Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Sano Yavuze Ku Mvune Amaze Kubonera Mu Buhanzi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IbyamamareImyidagaduroMu Rwanda

Sano Yavuze Ku Mvune Amaze Kubonera Mu Buhanzi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 July 2025 8:12 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Umuhanzi Aline Shingiro Sano.
SHARE

Umunyarwandakazi ukora umuziki kandi bisa n’ibyahiriye, Alyn Sano yasobanuriye itangazamakuru ry’imyidagaduro ko hari ikigo cyo muri Amerika(Label) bagiranye amasezerano y’imikoranire ariko kiramuvunisha.

Ndetse aherutse kwandika kuri X ko ashobora guhagarika umuziki, akigira mu bindi abona ko byamutunga neza kurushaho, adahora muri rwaserera.

I AM DONE
I wonder if everything I went through was worth it.
Not every story has a happy ending, some just END. Maybe it's time to focus on something more important, sinzi! Gusa thanks very much to everyone who has been there with me.
Ndabakunda.

— Alyn Sano (@alynsano) July 8, 2025

Mu gusobanura iby’iki kibazo, yavuze ko hari  amasezerano yagiranye n’inzu ifasha abahanzi yatumye ibikorwa bye bidindira hakaba hari ibihangano bye  bikiri mu maboko yayo.

Ibyo biri mu byo avuga ko byamuciye intege, bituma ajya kuri X ahatangariza amagambo bamwe mu bamufana bafashe nk’aho ashobora gusezera ubuhanzi.

Ni amagambo avuga agahinda aterwa n’uko iyo Label yamutengushye, ikamuzirika ku katsi.

Ubwo itangazamakuru ryamubazaga icyo yashakaga kuvuga, yasubije ko aya masezerano yari yayasinye mu 2023, we n’abo bagombaga kwita ku nyungu z’umuziki we ariko ntibumvikana guhera ayo masezerano akimara gusinywa.

Avuga ko nyuma haje kwaduka ubwumvikane buke kuko ibyari bikubiye muri ayo masezerano bitubahirijwe uko biri.

Yasobanuriye IGIHE ko hari indirimbo zimwitirirwa ariko atari ize.

Zirimo iyitwa “Biryoha Bisangiwe” na “Head”.

Ati: “Havutse ubwumvikane buke kuko ibiri mu masezerano ntabwo byubahirijwe. Narabasezeye ariko banga ko dutandukana. Iriya miziki mwabonaga nkora imwe iranyitirirwa ariko si iyanjye. Ni ibintu birebire, nahise nshaka umunyamategeko wanjye. Byaramvunnye mu muziki no ku mutima. Bizarangira Imana niramuka ingiriye ibambe, barandusha amafaranga kandi ntabwo napfa kubatsinda”.

Ikibazo afite ni nawe, nk’uko byagenze kuri Mike Kayihura, yasinye amasezerano atabanje kumva neza ibiyakubiyemo byose.

Ubu yamaze kwitabaza inzego zitandukanye mu Rwanda zirimo na Minisiteri y’Urubyiruko n’iterambere ry’Ubuhanzi ngo arebe ko hari icyo zamufasha.

Ati: “Ibyo bagombaga gukora ntabwo babikoze. Basubije inyuma umuziki wanjye ariko mu 2024 nahisemo kubigobotora. Ibikorwa byanjye byagenze gake atari uko ndi umunebwe ariko biri gukemuka abantu banyitege.”

Aherutse gusohora indirimbo yise “Fire”.

Aline Shingiro Sano avuga ko yatangiye umuziki we mu mwaka wa 2010 ubwo yaririmbaga muri korari y’ikigo cy’amashuri yizeho aho bita i Gitwe mu Karere ka Ruhango mu Ntara y’Amajyepfo.

Yakomeje gukorera umuziki we muri korari yigisha bagenzi be baririmbanaga kugeza mu mwaka wa 2015 ubwo yahinduraga ibitekerezo akava muri korari.

Ubu ari mu bakobwa bakora umuziki neza kandi ukunzwe.

TAGGED:AlynIndirimboSanoUmuhanzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kigali: Umuyobozi Afungiwe Kudasobanura Inkomoko Y’Umutungo We
Next Article Putin Akomeje Kunshobera- Trump
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Ibanga Kepler Yakoresheje Ngo Ihagarare Neza Muri Basket Y’Abagore

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Kwitabira Gufata Irangamimerere Byitabirwe Na Buri Wese- MINALOC 

You Might Also Like

Ibiza KamereMu RwandaUmutekano

Inkuba Zishe Bane Muri Batanu Bishwe N’Ibiza-MINEMA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Ufite Inkomoko Mu Rwanda Agiye Guhatanira Kuba Miss Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Andi makuruMu Rwanda

Twiyumva Muri Siyanse Kurusha Mbere-Umunyeshuri Wa KIST

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUbukungu

Qatar Mu Bufatanye N’u Rwanda Mu Gukora Imiti

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?