Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rwanda: Imyidagaduro Ya Nijoro Yahawe Isaha Ntarengwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imyidagaduro

Rwanda: Imyidagaduro Ya Nijoro Yahawe Isaha Ntarengwa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 02 August 2023 6:48 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu rwego rwo kurinda abaturage kubuzwa amahwemo n’urusaku kandi bakeneye kuruhuka, Inama y’Abaminisititi yashyizeho amasaha ntarengwa ibikorwa by’imyidagaduro bigomba kuba byafunze.

Mu mibyizi ntibigomba kurenga saa saba z’ijoro n’aho mu mpera z’Icyumweru ntibikwiye kurenza saa munani z’ijoro.

Impamvu ni kurinda icyo ari cyo cyose cyabangamira umudendezo w’abatuye u Rwanda.

Umwanzuro ubivugaho mu Nama y’Abaminisitiri ugira uti: “Mu rwego rwo kunoza imitunganyirize n’imikorere y’ibikorwa by’imyidagaduro mu masaha y’ijoro no gukumira urusaku rubangamira umudendezo w’Abaturarwanda, Guverinoma yafashe icyemezo ko guhera ku itariki ya 1 Nzeri 2023, ibikorwa na serivisi byose bitari iby’ingenzi bizajya bifunga saa saba z’ijoro mu minsi y’imibyizi, na ho mu mpera z’Icyumweru (ku wa Gatanu no ku wa Gatandatu) bikazajya bifunga saa munani z’ijoro.”

Abashaka gukora nyuma y’ayo masaha hari amabwiriza yihariye bazakurikiza.

Uwo mwanzuro urakomeza uti: “Ibikorwa byose byaba iby’ubucuruzi cyangwa iby’imyidagaduro bizakenera gukomeza gufungura nyuma y’ayo masaha, bizajya bihabwa uruhushya hashingiwe ku mabwiriza azatangazwa n’Urwego rw’Iterambere mu Rwanda, RDB)”

Icyemezo cy’uko abaturage batagomba kurenza ariya masaha gifashwe mu gihe hari abacuranga umuziki mu nsengero cyangwa mu tubari babuzaga abantu gusinzira.

Muri uyu mujyo hari bamwe bimwe uruhushya rwo gucurangira mu bitaramo bari bateguye, bigatera urujijo kubera ko nta kintu basobanurirwaga cyashingiweho bimwe ubwo burenganzira.

Urugero rwa vuba aha ni uko muri Nyakanga, 2023, Umujyi wa Kigali wimye abateguye igitaramo cya ‘Tarama Rwanda Festival’ uburenganzira bwo gucurangira ahitwa Mundi Center.

TAGGED:featuredImyidagaduroInamaKigaliUmujyiUrusaku
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rubavu: MINALOC Yasabye Komisiyo Gusubika Amatora
Next Article Portugal: Papa Aragaruka Ku Basenyeri Bahohoteye Abana
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Nta Byinshi Dufite Byo Gusesagura- Kagame Abwira Sena

Byaba Byagenze Gute Ngo Amerika Ihagarike Gukorana Na Israel?

DRC: Gusimbura Vital Kamerhe Bikomeje Kugorana

Umuhati Polisi Ishyira Mu Kurwanya Ibiyobyabwenge Ugera Kuki?

Rwanda: Ibiza Byishe Abantu 35 Hafi Mu Mezi Abiri

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

U Rwanda Rugiye Kubaka Irindi Shuri Rihambaye Ry’Ubuhinzi N’Ubworozi

Faye Yahuye Na Kagame Ku Munsi Wa Kabiri W’Uruzinduko Rwe Mu Rwanda

U Rwanda Na Senegal Duhuriye Ku Kwita Kuri Ejo Hazaza H’Urubyiruko- Kagame

Abanyamerika Baramagana Perezida Wabo

U Rwanda Rugiye Kwakira Inama Y’Abagaba Bakuru B’Ingabo Muri Afurika 

You Might Also Like

ImikinoIzamamazaMu Rwanda

Huye: Urubyiruko Rwahawe Ibibuga By’Imikino Bikozwe Na Croix Rouge Y’u Rwanda 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Ingabo Za Israel Zasanze Igitabo Cya Hitler Mu Biro Bya Hamas 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Rwanda: Abaturage Bagiye Kwegerezwa Ibigo Byigisha Ikoranabuhanga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Ingazi: Uburyo Bushya Bwa Leta Bwo Korohereza Urubyiruko Kubona Akazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?