Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rwanda: Ingengabihe Ya Gahunda Y’Amatora Yatangajwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Rwanda: Ingengabihe Ya Gahunda Y’Amatora Yatangajwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 February 2024 6:57 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Komisiyo y’igihugu y’amatora, NEC, yatangaje uko gahunda y’Amatora ya Perezida wa Repubulika n’Amatora y’Abadepite akomatanyije izagenda.

Bikubiye mu ngengabihe iyi Kominisiyo yasinywe n’Umuyobozi mukuru w’iyi Komisiyo Oda Gasinzigwa yashyize kuri X mu ijoro ryakeye.

Mu gihe  Amatora nyirizina azaba hagati ya Taliki 14 na Taliki 15, Nyakanga, 2024, gutangaza ibyavuye mu matora mu buryo bw’agateganyo bizakorwa taliki 20 Nyakanga n’aho gutangaza ibyayavuyemo mu buryo bwa burundu bikazaba bitarenze taliki 27, Nyakanga, 2024.

Komisiyo yigihugu y’amatora ivuga ko guhuza amatora ya Perezida wa Repubulika n’ay’Abadepite byakozwe mu rwego rwo kwihutisha ibintu no kwirinda gukoresha ingengo y’imari nini kandi ku bintu bibereye mu gihe kijya kwegerana.

Inteko rusange ya Sena yateranye ku wa Mbere taliki 27, Ugushyingo, 2023 niyo  yemeje ishingiro ry’umushinga w’itegeko ngenga rihindura itegeko ngenga n° 001/2019.OL ryo ku wa 29/07/2019 rigenga amatora.

Iri tegeko ngenga rigenga amatora ryahinduwe kugira ngo amatora azashobore gukorwa mu buryo buhuje n’ibiteganywa n’Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda cyane cyane mu ngingo yaryo ya 75 iteganya ko amatora y’Abadepite akorerwa umunsi umwe n’aya Perezida wa Repubulika.

Gukorera aya matora icya rimwe bizafasha u Rwanda kuzigama Miliyari Frw 7 kandi n’umwanya wo gutegura no gutora nyirizina ukazakoreshwa neza.

Gahunda y’amatora yo muri Nyakanga, 2024

Ifoto ibanza: Oda Gasinzigwa@ The New Times

TAGGED:AbadepiteAmatorafeaturedGasinzigwaItegekoPerezidaSena
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abanyarwanda B’i Kigali Bakoresha Icyongereza Kurusha Ikinyarwanda
Next Article Abagore Bakora Mu Rwego Rw’Ingufu Barashaka Kwiyongera
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ikigega Mpuzamahanga Cy’Imari Gifitiye ‘Umugambi’ Mozambique

Kabarebe Yahererekanyije Ububasha Na Kaitesi

Gakenke: Yafatanywe Ibilo 17 By’Urumogi Na Litiro 14 Za Kanyanga

Venezuela Ivuga Ko Trump Nta Kindi Ayishakaho Kitari Petelori

Umuryango Africa’s Business Heroes Urateganya Kwigisha Guhanga Imishinga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko Kugonganisha Ibigo Bitubura Imbuto Byakoze K’Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubuhinzi

Kayonza: Nyemazi Yazize Kubuza Abaturage Gusuhuka Kubera Inzara

Busabizwa Yatanze Kopi Z’Impapuro Zo Guhagararira u Rwanda Muri Guinée Equatoriale

Rwanda: Utubari Tugiye Kujya Dufunga Mu Rukerera

U Rwanda Rufunze Abanyamahanga 500 -RCS

You Might Also Like

Mu Rwanda

Ingabo Z’u Burundi Ziri Muri DRC Zirenga 20,000- Kagame

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Perezida Kagame Ararahiza Abaherutse Guhabwa Inshingano

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Abasura Kibeho Babura Aho Bavunjisha Amadolari

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Impuguke Z’Abashinwa Zaganiriye Na FPR Inkotanyi 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?