Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rwanda: Ibyo Waguze Nta EBM Uzabyamburwa, Uwabikugurishije Akurikiranwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Rwanda: Ibyo Waguze Nta EBM Uzabyamburwa, Uwabikugurishije Akurikiranwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 30 December 2022 11:18 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ikigo cy’igihugu cy’imisoro n’amahoro cyasohoye imyanzuro ikomeye irimo ko umuguzi uzemera indi nyemezabwishyu itari EBM azajya yamburwa ibyo yaguze bigatezwa cyamunara. Uwabimucuruje azahanwa harimo no gukurikiranwaho kunyereza umusoro k’ubushake.

Izi ngamba iki kigo kizisohoye nyuma y’ikiganiro cyaraye gihaye itangazamakuru, kikaba cyari kitabiriwe n’inzego zirimo na Polisi y’u Rwanda.

Umwanzuro ureba abacuruzi badatanga EBM uvuga ko nyuma yo kubona ko runaka yacuruje ingano runaka y’ibicuruza ntabitangire EBM, hazasuzumwa ibyari mu bubiko bwe byose kugira ngo ibyo yacuruje atabitangiye EBM  bibarurwe, abicibweho umusoro byose, kandi ubucuruzi bwe buzafungwa mu gihe cy’iminsi 30.

Ikigo cy’igihugu cy’imisoro n’amahoro kandi cyahise cyanzura ko abantu bakorewe inyandiko mvugo bamenyeshwa icyaha cyo gucuruza badatanga inyemezabwishyu cyangwa atanga itubwamusoro ndetse bakanatangazwa mu binyamakuru, ko bagomba kuba bishyuye uwo musoro bitarenze Taliki 28, Ugushyingo, 2022 bitaba ibyo ‘bagafungirwa business.’

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Mu kiganiro cyaraye gihuje kiriya kigo, Polisi y’u Rwanda ndetse n’itangazamakuru,  Komiseri ushinzwe imisoro y’imbere mu gihugu witwa Hadjara Batamuriza yavuze ko ngo nibiba ngombwa ko abasoreshwa bahanwa, ntawe ukwiye kuzitwaramo  Leta umwikomo ngo iramuhohoteye.

, Komiseri ushinzwe imisoro y’imbere mu gihugu witwa Hadjara Batamuriza

Avuga ko inshuro nyinshi Leta yakoresheje uburyo butandukanye iburira abacuruzi ko batagomba guha abaguzi indi nyemezabwishyu itari EBM ariko bakayima amatwi.

Hadjara Batamuriza avuga ko ubu igihe kigeze abacuruzi batubahiriza ibyo gutanga EBM bakabihanirwa imbere y’amategeko.

Iki kiganiro cyabaye nyuma  y’ijambo Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente yagejeje ku bari bitabiriye umuhango wo guhemba abasoreshwa basoze neza.

Icyo gihe Minisitiri Ngirente yavuze ko kudatanga EBM bigomba kuba umugani, abaguzi bose bakajya bahabwa EBM kugira ngo hirindwe kunyereza umusoro uba ugomba kujya mu Kigega cya Leta.

- Advertisement -

Umuvugizi wa Polisi  y’u Rwanda Commissioner of Police( CP) John Bosco Kabera nawe yunze mu rya Batamuriza avuga ko uru rwego ruzakorana n’izindi nzego kugira ngo gukoresha EBM bikurikizwe.

CP JB Kabera yavuze ko abacuruzi ‘bagomba kubahiriza’ itangwa ry’inyemezabuguzi ya EBM nk’uko amategeko abiteganya.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda CP John Bosco Kabera ubwo yandikaga iby’ingenzi muri kiriya kiganiro

Yizeje ko ubufatanye bw’inzego buzatuma EBM irushaho kubahirizwa.

Rwanda: Guverinoma Irashaka Ko EBM Iba Itegeko Ku Bacuruzi Bose

TAGGED:AmahoroBatamurizaEBMfeaturedImisoroKaberaNgirente
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kagame Asanga Ari Ngombwa Kuzamura Imikoranire Yaza Kaminuza N’Inganda
Next Article Nyamasheke: Ikamyo Itwaye Inzoga Yagushije Urubavu Abaturage Bimara Icyaka
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Amerika: Abanyarwandakazi Bo Muri RDF Barangije Amasomo Y’Ubukanishi

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

M23 Yafashe Ahantu Hakungahaye Kuri Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?