Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rwanda: Intumwa Z’u Burundi Zaje Gusaba Abarundi Gutahuka
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Rwanda: Intumwa Z’u Burundi Zaje Gusaba Abarundi Gutahuka

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 December 2022 10:29 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ba Guverineri b’Intara za Kirundo, Kayanza na Bururi baje mu Rwanda kuganira na bagenzi babo bayobora Intara y’Amajyepfo n’iy’Uburasirazuba ku ngingo y’uburyo impunzi z’Abarundi zashishikarizwa gutaha iwabo.

Ku mupaka wa Nemba uri mu Murenge wa Rweru mu Karere  ka Bugesera niho abayobozi b’impande zombi bahuriye.

Ubutegetsi bwa Perezida Evariste Ndayishimiye buri gukora uko bushoboye ngo umubano hagati ya Gitega na Kigali wongere ube mwiza nk’uko byahoze mbere y’umwaka wa 2015.

U Rwanda n’u Burundi ni ibihugu bituranye kandi bifite abaturage bafite byinshi bahuriyeho birimo umuco n’ururimi ‘bijya gusa.’

Ibibazo bya Politiki byabaye mu Burundi mu mwaka wa 2015 byatumye Abarundi benshi bahungira mu Rwanda.

Abenshi baba mu nkambi iri mu Murenge wa Mahama mu Karere ka Kirehe mu Burasirazuba bw’u Rwanda.

Haba abagera ku 50,000.

Intumwa za Guverinoma y’u Burundi zizaganiriza impunzi zo muri iriya nkambi ndetse n’izindi ziba mu Mujyi wa Kigali mu rwego rwo kuzishishikariza gutaha iwabo.

Kuri uyu wa Mbere zirahura n’abayobozi muri Minisiteri y’ubutabazi no gukumira ibiza hanyuma, hazaba ari ku wa 20, Ukuboza, 2022, zizagane mu nkambi ya Mahama.

Icyakora guhera mu mwaka wa 2020 kugeza ubu, hari impunzi 30,317 z’Abarundi zatashye iwabo kandi zakiriwe neza.

TAGGED:AbarundiBurundifeaturedGuverineriImpunziIntumwaRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Bamporiki Mu Rw’Ubujurire
Next Article Ibiciro By’Ibiribwa Bimwe Na Bimwe Byagabanutse Ku Isiko Ry’u Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

You Might Also Like

IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?