Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rwanda: Kohereza Hanze Ibuye Rya Beryllium Byahagaritswe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Kohereza Hanze Ibuye Rya Beryllium Byahagaritswe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 08 August 2024 1:45 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ikigo gishinzwe Mine, Petelori na Gazi mu Rwanda cyatangaje ko kohereza hanze ibuye ry’agaciro rya beryllium bihagaritswe kuzageza igihe kizamenyeshwa abantu.

Itangazo ry’iki kigo rivuga ko ihagarikwa ry’iyoherezwa hanze ry’iri buye ritangajwe nyuma ya raporo zitandukanye zivuga ko hari ubucuruzi bwaryo butemewe bukorwa bigateza n’imvururu mu baturage.

Ryungamo ko mu gihe cyose iri buye rizaba ritarongera koherezwa hanze, iki kigo kizakora ubucukumbuzi kikamenya ibintu byose bikubiye mu birego kimaze iminsi cyakira ku micukurire yaryo itanoze.

Muri icyo gihe kandi hazakorwa amabwiriza y’uburyo bushya bwo gucukura, gutunganya no kohereza hanze iryo buye kugira ngo bikorwe mu mucyo.

Mu kurangiza ubutumwa bw’iki kigo, iryo tangazo rigenewe abanyamakuru rivuga ko itegeko nº 072/2024 ryo kuwa 26/06/2024 rigena uko amabuye y’agaciro ashakwa akanacuruzwa, cyane cyane mu ngingo ya 64 n’ingingo ya 65 rivuga ko abantu bose bohereza amabuye y’agaciro hanze y’u Rwanda bagomba kuba bayakuye ku birombe bifite ibyangombwa byemewe na Leta.

Kanyangira John ushinzwe kumenya inkomoko y’amabuye y’agaciro mu Rwanda  avuga ko kuba Ikigo cy’igihugu cya Mine, petelori na gazi cyahagaritse iyoherezwa hanze rya ririya buye byatewe n’uko basanze ibyaryo byatezaga akajagari.

Avuga ko mu Rwanda hari ahantu henshi iri buye ryari ryarajugunywe nk’ibishingwe kuko ubundi rikucuranwa na coltan na gasegereti.

Abacukuzi ntibari bazi akamaro karyo muri rusange.

Kubera ko ubu kamaze kumenyekana, ryahise rihunduka imari butuma abaturage bajya gusahuranwa aho ryari rimaze iminsi rirunzwe nk’ibishingwe.

Kanyangira avuga ko ikoranabuhanga ririho muri iki gihe ari ryo ryatumye agaciro k’iri buye kamenyekana neza.

Ni amabuye asa n’amabuye asanzwe ku buryo abantu bashobora kuba baranaryubakishije inzu zabo batabizi!

Ikilo cy’iri buye ryatunganyijwe ku isoko mpuzamahanga kigura $ 6000 ni ukuvuga arenga miliyoni Frw 7.

Inganda zaryo ziba ahanini muri Amerika, Ubushinwa n’ibihugu bituranye n’Uburusiya .

Ubu amaso kuri iri buye ku rwego rw’isi ahanzwe muri Afurika cyane cyane mu Karere u Rwanda ruherereyemo.

Ubusanzwe u Rwanda rwoherezaga hanze nka kontineri ebyiri zaryo hafi buri mwaka.

John Kanyangira avuga ko iri buye mu Rwanda rimeze neza kurusha ahandi mu Karere.

Ubu ngo hagiye gukorwa ubugenzuzi barebe umubare w’ibirombe bifite ayo mabuye kugira ngo abacuruzi berekwe aho ayo mabuye aherereye.

Aho abaturage batangiye gusagarirana bapfa ayo mabuye ni muri Rutsiro, Nyanza, Rubavu na Ngororero.

Abahanga mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro mu Rwanda bavuga ko uretse Akarere ka Gisagara katabamo ikirombe cy’amabuye y’agaciro, ahandi hose yahagaragaye.

Bavuga kandi ko uko ikoranabuhanga ritera imbere ari nako amabuye avumburwa n’uburyo bwo kuyacukura neza bukiyongera.

Ibuye rya beryllium iyo ritunganyijwe neza mu nganda rikoreshwa mu byuma bikomeye mu ndege, ibyogajuru kuko biri mu byuma bikomera cyane.

Rinakoreshwa mu gukora za rasoro z’ibinyabiziga cyangwa mu byuma bifunga amavisi.

Iri buye kandi rikoreshwa mu nganda zikora ibisasu bya missiles kandi iyo barivanze n’ibuye ry’ubutare( cuivre, copper) havamo icyuma gikomeye cyane.

Beryllium ikoreshwa no mu gukora imizindaro ikwiza y’umuziki, ikabikora neza kuko iteye ku buryo bworohereza amajwi.

Ibihugu u Rwanda rwoherereza beryllium ni Ubushinwa na Leta zunze ubumwe z’Abarabu.

TAGGED:AgacirofeaturedIbirombeIbuyeKanyangira
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article APR BBC Na REG Bageze Ku Mukino Wa Nyuma Mu Gikombe Cy’Igihugu
Next Article I Katedalari Nshya Ya Saint Michel Izaba Yubatswe Bya Gakondo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abavandimwe Alicia Na Germaine Bakoze Indirimbo Bizeyeho Byinshi

Kubaka Urugomero Rwa Nyabarongo Bizatuma Havuka Ikiyaga Kizakora Ku Turere 8

Nyagatare: Batashye Isoko Risakaye Bari Barifuje Igihe Kirekire

Urwibutso Rwa Jenoside Yakorewe Abayahudi Baruhumanyije

Drones Zigiye Gukoreshwa Mu Kurwanya Imibu Yo Mu Bugesera

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

Rwandair Yaguze Izindi Ndege Ngari 

RDB Yamaze Impungenge Abafite Hoteli Mu Birunga

Rwamagana:Uwahoze Ari Umunyamakuru Wa Radio Agiye Kwishingira Iye

Uburundi Bwatsembye Ko Butazafungura Vuba Umupaka Wabwo N’u Rwanda

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Kigali: Abagore Baravugwa Kenshi Mu Biyobyabwenge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

UNHCR Yaganirije AFC/M23 Ku Kibazo Cy’Impunzi Ziri Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umukino Urangiza Irushanwa ‘Gicanda Invitation 2025’ Urabera Kigali Pele Stadium

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rushaka Kuba Igihugu Gikize Byuzuye-Kagame

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?