Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rwanda: Ingengabihe Ya Gahunda Y’Amatora Yatangajwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Rwanda: Ingengabihe Ya Gahunda Y’Amatora Yatangajwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 February 2024 6:57 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Komisiyo y’igihugu y’amatora, NEC, yatangaje uko gahunda y’Amatora ya Perezida wa Repubulika n’Amatora y’Abadepite akomatanyije izagenda.

Bikubiye mu ngengabihe iyi Kominisiyo yasinywe n’Umuyobozi mukuru w’iyi Komisiyo Oda Gasinzigwa yashyize kuri X mu ijoro ryakeye.

Mu gihe  Amatora nyirizina azaba hagati ya Taliki 14 na Taliki 15, Nyakanga, 2024, gutangaza ibyavuye mu matora mu buryo bw’agateganyo bizakorwa taliki 20 Nyakanga n’aho gutangaza ibyayavuyemo mu buryo bwa burundu bikazaba bitarenze taliki 27, Nyakanga, 2024.

Komisiyo yigihugu y’amatora ivuga ko guhuza amatora ya Perezida wa Repubulika n’ay’Abadepite byakozwe mu rwego rwo kwihutisha ibintu no kwirinda gukoresha ingengo y’imari nini kandi ku bintu bibereye mu gihe kijya kwegerana.

Inteko rusange ya Sena yateranye ku wa Mbere taliki 27, Ugushyingo, 2023 niyo  yemeje ishingiro ry’umushinga w’itegeko ngenga rihindura itegeko ngenga n° 001/2019.OL ryo ku wa 29/07/2019 rigenga amatora.

Iri tegeko ngenga rigenga amatora ryahinduwe kugira ngo amatora azashobore gukorwa mu buryo buhuje n’ibiteganywa n’Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda cyane cyane mu ngingo yaryo ya 75 iteganya ko amatora y’Abadepite akorerwa umunsi umwe n’aya Perezida wa Repubulika.

Gukorera aya matora icya rimwe bizafasha u Rwanda kuzigama Miliyari Frw 7 kandi n’umwanya wo gutegura no gutora nyirizina ukazakoreshwa neza.

Gahunda y’amatora yo muri Nyakanga, 2024

Ifoto ibanza: Oda Gasinzigwa@ The New Times

TAGGED:AbadepiteAmatorafeaturedGasinzigwaItegekoPerezidaSena
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abanyarwanda B’i Kigali Bakoresha Icyongereza Kurusha Ikinyarwanda
Next Article Abagore Bakora Mu Rwego Rw’Ingufu Barashaka Kwiyongera
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Abayapani 100,000 Bagize Imyaka 100, Ibintu Bitigeze Biba Ahandi

Congo: ADF Yishe Abantu 102

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

General Kabandana Yatabarutse

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Ishyaka CCM Ryemeje Suluhu Nk’Umukandida Mu Matora Ya Perezida

You Might Also Like

IbidukikijeMu RwandaUbukungu

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Minisitiri w’Intebe Wa Qatar Arajya Kurega Israel Kuri Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?