Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rwanda: Ibitaranozwa Ngo Imibereho Y’Abacukuzi B’Amabuye Y’Agaciro Ibe Myiza
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Inkuru ZihariyeMu Rwanda

Rwanda: Ibitaranozwa Ngo Imibereho Y’Abacukuzi B’Amabuye Y’Agaciro Ibe Myiza

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 28 February 2025 5:41 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Umwe mu bacukuzi(Ifoto@Internet)
SHARE

Taarifa Rwanda yabwiwe n’ubuyobozi bwa Sendika y’abacukura amabuye y’agaciro ko, muri rusange, babayeho nabi cyane. Nk’ubu abangana na 19% nibo bahemberwa ukwezi mu buryo buhoraho kandi nabo bahemberwa umusaruro (minerals) babonye buri munsi, iyo wabuze bagatahira aho.

Bivuze ko igihembo cyabo guhindagurika kikava ku Frw 0 kugeza ku mubare w’amafaranga agendanye n’umusaruro wabonetse.

Ku bigo by’ubucukuzi bigenera igihembo abacuruzi buri munsi hatitawe ku musaruro wabonetse, kibahemba hagati ya Frw 500 na Frw 3000.

Hari ibigo byagiranye amasezerano na Sendika y’abacukuzi b’amabuye y’agaciro yitwa REWU(Rwanda Extractive Industry Workers Union) bemeranya ko umucukuzi azajya ahembwa hagati ya Frw 3000 cyangwa Frw 4000 ku munsi, haboneka umusaruro urenze uwari witezwe bakawuherwa agahimbazamusyi bitewe n’icyabonetse.

Umuyobozi mukuru wa Sendika y’abacukuzi b’amabuye y’agaciro mu Rwanda witwa André Mutsindashyaka yabwiye Taarifa Rwanda ko iyo mikoranire yagezweho binyuze mu biganiro bagiranye n’Ishyirahamwe ry’abakoresha mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro ryitwa Rwanda Mining Association.

Mu biganiro bagiranye, bumvikanye ko byibura umucukuzi yajya ahembwa Frw 1500 ku munsi hatitawe ku musaruro wabonetse

Mutsindashyaka yabwiye Taarifa ko ibiganiro byo kunoza iyo mikorere bigikomeje.

Ikindi kigaragaza ko abacuruzi babayeho nabi ni uko abafite amasezerano y’akazi yanditse kandi bagahemberwa kuri konti ya Banki bangana na 34% gusa.

Ikibitera, nk’uko uriya muyobozi abivuga, ni uko abenshi muri bo batize ibyo gucukura kinyamwuga, bakabikora mu buryo bwo kwirwanaho.

Ingaruka zabyo ni uko baba badashobora guhabwa inguzanyo za Banki.

Mutsindashyaka ati: “Abakozi bagiye mu murimo bataragize amahirwe yo kwiga ubucukuzi mu mashuri makuru, hamaze gukorerwa isuzumabumenyi bwabo biza kugaragara ko abagera kuri 2,700 aribo batsindiye inyemezabumenyi mu by’umwuga w’ubucukuzi bahawe na Rwanda TVET School, RTB)”.

Indi ngingo ikomeye ni uko abagore bakora ubucukuzi bagahemberwa umusaruro babonye ku munsi batabona umwanya wo konsa abana.

Kubera ko baba bagomba gukora cyane kugira ngo bahembwe agatubutse, bibasaba gukora umunsi wose bataruhutse, ntibabone uko bajya konsa.

Ikibabaje kurushaho ni uko iyo batagize icyo baronka, badahembwa kandi ntibabe bahawe n’umwanya wo konsa ibibondo byabo.

Asobanura uko umucukuzi abayeho muri rusange Mutsindashyaka yagize ati: ” Umucukuzi uhemberwa umusaruro ntabwo abayeho neza kuko iyo abuze umusaruro atahira aho nta gihembo kandi yakoze. Niyo mpamvu nka Sendika dusaba ibigo bibakoresha kuzamura umushahara byibura ukaba Frw1,500 ku mucukuzi kandi ku munsi ndetse ugahabwa n’utageze ku musaruro wari wagenye[target]”.

