Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rwanda: Umugabo Wa Gatatu Yanizwe N’Inyama Arapfa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Utuntu n'Utundi

Rwanda: Umugabo Wa Gatatu Yanizwe N’Inyama Arapfa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 03 January 2024 6:31 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Mudugudu wa Kigarama, mu Kagari ka Kibinja mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza ku Bunani( taliki 01, Mutarama, 2024) umugabo yamize inyama ishyushye cyane kandi nini igeze mu muhogo iritambika imuheza umwuka arapfa.

Uwapfuye ni umugabo w’imyaka 50 nk’uko uwamubonye agenekereza akabyemerera bagenzi bacu ba UMUSEKE.

Yari yatumiwe na mushiki we ngo basangire umunsi mukuru w’Ubunani.

Ubwo barimo bafata amafunguro, yatamiranye inyama amerwe menshi imuhagama mu muhogo yanga kumanuka.

Yagerageje kuyigarura biranga, bafata icyemezo cyo kumujyana kwa muganga agezeyo arahagwa.

Yashyinguwe bukeye bw’aho taliki 02, Mutarama, 2024.

Uyu mugabo abaye uwa gatatu upfuye azize amerwe menshi.

Uwa mbere ni umugabo wahoze utuye mu Mudugudu wa Giheke, Akagari ka Wimana mu Murenge wa Giheke mu Karere ka Rusizi  utararangije umwaka wa 2022 kuko yishwe n’inyama.

Byabaye taliki 29, Ukuboza, 2022 ubwo yasangaga batetse inyama ziri gutogota, agakuramo imwe akayimira nabi atabanje kuyihoza no kuyikata nyuma ikitambika mu muhogo ikamuheza umwuka.

Uyu mugabo w’i Rusizi yitwaga Sibobugingo Athanase.

Undi ni umugabo waguye mu Karere ka Ruhango, mu Murenge wa Byimana, Akagari ka Mpanda wamize inyama y’akabenzi iramuhagama, bagerageza kuyimurutsa biranga iramuhitana.

Byabaye taliki 16, Ugushyingo, 2023.

Uyu yasanze ako kabenzi bagatekeye ku kabari kari hafi y’aho atuye. Bamujyanye ku bitaro bya Kabgayi ariko biranga arahagwa.

Ntibisanzwe ko mu Rwanda humvikana inkuru z’abagabo bo mu Turere n’Intara zitandukanye bicwa no kumira inyama bunguri.

TAGGED:AmerwefeaturedInyamaNyanzaRuhangoRusiziUmugabo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article DRC: Buri Mupolisi Yahawe $100 Ngo Ajye Kwivuna Abigaragambya
Next Article DRC: Amerika Yasabye Abatishimiye Ibyavuye Mu Matora Kugana Inkiko
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Gasabo: Arakekwaho Kwangiza Amapiloni Y’Amashanyarazi

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

Ingabire Immaculée Wayoboraga Transparency Yatabarutse

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Abanyarwanda Barashukwa Bagaca Mu Bushinwa Bagera Ahandi Bakisanga Mu Buretwa-Amb Kimonyo 

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

Trump Yahaye Hamas Igihe ‘Ntarengwa’ Ngo Yemere Umugambi W’Amahoro Yateguye

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaRwiyemezamirimoUmutekano

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?