Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rwanda: Bakoze ‘Software’ Izafasha Umubyeyi Gukurikirana Imyigire Y’Umwana
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Rwanda: Bakoze ‘Software’ Izafasha Umubyeyi Gukurikirana Imyigire Y’Umwana

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 17 February 2023 5:24 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Vladmir Yann Bajeneza na bagenzi be bahurije mu cyo bise Tek Afrika Ltd bateguye ikoranabuhanga rikoresha uburyo bise School Box avuga ko bakoze uriya mushinga nyuma yo kubona ko hari ababyeyi bahora bahuze k’uburyo gusura abana ngo bamenye imyitwarire yabo bibagora.

Avuga ko ubwo yigaga mu Buhinde yabonye ko hari uburyo bwo gucunga imyigire y’abanyeshuri barenga 130, 000 bikozwe mu  buryo bw’ikoranabuhaga, ababyeyi bakajya bamenya uko abanyeshuri babo bahagaze mu myigire.

Nyuma yo kubaka igitekerezo mu buryo bw’ikoranabunga bakigejeje ku kigo kitwa Soleil Lt cyabafasha kukigeza kure.

Iryo koranabuhanga ryubatswe k’uburyo ababyeyi, abayobozi b’ibigo ndetse n’abandi barebwa n’uburezi bashobora gusangira amakuru areba abana.

Muri iryo koranabuhanga harimo amasomo na ‘notes’ abana biga, imikoro bahabwa n’amanota bahabwa, harimo niba umwana runaka yarishyuye amafaranga yose y’ishuri, uburyo abarimu baganira n’abarezi uko umwenda uzishyurwa, harimo uko abanyeshuri batira bakanatarura ibitabo kandi harimo n’uburyo abana bahanwa bikamenyeshwa ababyeyi bitabaye ngombwa ko bahagamarwa ku ishuri

Ni uburyo kandi abarimu bashobora kwifashisha bigisha abana mu buryo bw’ikoranabuhanga binyuze ku mashusho, amajwi n’ibindi.

Bayisenge Yann Vladmir avuga ko iriya ‘system’ nitangira gukora izatuma abanyeshuri biga batiyishije kuko bazaba bazi ko ibyo bakora ababyeyi babo bazaba babizi.

Uwari uhagarariye ikigo cya Lycée de Kigali ahamurikiwe ririya koranabuhanga witwa Emmanuel Nshimyumuremyi avuga ko bishimiye ko ririya koranabuhanga rizafasha ababyeye kugira amakuru ahagije azaruma no gusura abana byiyongera.

Ati: “ Ababyeyi ntibazabuzwa gusura abana n’uko babona amakuru yabo ahubwo nizera ko nyua yo kuyabona bazajya babitabira gusura abana kenshi kugira ngo niba hari ikitagenda neza bagikosore hakiri kare.”

Yagiriye abakoze ririya koranabuhanga kuzibuka gushyiraho n’ahantu abana bagomba gushyira impamvu zatumye basiba( justification)  kandi n’abarimu bashgirirwaho aho bazajya bandika ibitabo batiye.

Taarifa yabajije uko igiciro kuri ibyo byose kizaba kimeze,  Vladmir Yann Bajeneza avuga ko ku mwaka wa mbere, ibigo runaka bishobora kuzahabwa ziriya serivisi ku buntu, ariko mu myaka izakurikiraho, hari amafaranga azatangira kwishyurwa.

Theogene Uwiragiye ushinzwe guhuza ibikorwa muri Soleil Ltd wari ugarariye Umuyobozi mukuru wayo Francois Xavier Uwitonze yavuze ko bazakomeza gutera inkunga imishinga ifitiye igihugu akamaro harimo n’iyo mu burezi.

Guverinoma y’u Rwanda isanzwe ifite gahunda yo guteza imbere ikoranabuhanga mu ngeri zose harimo n’uburezi by’umwihariko.

TAGGED:AbanaAmashurifeaturedMwarimu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Addis Ababa Habereye Indi Nama Ku Kibazo Cya DRC Na M23
Next Article Impunzi Zitahuke, Inyeshyamba Zive Aho Zafashe…Ibyemezo Bya EAC
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DJ Toxxyk Yongeye Gutakambira Urukiko

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?