Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rwanda: Utubyiniro Twongererewe Amasaha Yo Guceza
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
ImyidagaduroMu Rwanda

Rwanda: Utubyiniro Twongererewe Amasaha Yo Guceza

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 11 December 2024 7:18 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ikigo cy’igihugu cy’iterambere cyatangaje ko,  mu rwego rwo gufasha Abaturarwanda kwizihiza iminsi mikuru irangiza n’itangira umwaka, ahabera imyidagaduro harimo amahoteli, utubari, utubyiniro na za resitora, bemerewe gukora kugeza bucyeye ariko muri ‘weekend gusa’.

RDB yasohoye itangazo kuri uyu wa Kabiri tariki 10, Ukuboza, 2024, rigira riti: “ Ibikorwa birimo amahoteli, utubari, resitora n’utubyiniro byemerewe gukora kugeza saa Munani zo mu rukerera, kuva ku wa Mbere kugeza ku wa Kane, naho kuva ku wa Gatanu mu mpera z’icyumweru, no mu minsi y’ikiruhuko bigakora amasaha yose.”

Itangazo rya RDB ryashyinywe n’Umuyobozi Mukuru, Francis Gatare, rivuga ko iki cyemezo gitangira gukurikizwa kuva kuri uyu wa 10, Ukuboza, 2024 kugeza tariki 5, Mutarama, 2025.

N’ubwo byemewe ko baceza bagakesha, abafite utubyiniro basabwe kugenzura niba urusaku rutarenga aho bidagadurira rukabangamira abaruhutse.

Ni amabwiriza areba n’abateganya ibirori mu ngo.

Buri wese asabwa kwigenzura ariko n’inzego ngo zizabugenzura, zirebe ko nta bazabangamira abandi bitwikiriye ko byemewe ko mu mpera z’Icyumweru bemerewe gukesha.

RDB kandi yibukije ibirebana no kunywa ibisembuye, igira iti:“Ntibyemewe guha ibinyobwa bisembuye abatarageza ku myaka 18. Umuntu bigaragara ko yasinze ntagomba guhabwa ibinyobwa bisembuye”.

Itangazo rya RDB kuri iyo ngingo

Noheli y’umwaka wa 2024 izaba ari ku wa Gatatu n’aho umunsi wo gutanga impano bita Boxing Day ube ku wa Kane tariki 26, Ukuboza.

Ubunani buzaba ari kuwa Gatatu tariki 01, Mutarama, 2025 n’aho umunsi ukurikira w’ikiruhuko ube bucyeye bw’aho.

TAGGED:GatareImyidagaduroNoheliRDBUbunani
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Akamaro Ko Kubika Ibiribwa Ahatekanye
Next Article Uhagarariye u Rwanda Muri UN Yongeye Gushinja DRC Gukorana Na FDLR
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga K’Ubufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu Rwanda

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ibiza KamereMu RwandaUmutekano

Inkuba Zishe Bane Muri Batanu Bishwe N’Ibiza-MINEMA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?