Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rwanda: Imyidagaduro Ya Nijoro Yahawe Isaha Ntarengwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imyidagaduro

Rwanda: Imyidagaduro Ya Nijoro Yahawe Isaha Ntarengwa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 02 August 2023 6:48 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu rwego rwo kurinda abaturage kubuzwa amahwemo n’urusaku kandi bakeneye kuruhuka, Inama y’Abaminisititi yashyizeho amasaha ntarengwa ibikorwa by’imyidagaduro bigomba kuba byafunze.

Mu mibyizi ntibigomba kurenga saa saba z’ijoro n’aho mu mpera z’Icyumweru ntibikwiye kurenza saa munani z’ijoro.

Impamvu ni kurinda icyo ari cyo cyose cyabangamira umudendezo w’abatuye u Rwanda.

Umwanzuro ubivugaho mu Nama y’Abaminisitiri ugira uti: “Mu rwego rwo kunoza imitunganyirize n’imikorere y’ibikorwa by’imyidagaduro mu masaha y’ijoro no gukumira urusaku rubangamira umudendezo w’Abaturarwanda, Guverinoma yafashe icyemezo ko guhera ku itariki ya 1 Nzeri 2023, ibikorwa na serivisi byose bitari iby’ingenzi bizajya bifunga saa saba z’ijoro mu minsi y’imibyizi, na ho mu mpera z’Icyumweru (ku wa Gatanu no ku wa Gatandatu) bikazajya bifunga saa munani z’ijoro.”

Abashaka gukora nyuma y’ayo masaha hari amabwiriza yihariye bazakurikiza.

Uwo mwanzuro urakomeza uti: “Ibikorwa byose byaba iby’ubucuruzi cyangwa iby’imyidagaduro bizakenera gukomeza gufungura nyuma y’ayo masaha, bizajya bihabwa uruhushya hashingiwe ku mabwiriza azatangazwa n’Urwego rw’Iterambere mu Rwanda, RDB)”

Icyemezo cy’uko abaturage batagomba kurenza ariya masaha gifashwe mu gihe hari abacuranga umuziki mu nsengero cyangwa mu tubari babuzaga abantu gusinzira.

Muri uyu mujyo hari bamwe bimwe uruhushya rwo gucurangira mu bitaramo bari bateguye, bigatera urujijo kubera ko nta kintu basobanurirwaga cyashingiweho bimwe ubwo burenganzira.

Urugero rwa vuba aha ni uko muri Nyakanga, 2023, Umujyi wa Kigali wimye abateguye igitaramo cya ‘Tarama Rwanda Festival’ uburenganzira bwo gucurangira ahitwa Mundi Center.

TAGGED:featuredImyidagaduroInamaKigaliUmujyiUrusaku
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rubavu: MINALOC Yasabye Komisiyo Gusubika Amatora
Next Article Portugal: Papa Aragaruka Ku Basenyeri Bahohoteye Abana
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Ambasaderi Busabizwa Asanga Ubutwari Atari Amagambo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

You Might Also Like

Imyidagaduro

Nigeria: Umuhanzi Ifunanya Yishwe N’Inzoka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Tshisekedi Yagiye Muri Leta Ziyunze Z’Abarabu Gusinya Amasezerano Mu Bucukuzi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Grammy Awards: Kendrik Lamar Yahize Abandi Baraperi Mu Bihembo Byinshi Abitse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Abantu Babiri Bananirwa Bate Kubana?-Kagame Abaza Abashakanye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?