Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rwanda: Umugabo Wa Gatatu Yanizwe N’Inyama Arapfa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Utuntu n'Utundi

Rwanda: Umugabo Wa Gatatu Yanizwe N’Inyama Arapfa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 03 January 2024 6:31 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Mudugudu wa Kigarama, mu Kagari ka Kibinja mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza ku Bunani( taliki 01, Mutarama, 2024) umugabo yamize inyama ishyushye cyane kandi nini igeze mu muhogo iritambika imuheza umwuka arapfa.

Uwapfuye ni umugabo w’imyaka 50 nk’uko uwamubonye agenekereza akabyemerera bagenzi bacu ba UMUSEKE.

Yari yatumiwe na mushiki we ngo basangire umunsi mukuru w’Ubunani.

Ubwo barimo bafata amafunguro, yatamiranye inyama amerwe menshi imuhagama mu muhogo yanga kumanuka.

Yagerageje kuyigarura biranga, bafata icyemezo cyo kumujyana kwa muganga agezeyo arahagwa.

Yashyinguwe bukeye bw’aho taliki 02, Mutarama, 2024.

Uyu mugabo abaye uwa gatatu upfuye azize amerwe menshi.

Uwa mbere ni umugabo wahoze utuye mu Mudugudu wa Giheke, Akagari ka Wimana mu Murenge wa Giheke mu Karere ka Rusizi  utararangije umwaka wa 2022 kuko yishwe n’inyama.

Byabaye taliki 29, Ukuboza, 2022 ubwo yasangaga batetse inyama ziri gutogota, agakuramo imwe akayimira nabi atabanje kuyihoza no kuyikata nyuma ikitambika mu muhogo ikamuheza umwuka.

Uyu mugabo w’i Rusizi yitwaga Sibobugingo Athanase.

Undi ni umugabo waguye mu Karere ka Ruhango, mu Murenge wa Byimana, Akagari ka Mpanda wamize inyama y’akabenzi iramuhagama, bagerageza kuyimurutsa biranga iramuhitana.

Byabaye taliki 16, Ugushyingo, 2023.

Uyu yasanze ako kabenzi bagatekeye ku kabari kari hafi y’aho atuye. Bamujyanye ku bitaro bya Kabgayi ariko biranga arahagwa.

Ntibisanzwe ko mu Rwanda humvikana inkuru z’abagabo bo mu Turere n’Intara zitandukanye bicwa no kumira inyama bunguri.

TAGGED:AmerwefeaturedInyamaNyanzaRuhangoRusiziUmugabo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article DRC: Buri Mupolisi Yahawe $100 Ngo Ajye Kwivuna Abigaragambya
Next Article DRC: Amerika Yasabye Abatishimiye Ibyavuye Mu Matora Kugana Inkiko
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Trump Arashaka Kwicaranya Putin Na Zelensky

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ibiza KamereMu RwandaUmutekano

Inkuba Zishe Bane Muri Batanu Bishwe N’Ibiza-MINEMA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Abayobozi Mu Burayi Bitabye Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?