Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rwanda: Airtel Yabaye Iya Mbere Mu Kuzana 4G Yayo Bwite
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ikoranabuhanga

Rwanda: Airtel Yabaye Iya Mbere Mu Kuzana 4G Yayo Bwite

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 July 2023 7:30 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubuyobozi bwa Airtel Rwanda bwatangije murandasi  y’igisekuru cya kane( Fourth Generation, 4G). Ni murandasi yakozwe na  Airtel-Rwanda ubwayo,  ikazahabwa abantu bose ku giciro bari basanzwe baguriraho murandasi y’igisekuru cya 3: 3G.

Umuyobozi wa Airtel Rwanda Emmanuel Hammez avuga ko kuba Airtel Rwanda ari yo ibaye iya mbere izanye iriya murandasi ari icyerekana ko ihagaze neza ku isoko ry’itumanaho n’ikoranabuhanga mu Rwanda.

Avuga ko iriya murandasi izafasha abantu b’ingeri zose gukora akazi kabo mu buryo bwihuse kubera ko ifite umuvuduko uruta inshuro 10 uwa murandasi y’igisekuru cya gatatu( 3G).

Ifite umuvuduko wa megabytes 100 ku isogonda.

Abashaka murandasi yihuta kugira ngo bakore akazi kabo ngo bazungukira mu gukoresha iy’igisekuru cya kane yazanywe na Airtel Rwanda.

Hammez ati: “ Dushyiraho iyi murandasi twari tugamije gushyira ku isoko ry’u Rwanda murandasi yihuta kandi ihendutse. Igiciro waguriragaho iya 3G nicyo uzakomeza kuguriraho iya 4G.”

Ku byerekeye umuvuduko muto mu bice byitaruye umujyi, Emmanuel Hammez yavuze ko ikigo ayoboye kiri gukorana na Leta ngo harebwe uko hakongerwa iminara mu bice bifite imisozi ihanamye.

Icyakora ngo bisaba andi mikoro.

Abanyarwanda barasabwa gukoresha iyi murandasi kuko ari bo igenewe

Ashima Guverinoma y’u Rwanda uruhare igira mu guteza imbere itumanaho muri rusange ndetse n’ikoreshwa rya murandasi muri rusange.

Emmanuel Hammez asaba abakiliya ba Airtel n’abandi bashaka kuyigana kwegera aho iki kigo gikorera bakerekwa uko batangira gukoresha iriya murandasi yihuta kurusha izindi ziri mu Rwanda kugeza ubu.

Ikindi ni uko abari basanzwe bakoresha serivisi ya Ubuntu Packs ya Airtel bazoroherwa no gutangira gukoresha iriya murandasi binyuze mu kuyihuza na serivisi iri muri telefoni yabo yitwa LTE.

Nyuma yo kujya ku murongo ukoresha 4G, abakiliya bazajya bareba na televiziyo zikoresha murandasi, barebe filimi kuri Netflix ndetse bakoreshe na Airtel TV.

Ibi kandi biri mu murongo wa Guverinoma y’u Rwanda wo gukwiza murandasi henshi mu gihugu.

Airtel Rwanda ni ishami ry’umuryango mugari wa Airtel Africa.

Iki kigo gikorera mu bihugu 14 byiganjemo ibyo mu Burasirazuba bw’Afurika, abo muri Afurika yo Hagati ndetse n’iyo mu Burengerazuba.

Ni murandasi ifite imbaraga zituma umuntu areba filimi cyangwa imikino ku giciro kimunogeye
Emmanuel Hammez uyobora Airtel Rwanda
Jean Claude Gaga uyobora Airtel Money
Abakozi ba Airtel bari baje kumva uko serivise batangije mu Rwanda igiye kumurikwa ku mugaragaro
Umunyamakuru John Gakuba abaza ikibazo
TAGGED:AirtelEmmanuel HammezfeaturedGuverinomaItumanahoRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ngororero: Arashakishwa Kubera Kwica Murumuna We
Next Article U Rwanda Na Congo Brazzaville Mu Bufatanye Mu Iterambere Ry’Afurika
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Nick Ngendahayo Ari Gutegura Igitaramo Kirangiza Umwaka Kizabera I Kigali 

Perezida Wa Madagascar Yuhunze Igihugu 

Netanyahu Ati: ‘Abanzi Bacu Bamenye Ko Tutujya Twibagirwa’

U Rwanda Rugiye Kubaka Icyanya Cy’Inganda Kizatunganya Impu

Inzitizi Abo Muri DRC Babona Mu Kwambura FDLR Intwaro

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Ingingo Z’Ingutu Zitegereje Trump Mu Kumvikanisha Hamas Na Israel 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Abakozi Ba RBC Bafunzwe Bazira Ruswa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Abanya Israel Ba Mbere Batwawe Na Hamas Barekuwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Israel: Baritegura Kwakira Trump Nk’Umwami

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?