Asanga umunsi abakozi bose bazajya bahembwa buri munsi w’akazi, imibereho yabo izaba myiza.

Yemeza ko bizagabanya umubare w’abagwirwa n’ibirombe bajya gucukura ngo barebe ko bagira amafaranga babarirwa.

Mu rwego rwo gukemura ibi bibazo, hari ibigo bibifatanyamo birimo Rwanda Mining Board, Ikigo gishinzwe imikurire myiza y’abana, Ishami rya UN rishinzwe abana, UNICEF, Sendika y’abacukuzi b’amabuye y’agaciro n’ibindi.

Imibare yatangajwe mu bushakashatsi bwitwa Labor Force Q3 yo mu mwaka wa 2024, yerekana ko mu Rwanda hari abacukuzi b’amabuye y’agaciro bangana na 81,000.

Abahagarariye abacukuzi basaba Minisiteri y’abakozi ba Leta gushyiraho ingamba zatuma imibereho y’abo iba myiza.

Bavuga ko bimwe mu byakorwa harimo kongera ubugenzuzi bw’umurimo bukorerwa ibigo, bigahabwa inama kandi ibidakurikiza izo nama bigafatirwa ibyemezo hakurikijwe amategeko.

Basaba ko gushyirwaho iteka rishyiraho umushahara muto ukava ku Frw 100 agenwa n’iteka ryo mu myaka 50 ishize.

Hagati aho kandi abacukuzi bagomba kongererwa amahugurwa n’abo muri za Sendika zabo n’abo bagahugurwa.

Guhera Tariki 23, Gashyantare, 2025, Taarifa yabajije (binyuze mu butumwa kuri WhatsApp) Umuyobozi muri Minisiteri y’abakozi ba Leta n’umurimo witwa Faustin Mwambari icyo avuga ku bibazo byavuzwe haruguru nicyo bakora ngo bikemuke ariko kugeza ubwo inkuru yatambukaga nta gisubizo cyari cyabitanzweho.

Umuhati Taarifa Rwanda yashyizeho kandi ngo abandi bakozi muri Minisiteri y’abakozi ba Leta n’umurimo bagire icyo batangaza ku bibazo by’abakora mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro nta musaruro wagezeho.

Mu gihe kiri hafi kungana n’Icyumweru nta bisubizo ubwanditsi bwahawe n’Umuyobozi ushinzwe umurimo muri iyo Minisiteri(Director of Labour) witwa Patrick Kananga ndetse n’undi uri kuri urwo rwego witwa Agaba Melon nawe ntacyo yadutangarije.

Intero ya bombi yari iyo kubaza abakozi bashinzwe itumanaho( Public Relations Office) gusa nabo nta gisubizo baduhaye.

Icyakora igihe cyose bagira icyo bavuga ku bibazo bivugwa muri iyi nkuru, abasomyi bazabimenyeshwa.

Ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro buri mu bintu by’ingenzi byinjiriza u Rwanda amadovize menshi nyuma y’ubukerarugendo.

TAGGED:AbacuruziAgaciroAmabuyefeaturedIkigoRwandaUbucuruzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Muhanga: Gitifu Yafunganywe N’Umukozi Wa RIB
Next Article Icyongereza Kiracyari Gike Mu Barimu N’Abanyeshuri Bo Mu Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Israel Yoherereje Abatuye Gaza Inyandiko Zibasaba Guhunga Inzira Zikigendwa

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

FERWAFA Yagennye Umubare Mushya W’Abanyamahanga Mu Ikipe Yitabiriye Shampiyona

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

Twishimiye Drones Zitwara Abagenzi-Kagame Avuga Ku Ikoranabuhanga Mu By’Indege

Amerika Ikomeje Kureshya DRC Ku Byerekeye Amabuye Y’Agaciro

Mutwarasibo Yiyahuye Kubera Umugore We

You Might Also Like

IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Nyamasheke: Yahitanywe N’Ikiraro Cyamuvunikiyeho Avuye Kunywa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?