Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rwanda: Bakoze ‘Software’ Izafasha Umubyeyi Gukurikirana Imyigire Y’Umwana
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Rwanda: Bakoze ‘Software’ Izafasha Umubyeyi Gukurikirana Imyigire Y’Umwana

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 17 February 2023 5:24 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Vladmir Yann Bajeneza na bagenzi be bahurije mu cyo bise Tek Afrika Ltd bateguye ikoranabuhanga rikoresha uburyo bise School Box avuga ko bakoze uriya mushinga nyuma yo kubona ko hari ababyeyi bahora bahuze k’uburyo gusura abana ngo bamenye imyitwarire yabo bibagora.

Avuga ko ubwo yigaga mu Buhinde yabonye ko hari uburyo bwo gucunga imyigire y’abanyeshuri barenga 130, 000 bikozwe mu  buryo bw’ikoranabuhaga, ababyeyi bakajya bamenya uko abanyeshuri babo bahagaze mu myigire.

Nyuma yo kubaka igitekerezo mu buryo bw’ikoranabunga bakigejeje ku kigo kitwa Soleil Lt cyabafasha kukigeza kure.

Iryo koranabuhanga ryubatswe k’uburyo ababyeyi, abayobozi b’ibigo ndetse n’abandi barebwa n’uburezi bashobora gusangira amakuru areba abana.

Muri iryo koranabuhanga harimo amasomo na ‘notes’ abana biga, imikoro bahabwa n’amanota bahabwa, harimo niba umwana runaka yarishyuye amafaranga yose y’ishuri, uburyo abarimu baganira n’abarezi uko umwenda uzishyurwa, harimo uko abanyeshuri batira bakanatarura ibitabo kandi harimo n’uburyo abana bahanwa bikamenyeshwa ababyeyi bitabaye ngombwa ko bahagamarwa ku ishuri

Ni uburyo kandi abarimu bashobora kwifashisha bigisha abana mu buryo bw’ikoranabuhanga binyuze ku mashusho, amajwi n’ibindi.

Bayisenge Yann Vladmir avuga ko iriya ‘system’ nitangira gukora izatuma abanyeshuri biga batiyishije kuko bazaba bazi ko ibyo bakora ababyeyi babo bazaba babizi.

Uwari uhagarariye ikigo cya Lycée de Kigali ahamurikiwe ririya koranabuhanga witwa Emmanuel Nshimyumuremyi avuga ko bishimiye ko ririya koranabuhanga rizafasha ababyeye kugira amakuru ahagije azaruma no gusura abana byiyongera.

Ati: “ Ababyeyi ntibazabuzwa gusura abana n’uko babona amakuru yabo ahubwo nizera ko nyua yo kuyabona bazajya babitabira gusura abana kenshi kugira ngo niba hari ikitagenda neza bagikosore hakiri kare.”

Yagiriye abakoze ririya koranabuhanga kuzibuka gushyiraho n’ahantu abana bagomba gushyira impamvu zatumye basiba( justification)  kandi n’abarimu bashgirirwaho aho bazajya bandika ibitabo batiye.

Taarifa yabajije uko igiciro kuri ibyo byose kizaba kimeze,  Vladmir Yann Bajeneza avuga ko ku mwaka wa mbere, ibigo runaka bishobora kuzahabwa ziriya serivisi ku buntu, ariko mu myaka izakurikiraho, hari amafaranga azatangira kwishyurwa.

Theogene Uwiragiye ushinzwe guhuza ibikorwa muri Soleil Ltd wari ugarariye Umuyobozi mukuru wayo Francois Xavier Uwitonze yavuze ko bazakomeza gutera inkunga imishinga ifitiye igihugu akamaro harimo n’iyo mu burezi.

Guverinoma y’u Rwanda isanzwe ifite gahunda yo guteza imbere ikoranabuhanga mu ngeri zose harimo n’uburezi by’umwihariko.

TAGGED:AbanaAmashurifeaturedMwarimu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Addis Ababa Habereye Indi Nama Ku Kibazo Cya DRC Na M23
Next Article Impunzi Zitahuke, Inyeshyamba Zive Aho Zafashe…Ibyemezo Bya EAC
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga K’Ubufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageUbuzima

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu Rwanda

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?