Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rwanda: Utubari Tugiye Kujya Dufunga Mu Rukerera
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Rwanda: Utubari Tugiye Kujya Dufunga Mu Rukerera

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 07 December 2025 2:48 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Utubyiniro turasubira tujye dufunga mu rukerera
SHARE

Guhera kuri uyu wa Mbere Tariki 08, Ukuboza, 2025 utubari n’utubyiniro two hirya no hino mu Rwanda tuzajya dufunga saa cyenda z’urukerera. Ni ko amakuru agera kuri Taarifa Rwanda abyemeza.

Atubwira ko Urwego rw’Igihugu rw’iterambere, RDB, rwamaze gutegura amabwiriza azashyirwa ahagaragara bidatinze azasobanura uko ibyo bizakorwa, akazagena amasaha abashaka kwidagadura batazajya barenza n’ibizajyanirana nabyo.

Ubusanzwe aya mabwiriza yari butangire gukora tariki 04, Ukuboza, uyu mwaka ariko aza kwigizwa imbere kugira ngo inzego z’umutekano zibanze nazo zigire ibyo zitegura neza.

Ni gahunda izaba ireba utubari, utubyiniro, resitora n’amaduka manini y’ubucuruzi, ibi byose bikaba byari bisanzwe bitegetswe gufunga serivisi saa saba( mu mibyizi) na saa munan z’ijoro( mu mpera z’Icyumweru).

Kuba hiyongereyeho isaha yo gukora bizagira icyo byongerera abacuruzi cyanecyane muri iki gihe cy’impera z’umwaka gishyira intangiriro zawo.

Izi mpinduka zizakora kugeza mu ntangiriro z’umwaka utaha ubwo ibihe byo kurangiza no gutangira umwaka mushya bizaba birangiye.

Hagati aho, hari amakuru dufite avuga ko hari kwigwa uko hazasubiraho gahunda y’uko ubucuruzi bwakomererwa gukora amasaha 24 mu minsi irindwi igize icyumweru, gusa biracyatunganywa neza.

Intego y’igihe kirekire ni ugufasha ubukungu kuzamuka, binyuze mu uguha abacuruzi uburyo bwo kwinjiza amafaranga muri iki gihe cy’iminsi mikuru.

Bisa n’aho Leta, ibinyujije muri RDB, ishaka ko abacuruza inzoga, ibiribwa na serivisi zo kwishimisha bazajya bunguka cyane mu bihe runaka byihariye binyuze mu kubongerera igihe bamaraga bacuruza.

Nk’ubu mu gihe mu Rwanda haberaga isiganwa mpuzamahanga ry’umukino w’amagare, UCI, amasaha yo gucuruza ibinyobwa na serivisi zijyana nabyo yagezaga saa kumi za mu gitondo.

Aho iri siganwa rirangiriye, igihe cyo gufunga izi serivisi cyashyizwe saa saba na saa munani z’ijoro.

Ahanini inzego z’ubuyobozi zivuga ko kugabanya amasaha yo gucuruza inzoga n’ibindi bijyanirana nazo biba bigamije kugabanya ubusinzi mu rubyiruko, bityo n’ingaruka zabwo zirimo n’urugomo zikagabanuka.

Icyakora uyu mwanzuro nawo utuma ubukungu buhahombera mu rugero runaka.

TAGGED:AmasahaRDBUtubariUtubyiniro
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kayonza: Nyemazi Yazize Kubuza Abaturage Gusuhuka Kubera Inzara
Next Article Uko Kugonganisha Ibigo Bitubura Imbuto Byakoze K’Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubuhinzi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ikigo Rio Tinto Kigiye Kwihuza Na Glencore Bikore Icya Mbere Ku Isi Gicukura Amabuye Y’Agaciro

Amerika Izashora Miliyari $100 Zo Gucukura Petelori Ya Venezuela

Raporo Ya UN Ihamya Ko Kinshasa Igikorana Na FDLR

Ambasaderi Wa Brésil Atanga Ikizere Ko Visit Rwanda Izagera Iwabo

Hari Umwuka Mubi Hagati Ya DRC Na Zambia

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kamonyi: Imodoka Itwara Abagenzi Yakoze Impanuka Ikomeye

Guinée Equatoriale Yahinduye Umurwa Wayo Mukuru 

Amerika Yarashe Rwagati Muri Venezuela 

Karongi: Abo Mu Nkambi Ya Kiziba Nabo Bamaganye Ingengabitekerezo Iba i Kinshasa

Kirehe-Ngoma: Koperative Yejeje Umuceri None Uri Gupfa Ubusa

You Might Also Like

Ubukungu

Gatsibo: Bizeye Kuzabona Amazi Yiyongera Kuyo Basanganywe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

2025: Umwaka Ikawa Y’u Rwanda Yarwinjirije Amadolari Menshi Kurusha Indi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

U Rwanda Rugiye Kubaka Ikigo Gitunganya Intanga Zo Gutera Ihene

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Uko Umusaruro W’Ibihingwa Wagenze Mu Gihembwe Cya Nyuma Cya 2025

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?