Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rwanda Day 2024 Izabera Mu Nzu Ifite Agaciro Ka Miliyoni $ 870
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Rwanda Day 2024 Izabera Mu Nzu Ifite Agaciro Ka Miliyoni $ 870

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 21 January 2024 8:27 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Iyo nzu ihenze ityo yitwa Gaylord National Resort & Convention Center iherereye ahitwa National Harbor muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Niyo izaberamo Rwanda Day iteganyijwe mu mataliki ya mbere ya Gashyantare, 2024.

Ni inama ihuza Abanyarwanda baba mu Rwanda na bagenzi babo baba mu mahanga ikaba iyoborwa na Perezida wa Repubulika.

Iyi nyubako iri mu nkengero z’umugezi witwa Potomac mu nkengero zawo kaba ari ho George  Washington wabaye Pereziza wa mbere w’Amerika yavukiye aranahapfira.

Gaylord National Resort & Convention Center iri mu bilometero 15 uvuye kuri Capitol, iyi ikaba ari Inteko Ishinga Amategeko ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Mu modoka hari urugendo ruri hagati y’iminota 17 n’iminota 22.

Iherereye kandi hafi y’Ibiro by’Umukuru w’igihugu kuko ari mu bilometero 17 birengaho gato, ahantu hakoreshwa iminota 20 ngo uhagere.

Hotel izaberamo Rwanda Day 2024 yahoze ari iy’ikigo kizobereye mu by’amahoteli kitwa Marriott International, ubu igenzurwa na Gaylord Hotels.

Muri Mata, 2008 nibwo yatangiye gukorerwamo inama, ihabwa amacumbi ndetse n’amaguriro.

Kuyubaka yose byatwaye Miliyoni $870

Ifite ibyumba 2000 abantu bararamo, ibyumba 95 by’inama ndetse n’ubuso bwa metero kare 49.929 bushobora gukoreshwa yakira inama.

Ifite uburiro burindwi kandi ikorerwamo n’abakozi 2,000.

Igeretse inshuro 19.

Mu mwaka wa 2011 abayobozi b’ishyaka ry’Aba Republicans bayokoreyemo inama ikomeye yatorewemo n’Umuyobozj w’iri shyaka risimburana n’irya Aba Democrats mu kuyobora Amerika.

Mu 2014, yakiriye Inama yo ku rwego rw’igihugu y’ishyirahamwe ry’abanyeshuri biga ikoranabuhanga.

Kuva mu mwaka wa  2012, yakira kandi iserukiramuco ryitwa MAGFest rihuza abakina imikino ikinwa hifashishijwe ibikoresho by’ikoranabuhanga [Video games].

TAGGED:AbanyarwandaAmerikaDayfeaturedInamaInzuKagameRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ambasaderi W’u Rwanda Muri UN Yavuganye N’Uw’Amerika Ku Mutekano Mu Karere
Next Article Umuhanda Giporoso- Masaka Ugiye Gukorwamo Ine
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Arabie Saoudite: Kagame Azatanga Ikiganiro Ku Umutekano Mu By’Ubukungu

Biya Agiye Kongera Kuyobora Cameroun Muri Manda Izarangira Afite Hafi Imyaka 100

Kigali: Bafatanywe Udupfunyika 617 Tw’Urumogi

Inzoga Z’Inkorano Zikomeje Kwangiza Ubuzima Bw’Abanyarwanda

Hari Isezerano BK Iha Abafite Inganda Z’Ikawa…

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Umunyarwanda Uterura Ibiremereye Kurusha Abandi Agiye Kuruhagararira Mu Misiri

Uburundi, Ububiligi, DRC, Amerika… -Nduhungirehe Asobanura Uko U Rwanda Rubanye Nabyo

Huye: Urubyiruko Rwahawe Ibibuga By’Imikino Bikozwe Na Croix Rouge Y’u Rwanda 

Byaba Byagenze Gute Ngo Amerika Ihagarike Gukorana Na Israel?

Ubufaransa Bugiye Gukoresha Inama Ku Mutekano Mu Karere

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu mahanga

DRC: Amakamyo 100 Yaheze Mu Byondo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Zaria Igiye Kubona Umufatanyabikorwa Ukomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Kamala Harris Aracyashaka Kuba Perezida Wa Amerika 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Guhurira Muri Amerika Kwa Kagame Na Tshisekedi Kwimuriwe Mu Ugushyingo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?