Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rwanda: Leta Irashaka Guca Ibikombe N’Amasahane Bya Plastique Mu Mashuri
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Rwanda: Leta Irashaka Guca Ibikombe N’Amasahane Bya Plastique Mu Mashuri

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 June 2023 7:20 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umuyobozi w’ikigo cy’u Rwanda  gishinzwe kurengera ibidukikije Juliet Kabera avuga ko Leta iri gusuzuma uko amasahane n’ibikombe byacika mu mashuri.

Kabera avuga ko amasahane n’ibikombe abana bariraho byifitemo ibinyabutabire bigira ingaruka ku buzima bwabo mu gihe kirekire.

Hari mu kiganiro yahaye RBA kuri iki Cyumweru mu rwego rwo gusobanura aho umuhati wo kurwanya ibikoresho bya plastique bikoreshwa rimwe ugeze.

Ati: “ …Kuva ari ibintu bishyushye biribwa kuri plastique; n’ubwo wakwanika amasahane kandi bigakorwa kenshi bigira ikibazo ku buzima bw’abana…”

Yavuze ko hari kurebwa uko hakoreshwa ibindi bikoresho abantu barira ho bitabangiriza ubuzima.

Guverinoma y’u Rwanda kandi ngo iri kwiga uko udukombe abantu banyweramo ikawa dufite agapfundikizo ka plastique  natwo twacika,  tukazasimbuzwa udukombe tw’ibyuma abantu baterura bakatujyana.

Utu dukombe dufite udupfundikizo twa Plastique natwo tuzacibwa mu Rwanda
REMA iri kureba niba nta bindi bikoresho byaboneka bishyirwama icyayi cyangwa ikawa ariko bidafite plastique

Ibyo byose ngo bizakorwa gahoro gahoro mu rwego guca plastique mu Rwanda.

Kuri uyu wa Mbere taliki 05, Kamena, 2023, u Rwanda rurifatanya n’amahanga mu kuzirikana akamaro ko kwirinda gukoresha plastique.

Ni umunsi mpuzamahanga wo kwita ku bidukikije.

U Rwanda rushimirwa ko rwarwanyije plastique igihe kirekire bikaba byaratumye ruba igihugu gikeye.

Uko ikibazo cya plastique giteye ku bidukikije:

Kubera ubukana bw’iki kibazo, abahanga bahimbye izina ‘Plastic Pollution’ bagira ngo basobanure uruhare plastique igira mu guhumanya ibidukikije.

Umuyobozi w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku bidukikije witwa Inger Andersen asaba isi kumva ko iyo abahanga bavuga ibibi bya plastique baba  bagamije inyungu z’isi muri rusange.

Ku rubuga rw’iri shami ryitwa UN Environment Programme handitseho ko buri munota, plastique zizuye ikamyo( ntibavuga ubwoko bw’iyo kamyo) zimenwa mu Nyanja.

Umuyobozi w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku bidukikije Inger Andersen

Bibaye bitarimo gukabya, wahita wumva ubwinshi bwa plastique imenwa mu Nyanja mu isaha, amasaha atandatu, 12, 24…

Ikibazo gikomeye kandi ni uko ubwinshi bwayo bukomeza kwiyongera.

Bivugwa ko miliyari 7 za miliyari 9.2 za toni za plastiques zajugunywe hirya no hino ku isi hagati y’umwaka wa 1950 n’umwaka wa 2017 zagiye mu Nyanja.

Mu yandi magambo, plastique nyinshi abantu bajugunya, itemba igana mu mazi, ayo mazi nayo akagenda ayisunika kugeza igeze mu Nyanja cyangwa mu yandi mazi adatemba.

Ibinyabutabire bya plastique bituma itabora.

Buri munota plastique yuzuye ikamyo imenwa mu mazi

Kutabora bivuze ko iyo ari amashashi mato mu mubyimba yajugunywe ahantu hatandukanye kandi ari menshi, yiyegeranya akabuza amazi gucengera mu butaka.

Birumvikana ko imwe mu ngaruka zabyo ari uko ibihingwa bihakikije bidakura.

Kudakura bivuze umusaruro muke, nawo ukazakurura inzara mu bantu n’amatungo.

Abanyarwanda bazi ububi bwo kubona inka yariye ishashi: irahorota, igapfa yarazingamye.

Ni ingenzi kwirinda kujugunya amashashi aho ari ho hose kuko aratinda akaba ikibazo gikomeye ku bidukikije.

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe kwita ku bidukikije rivuga ko mu guhangana na plastique, ari ngombwa no guhangana n’ibindi bintu byugarije ikirere n’ibidukikije birimo gutema amashyamba, kohereza ibyuka mu kirere, kwangiza ibimera n’inyamaswa n’ibindi.

TAGGED:AbibumbyeAmashashiAmashurifeaturedIbidukikijeIkawaIkigoIkirereKaberaPlastiqueRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Gisimba Waramiye Imfubyi Nyinshi Yatabarutse
Next Article U Rwanda Rugiye Gukina Na Brazil Mu Marushanwa Y’Abana
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Nzanywe No Guhanga Udushya- Umuyobozi Mushya Wa Airtel Rwanda 

Madagascar: Ingabo Zafashe Ubutegetsi 

Hateranye Inama Y’Abajyanama Ba Perezida Kagame

Njozi: Indirimbo Nshya Ya Element Yatunganyijwe N’Usanzwe Ukorana Na Diamond

Intumwa Za DRC N’Iza AFC/M23 Zongeye Kuganirira i Doha

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Imikino Ya NBA Igiye Gusubukurwa Mu Bushinwa

You Might Also Like

IkoranabuhangaImibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Rwanda: Ababyeyi Baraburirwa Ngo Barinde Abana Ibibi Bya Interineti

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Ingabire Immaculée Agiye Gushyingurwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Yasinyanye N’Abarabu Amasezerano Yo Kubaka Gaza Nshya

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Rayon Yahagaritse Umutoza Mukuru Bari Bamaze Iminsi Muri Rwaserera

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?