Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rwanda: Ibyo Waguze Nta EBM Uzabyamburwa, Uwabikugurishije Akurikiranwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Rwanda: Ibyo Waguze Nta EBM Uzabyamburwa, Uwabikugurishije Akurikiranwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 30 December 2022 11:18 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ikigo cy’igihugu cy’imisoro n’amahoro cyasohoye imyanzuro ikomeye irimo ko umuguzi uzemera indi nyemezabwishyu itari EBM azajya yamburwa ibyo yaguze bigatezwa cyamunara. Uwabimucuruje azahanwa harimo no gukurikiranwaho kunyereza umusoro k’ubushake.

Izi ngamba iki kigo kizisohoye nyuma y’ikiganiro cyaraye gihaye itangazamakuru, kikaba cyari kitabiriwe n’inzego zirimo na Polisi y’u Rwanda.

Umwanzuro ureba abacuruzi badatanga EBM uvuga ko nyuma yo kubona ko runaka yacuruje ingano runaka y’ibicuruza ntabitangire EBM, hazasuzumwa ibyari mu bubiko bwe byose kugira ngo ibyo yacuruje atabitangiye EBM  bibarurwe, abicibweho umusoro byose, kandi ubucuruzi bwe buzafungwa mu gihe cy’iminsi 30.

Ikigo cy’igihugu cy’imisoro n’amahoro kandi cyahise cyanzura ko abantu bakorewe inyandiko mvugo bamenyeshwa icyaha cyo gucuruza badatanga inyemezabwishyu cyangwa atanga itubwamusoro ndetse bakanatangazwa mu binyamakuru, ko bagomba kuba bishyuye uwo musoro bitarenze Taliki 28, Ugushyingo, 2022 bitaba ibyo ‘bagafungirwa business.’

Mu kiganiro cyaraye gihuje kiriya kigo, Polisi y’u Rwanda ndetse n’itangazamakuru,  Komiseri ushinzwe imisoro y’imbere mu gihugu witwa Hadjara Batamuriza yavuze ko ngo nibiba ngombwa ko abasoreshwa bahanwa, ntawe ukwiye kuzitwaramo  Leta umwikomo ngo iramuhohoteye.

, Komiseri ushinzwe imisoro y’imbere mu gihugu witwa Hadjara Batamuriza

Avuga ko inshuro nyinshi Leta yakoresheje uburyo butandukanye iburira abacuruzi ko batagomba guha abaguzi indi nyemezabwishyu itari EBM ariko bakayima amatwi.

Hadjara Batamuriza avuga ko ubu igihe kigeze abacuruzi batubahiriza ibyo gutanga EBM bakabihanirwa imbere y’amategeko.

Iki kiganiro cyabaye nyuma  y’ijambo Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente yagejeje ku bari bitabiriye umuhango wo guhemba abasoreshwa basoze neza.

Icyo gihe Minisitiri Ngirente yavuze ko kudatanga EBM bigomba kuba umugani, abaguzi bose bakajya bahabwa EBM kugira ngo hirindwe kunyereza umusoro uba ugomba kujya mu Kigega cya Leta.

Umuvugizi wa Polisi  y’u Rwanda Commissioner of Police( CP) John Bosco Kabera nawe yunze mu rya Batamuriza avuga ko uru rwego ruzakorana n’izindi nzego kugira ngo gukoresha EBM bikurikizwe.

CP JB Kabera yavuze ko abacuruzi ‘bagomba kubahiriza’ itangwa ry’inyemezabuguzi ya EBM nk’uko amategeko abiteganya.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda CP John Bosco Kabera ubwo yandikaga iby’ingenzi muri kiriya kiganiro

Yizeje ko ubufatanye bw’inzego buzatuma EBM irushaho kubahirizwa.

Rwanda: Guverinoma Irashaka Ko EBM Iba Itegeko Ku Bacuruzi Bose

TAGGED:AmahoroBatamurizaEBMfeaturedImisoroKaberaNgirente
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kagame Asanga Ari Ngombwa Kuzamura Imikoranire Yaza Kaminuza N’Inganda
Next Article Nyamasheke: Ikamyo Itwaye Inzoga Yagushije Urubavu Abaturage Bimara Icyaka
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abaturage 354 Bagiye Guhabwa Amazi Meza

Ingabo Z’u Rwanda Zasinyanye N’Iz’Ubushinwa Amasezerano Y’Ubufatanye

Rihanna Agiye Kubona Icyo Yari Yarabuze

Ubukungu Bw’u Rwanda Bwazamutseho 7.8%-MINECOFIN

Uburundi: Umunyarwanda Yafunganywe N’Umu Youtuber

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Minisitiri w’Intebe Wa Qatar Arajya Kurega Israel Kuri Trump

You Might Also Like

IbidukikijeMu RwandaUbukungu

Dushora Mu Gusukura Ikirere Cyacu- Minisitiri Arakwiye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Imiterere Y’Ubucuruzi Bw’u Rwanda N’Amahanga Muri 2025

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Drone Y’Ingabo Z’u Rwanda Yakoze Impanuka 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?