Guhera kuri uyu wa Mbere Tariki 08, Ukuboza, 2025 utubari n’utubyiniro two hirya no hino mu Rwanda tuzajya dufunga saa cyenda z’urukerera. Ni ko amakuru agera kuri Taarifa Rwanda abyemeza.
Atubwira ko Urwego rw’Igihugu rw’iterambere, RDB, rwamaze gutegura amabwiriza azashyirwa ahagaragara bidatinze azasobanura uko ibyo bizakorwa, akazagena amasaha abashaka kwidagadura batazajya barenza n’ibizajyanirana nabyo.
Ubusanzwe aya mabwiriza yari butangire gukora tariki 04, Ukuboza, uyu mwaka ariko aza kwigizwa imbere kugira ngo inzego z’umutekano zibanze nazo zigire ibyo zitegura neza.
Ni gahunda izaba ireba utubari, utubyiniro, resitora n’amaduka manini y’ubucuruzi, ibi byose bikaba byari bisanzwe bitegetswe gufunga serivisi saa saba( mu mibyizi) na saa munan z’ijoro( mu mpera z’Icyumweru).
Kuba hiyongereyeho isaha yo gukora bizagira icyo byongerera abacuruzi cyanecyane muri iki gihe cy’impera z’umwaka gishyira intangiriro zawo.
Izi mpinduka zizakora kugeza mu ntangiriro z’umwaka utaha ubwo ibihe byo kurangiza no gutangira umwaka mushya bizaba birangiye.
Hagati aho, hari amakuru dufite avuga ko hari kwigwa uko hazasubiraho gahunda y’uko ubucuruzi bwakomererwa gukora amasaha 24 mu minsi irindwi igize icyumweru, gusa biracyatunganywa neza.
Intego y’igihe kirekire ni ugufasha ubukungu kuzamuka, binyuze mu uguha abacuruzi uburyo bwo kwinjiza amafaranga muri iki gihe cy’iminsi mikuru.
Bisa n’aho Leta, ibinyujije muri RDB, ishaka ko abacuruza inzoga, ibiribwa na serivisi zo kwishimisha bazajya bunguka cyane mu bihe runaka byihariye binyuze mu kubongerera igihe bamaraga bacuruza.
Nk’ubu mu gihe mu Rwanda haberaga isiganwa mpuzamahanga ry’umukino w’amagare, UCI, amasaha yo gucuruza ibinyobwa na serivisi zijyana nabyo yagezaga saa kumi za mu gitondo.
Aho iri siganwa rirangiriye, igihe cyo gufunga izi serivisi cyashyizwe saa saba na saa munani z’ijoro.
Ahanini inzego z’ubuyobozi zivuga ko kugabanya amasaha yo gucuruza inzoga n’ibindi bijyanirana nazo biba bigamije kugabanya ubusinzi mu rubyiruko, bityo n’ingaruka zabwo zirimo n’urugomo zikagabanuka.
Icyakora uyu mwanzuro nawo utuma ubukungu buhahombera mu rugero runaka.


