guhugurwa K’Ukwita Ku Mbunda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 06 June 2023 8:13 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ingabo z’u Rwanda, abapolisi n’abacungagereza bari guhugurwa uko bakomeza kwita ku mbunda. Ni amahugurwa ari kubera mu kigo cya Polisi kiri mu Murenge wa Gishari mu Karere ka Rwamagana.

Azamara iminsi itanu akaba ajyanye no gucunga umutekano no kugenzura ububiko bw’intwaro nto n’amasasu.

Ubwo yatangizaga aya mahugurwa ku mugaragaro Commissioner of Police (CP) Bruce Munyambo, mu izina ry’ubuyobozi bukuru bwa Polisi, yavuze ko agamije  kuzafasha abayitabiriye kumenya uko barwanya  ikwirakwizwa ry’intwaro muri rusange n’intwaro nto by’umwihariko.

CP Munyambo ati: “Iyo imbunda ntoya zamaze gukwirakwizwa hirya no hino bigira ingaruka ku miyoborere y’igihugu no ku mutekano w’abaturage kuko biteza amakimbirane n’imirwano ya hato na hato ikoresheje imbunda.”

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Yongeyeho ko nta terambere rishobora kugerwaho haba mu baturage ndetse n’igihugu muri rusange mu gihe nta mahoro n’umutekano biharangwa.

Munyambo avuga ko inzira imwe yo kugera ku mahoro, umutekano n’iterambere birambye ari uko hagenzurwa intwaro nto ziri mu baturage.

Iryo genzura rituma hamenyekana mu buryo bufatika aho imbunda ziri, amazina n’akazi k’abazifite bityo kuzigenzura bikoroha.

CP Munyambo avuga ko bituma hari ibyaha bikumirwa; bikaba birimo iterabwoba, ubujura bw’amatungo n’ibindi byaha by’ubugome.

Avuga ko mu rwego rwo gushyigikira izo ngamba, Polisi y’u Rwanda yashatse  ubutaka bwo kubakaho ikigo kizajya gitangirwamo amahugurwa yo kongerera ubumenyi n’ubushobozi abapolisi mu bijyanye no kwita ku ntwaro muri rusange.

- Advertisement -

Yashishikarije abitabiriye amahugurwa kuyaha agaciro kugira ngo azabafashe mu kazi kabo ka buri munsi.

Ni amahugurwa yateguwe ku bufatanye n’ikigo cyo mu karere gishinzwe kugenzura intwaro nto n’amasasu (RECSA) akaba yaritabiriwe n’abantu  24 baturutse mu nzego zitandukanye zirimo Polisi y’u Rwanda, ingabo z’u Rwanda (RDF) no mu rwego rw’igihugu rw’igorora (RCS).

ACP Damas Gatare, umuyobozi ushinzwe ibikorwa n’igenamigambi muri kiriya kigo avuga ariya mahugurwa  ari muri gahunda yo gushyira mu bikorwa amasezerano y’i Nairobi.

Ni amasezerano  yo guteza imbere ubushobozi bw’inzego zishinzwe kubahiriza amategeko n’iz’umutekano hagamije gutuma abaturage batekana kandi mu buryo burambye.

ACP Gatare ati:  “Aya mahugurwa ni ingenzi kuko atoza abakozi b’ikigo nkorera mu bihugu bitandukanye uburyo bwo gucunga ububiko bw’intwaro, uko zikoreshwa n’ibikorwaremezo byifashishwa kandi akabafasha gushyiraho no kuvugurura ingamba zo kugenzura umutekano w’ububiko bwazo”.

Amahugurwa yo kugenzura umutekano no kubika neza intwaro n’amasasu yuzuzanya n’andi masomo atandukanye abanza gutangirwa mu kigo cya Polisi cy’amahugurwa.

Ayo masomo  arimo  gukoresha no gusana imashini yifashishwa mu gushyira nimero ku mbunda, kurinda umutekano no kugenzura ububiko bw’intwaro n’amasasu n’ibindi.

Ifoto rusange: Imbere( uturutse ibumoso) ACP Damas Gatare, CP Munyambo na ACP Mushayija, umuyobozi wungirije w’ishuri rya Polisi rya Gishari.
TAGGED:AmahugurwafeaturedGatareImbundaIngaboMunyamboPolisiRDF
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Ruri Kwitegura Kwakira Inama Ya UN
Next Article Gen Juvénal Marizamunda Yagizwe Minisitiri W’Ingabo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?