Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rwanda: Imvura Nyinshi Yahitanye Abantu Bane, Hakomereka Abandi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Rwanda: Imvura Nyinshi Yahitanye Abantu Bane, Hakomereka Abandi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 17 November 2022 4:58 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ni imvura nyinshi yaraye iguye mu bice bitandukanye by’u Rwanda ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu Taliki 16, Ugushyingo, 2022, aho yahitanye ubuzima bw’abantu batatu mu Mujyi wa Kigali mu Turere twa Gasabo, Nyarugenge na Kicukiro. Buri Karere muri two kapfushije umuntu.

Muri uyu Mujyi kandi yasenye ibikorwaremezo birimo inzu eshanu, isenya ikiraro.

Mu Karere ka Gicumbi inka yakubiswe n’inkuba  irapfa  n’imiyoboro y’amashanyarazi irangirika.

Iyi Minisiteri yatangaje ko no mu Karere ka Huye hari inzu yafashwe n’inkongi y’umuriro umuntu umwe wari uyirimo arapfa, abandi babiri barakomereka cyane.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ubuyobozi bw’iyi Minisiteri bwasabye abatuye u Rwanda gukomeza kwitwararika muri ibi bihe by’imvura nyinshi kandi ibasaba kwirinda kwambuka imigezi kugira ngo batarohama.

Ubutumwa bwayo bugira bati: “Abantu barakangurirwa kwitwararika, bagashishoza mbere yo kwambuka imigezi n’ibiraro no kwirinda kunyura mu mazi menshi cyangwa afite imivu iremereye.”

 Abantu barasabwa kandi kwirinda kugama munsi y’ibiti, kwirinda kujya mu mvura kureka amazi, gucomeka ibyuma byose bikoresha amashanyarazi, kuzirika ibisenge by’inzu, gufata amazi y’imvura ava ku bisenge hakoreshejwe uburyo bwabugenewe no gusibura inzira z’amazi.

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali nabwo bwongeye gusaba abaturage bawo kwimuka ahashobora gushyira ubuzima bwabo mu kaga.

Basabwe no kwirinda gutwara ibinyabiziga mu mvura nyinshi, kwirinda kujugunya imyanda mu miyoboro y’amazi no muri za ruhurura kugira ngo itaziba no gutangira amakuru ku gihe ku cyateza ingorane cyose muri ibi bihe by’imvura nyinshi.

- Advertisement -

Meteo-Rwanda imaze  iminsi iburiye abantu ko hagati ya tariki 11 na 20 Ugushyingo hazagwa imvura nyinshi hirya no hino mu gihugu.

Aho izagwa cyane ni  mu Turere twa Musanze, Nyaruguru, Nyamagabe, Burera na Gicumbi.

TAGGED:featuredIbizaImvuraKigaliMinisiteriRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Dj Brianne Yageze i Burundi ‘Barahurura’
Next Article Minisitiri Bayisenge Yavuze Ku Kamaro K’Umugore Ufite Ikimwinjiriza Mu Rugo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?