Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: RwandAir Yahagaritse Kujya Muri DRC, Ibintu Biragana He?
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

RwandAir Yahagaritse Kujya Muri DRC, Ibintu Biragana He?

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 28 May 2022 2:16 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ikigo cy’u Rwanda gitwara abantu n’ibintu mu ndege nini kitwa RwandAir yatangaje ko kibaye gihagaritse ingendo zose cyakoreraga muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo. Hagati aho n’amakuru avuga ko ubutegetsi bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo bushobora gufunga imipaka ibuhuza n’u Rwanda.

Itangazo ry’iki kigo rivuga ko guhagarika ingendo zijya i Kinshasa n’ahandi muri kiriya gihugu cyafashwe nyuma y’uko n’ubutegetsi bw’i Kinshasa butangaje ko nta ndege za kiriya kigo ziva mu Rwanda zimerewe kujya i Kinshasa.

RwandAir yatangaje ko ibabajwe n’iki cyemero ariko ngo yiteguye gusubiza amafaranga abari baraguze tike zo kujya i Kinshasa, i Goma n’i Bukavu.

RwandAir ifite ahandi henshi ku isi isanzwe ijyana cyangwa ikacana abagenzi

Amakuru Taarifa ifite avuga ko mu minsi ishize hari inama yabereye i Goma yari iyobowe n’Umusirikare mukuru uyobora Intara ya Kivu y’Amajyaruguru, ikaba yarigiwe n’uburyo Repubulika ya Demukarasi ya Congo yaba ifunze umupaka uyihuza n’u Rwanda.

Kuva ibitero by’Umutwe wa M23 byaba byinshi ku ngabo za Repubulika ya Demukarasi ya Congo, hari bamwe mu bayobozi bakuru b’iki gihugu batangiye kuvuga ko u Rwanda ruri gutera inkunga uriya mutwe.

Guhera mu ntangiriro z’iki Cyumweru( hari taliki 23, Gicurasi, 2022) intambara yararose hagati ya M 23 n’ingabo za DRC.

Bidatinze ingabo za Repubulika ya Demukarasi ya Congo zasohoye itangazo ryavugaga ko zakubise inshuro abarwanyi ba M23 bagata ibikoresho birimo n’amacupa abasirikare batwaramo amazi kandi ngo ayo macupa ntakoreshwa haba mu ngabo za DRC ndetse no mu mutwe wa M23.

Iri tangazo hari aho rivuga ko basanganye amacupa ya gisirikare adasanzwe mu ngabo za DRC

Ni itangazo ryashyizweho umukono n’Umuvugizi wa Guverineri w’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru witwa Brig Gen Ekenge Bomisa Efomi Sylvain.

Amakuru yavaga mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru yavugaga ko abarwanyi ba M23 bokeje igitutu ingabo za DRC barazisunika bazigize ‘hirya kure.’

Ubutegetsi bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo bwatangaje ko ukurikije ubwinshi bw’umuriro wavaga mu mbunda za M23 ndetse n’urusaku rw’izo ntwaro, byagorana kwemera ko nta zindi mbaraga zibari inyuma.

Izo mbaraga rero nizo bavuga ko nta zindi zitari ‘u Rwanda’.

Umuvugizi wa Guverinoma ya Repubulika ya Demukarasi ya Congo witwa Patrick Muyaya yagize ati: “ Hari ibintu bitwereka ko M 23 iri kubona ubufasha buva mu Rwanda.”

Muyaya yabitangaje nyuma y’inama ya Guverinoma yari yatumijwe na Minisitiri w’Intebe ngo yige kuri kiriya kibazo.

Undi muyobozi mukuru muri Guverinoma ya DRC washinje u Rwanda kuba inyuma y’imbaraga nyinshi za M23 ni Minisitiri w’ububanyi n’amahanga witwa Christophe Lutundula.

Aherutse no kubibwira intumwa z’Umuryango w’Afurika yunze ubumwe bari bahuriye muri Equatorial Guinea ku wa Gatatu w’Icyumweru kiri kurangira.

Ku ruhande rw’u Rwanda, Umuvugizi wa  Guverinoma yarwo  witwa Yolande Makolo yavuze ko u Rwanda nta mugambi cyangwa inyungu rufite mu kwivanga mu bibera muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo.

Yolande Makolo

Hagati aho kandi hari abaturage bo muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo cyangwa  se bahafite inkomoko batangiye gutangariza ku mbuga nkoranyambaga imvugo z’urwango bafitiye Abatutsi.

Hari n’abagaragaye bafite imihoro bavuga ko bayitemesha Abatutsi.

Abayobozi ba DRC bamaganye ziriya mvugo z’urwango, bavuga ko zidahagaze zateza akaga karimo na Jenoside.

 

TAGGED:AbatutsiCongofeaturedMakoloRepubulika
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Nyarugenge: Urubyiruko Rw’I Karama Ruri Kwiga Ubukorikori N’Ikoranabuhanga
Next Article Ingabo Za DRC Na FDLR Zashimuse Abasirikare Ba RDF
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Inteko Iratangaza Icyemezo Ku Byo Iy’Uburayi Iherutse Kuvuga Ku Rwanda

Muntoye Nagarurira Kenya Icyubahiro Yahoranye Kubwa Kibaki- Gachagua

DRC: Batangiye Gukingira Ebola

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

You Might Also Like

Mu RwandaUbutabera

Ruhango: Abasaza Babiri Bagiye Kwiba Umwe Arahagwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Polisi Ikomeje Gufata Abakiliya B’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Batabyemerewe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?