Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rwanda: Imvura Nyinshi Yahitanye Abantu Bane, Hakomereka Abandi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Rwanda: Imvura Nyinshi Yahitanye Abantu Bane, Hakomereka Abandi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 17 November 2022 4:58 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ni imvura nyinshi yaraye iguye mu bice bitandukanye by’u Rwanda ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu Taliki 16, Ugushyingo, 2022, aho yahitanye ubuzima bw’abantu batatu mu Mujyi wa Kigali mu Turere twa Gasabo, Nyarugenge na Kicukiro. Buri Karere muri two kapfushije umuntu.

Muri uyu Mujyi kandi yasenye ibikorwaremezo birimo inzu eshanu, isenya ikiraro.

Mu Karere ka Gicumbi inka yakubiswe n’inkuba  irapfa  n’imiyoboro y’amashanyarazi irangirika.

Iyi Minisiteri yatangaje ko no mu Karere ka Huye hari inzu yafashwe n’inkongi y’umuriro umuntu umwe wari uyirimo arapfa, abandi babiri barakomereka cyane.

Ubuyobozi bw’iyi Minisiteri bwasabye abatuye u Rwanda gukomeza kwitwararika muri ibi bihe by’imvura nyinshi kandi ibasaba kwirinda kwambuka imigezi kugira ngo batarohama.

Ubutumwa bwayo bugira bati: “Abantu barakangurirwa kwitwararika, bagashishoza mbere yo kwambuka imigezi n’ibiraro no kwirinda kunyura mu mazi menshi cyangwa afite imivu iremereye.”

 Abantu barasabwa kandi kwirinda kugama munsi y’ibiti, kwirinda kujya mu mvura kureka amazi, gucomeka ibyuma byose bikoresha amashanyarazi, kuzirika ibisenge by’inzu, gufata amazi y’imvura ava ku bisenge hakoreshejwe uburyo bwabugenewe no gusibura inzira z’amazi.

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali nabwo bwongeye gusaba abaturage bawo kwimuka ahashobora gushyira ubuzima bwabo mu kaga.

Basabwe no kwirinda gutwara ibinyabiziga mu mvura nyinshi, kwirinda kujugunya imyanda mu miyoboro y’amazi no muri za ruhurura kugira ngo itaziba no gutangira amakuru ku gihe ku cyateza ingorane cyose muri ibi bihe by’imvura nyinshi.

Meteo-Rwanda imaze  iminsi iburiye abantu ko hagati ya tariki 11 na 20 Ugushyingo hazagwa imvura nyinshi hirya no hino mu gihugu.

Aho izagwa cyane ni  mu Turere twa Musanze, Nyaruguru, Nyamagabe, Burera na Gicumbi.

TAGGED:featuredIbizaImvuraKigaliMinisiteriRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Dj Brianne Yageze i Burundi ‘Barahurura’
Next Article Minisitiri Bayisenge Yavuze Ku Kamaro K’Umugore Ufite Ikimwinjiriza Mu Rugo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Ibanga Kepler Yakoresheje Ngo Ihagarare Neza Muri Basket Y’Abagore

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Kwitabira Gufata Irangamimerere Byitabirwe Na Buri Wese- MINALOC 

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Trump Arashaka Kwicaranya Putin Na Zelensky

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ibiza KamereMu RwandaUmutekano

Inkuba Zishe Bane Muri Batanu Bishwe N’Ibiza-MINEMA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Abayobozi Mu Burayi Bitabye Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?