Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rwanda: Leta Irashaka Guca Ibikombe N’Amasahane Bya Plastique Mu Mashuri
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Rwanda: Leta Irashaka Guca Ibikombe N’Amasahane Bya Plastique Mu Mashuri

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 June 2023 7:20 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umuyobozi w’ikigo cy’u Rwanda  gishinzwe kurengera ibidukikije Juliet Kabera avuga ko Leta iri gusuzuma uko amasahane n’ibikombe byacika mu mashuri.

Kabera avuga ko amasahane n’ibikombe abana bariraho byifitemo ibinyabutabire bigira ingaruka ku buzima bwabo mu gihe kirekire.

Hari mu kiganiro yahaye RBA kuri iki Cyumweru mu rwego rwo gusobanura aho umuhati wo kurwanya ibikoresho bya plastique bikoreshwa rimwe ugeze.

Ati: “ …Kuva ari ibintu bishyushye biribwa kuri plastique; n’ubwo wakwanika amasahane kandi bigakorwa kenshi bigira ikibazo ku buzima bw’abana…”

Yavuze ko hari kurebwa uko hakoreshwa ibindi bikoresho abantu barira ho bitabangiriza ubuzima.

Guverinoma y’u Rwanda kandi ngo iri kwiga uko udukombe abantu banyweramo ikawa dufite agapfundikizo ka plastique  natwo twacika,  tukazasimbuzwa udukombe tw’ibyuma abantu baterura bakatujyana.

Utu dukombe dufite udupfundikizo twa Plastique natwo tuzacibwa mu Rwanda
REMA iri kureba niba nta bindi bikoresho byaboneka bishyirwama icyayi cyangwa ikawa ariko bidafite plastique

Ibyo byose ngo bizakorwa gahoro gahoro mu rwego guca plastique mu Rwanda.

Kuri uyu wa Mbere taliki 05, Kamena, 2023, u Rwanda rurifatanya n’amahanga mu kuzirikana akamaro ko kwirinda gukoresha plastique.

Ni umunsi mpuzamahanga wo kwita ku bidukikije.

U Rwanda rushimirwa ko rwarwanyije plastique igihe kirekire bikaba byaratumye ruba igihugu gikeye.

Uko ikibazo cya plastique giteye ku bidukikije:

Kubera ubukana bw’iki kibazo, abahanga bahimbye izina ‘Plastic Pollution’ bagira ngo basobanure uruhare plastique igira mu guhumanya ibidukikije.

Umuyobozi w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku bidukikije witwa Inger Andersen asaba isi kumva ko iyo abahanga bavuga ibibi bya plastique baba  bagamije inyungu z’isi muri rusange.

Ku rubuga rw’iri shami ryitwa UN Environment Programme handitseho ko buri munota, plastique zizuye ikamyo( ntibavuga ubwoko bw’iyo kamyo) zimenwa mu Nyanja.

Umuyobozi w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku bidukikije Inger Andersen

Bibaye bitarimo gukabya, wahita wumva ubwinshi bwa plastique imenwa mu Nyanja mu isaha, amasaha atandatu, 12, 24…

Ikibazo gikomeye kandi ni uko ubwinshi bwayo bukomeza kwiyongera.

Bivugwa ko miliyari 7 za miliyari 9.2 za toni za plastiques zajugunywe hirya no hino ku isi hagati y’umwaka wa 1950 n’umwaka wa 2017 zagiye mu Nyanja.

Mu yandi magambo, plastique nyinshi abantu bajugunya, itemba igana mu mazi, ayo mazi nayo akagenda ayisunika kugeza igeze mu Nyanja cyangwa mu yandi mazi adatemba.

Ibinyabutabire bya plastique bituma itabora.

Buri munota plastique yuzuye ikamyo imenwa mu mazi

Kutabora bivuze ko iyo ari amashashi mato mu mubyimba yajugunywe ahantu hatandukanye kandi ari menshi, yiyegeranya akabuza amazi gucengera mu butaka.

Birumvikana ko imwe mu ngaruka zabyo ari uko ibihingwa bihakikije bidakura.

Kudakura bivuze umusaruro muke, nawo ukazakurura inzara mu bantu n’amatungo.

Abanyarwanda bazi ububi bwo kubona inka yariye ishashi: irahorota, igapfa yarazingamye.

Ni ingenzi kwirinda kujugunya amashashi aho ari ho hose kuko aratinda akaba ikibazo gikomeye ku bidukikije.

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe kwita ku bidukikije rivuga ko mu guhangana na plastique, ari ngombwa no guhangana n’ibindi bintu byugarije ikirere n’ibidukikije birimo gutema amashyamba, kohereza ibyuka mu kirere, kwangiza ibimera n’inyamaswa n’ibindi.

TAGGED:AbibumbyeAmashashiAmashurifeaturedIbidukikijeIkawaIkigoIkirereKaberaPlastiqueRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Gisimba Waramiye Imfubyi Nyinshi Yatabarutse
Next Article U Rwanda Rugiye Gukina Na Brazil Mu Marushanwa Y’Abana
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Gen Nkubito Yabwiye Abo Mu Burengerazuba Ko FDLR Idakwiye Kubahahamura

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

You Might Also Like

Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?